RFL
Kigali

VIDEO:Theo Bosebabireba yashimye Imana yamusimbukije urupfu, ADEPR ivuga impamvu yamutereranye mu makuba

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:6/02/2018 16:57
11


Nyuma yo gukubitirwa muri Uganda n'abagizi ba nabi akajya mu bitaro nyuma akaza koroherwa, Theo Bosebabireba arashima Imana yamusimbukije urupfu akaba agihumeka umwuka w'abazima. ADEPR yagize icyo itangaza ku kuba yaratereranye uyu muhanzi wahembuye imitima ya benshi mu ba ADEPR n'abandi bakristo muri rusange ndetse benshi bakakira agakiza ku bwe.



Tariki 28 Mutarama 2018 ni bwo humvikanye amakuru ko Theo Bosebabireba yakubiswe n’abagizi ba nabi bamukubitira mu gihugu cya Uganda mu mujyi wa Kampala ubwo yari avuye Masanafu i Kampala mu gitaramo yari yatumiwemo. Bivugwa ko yatezwe n'abantu bataramenyekana, bakamukubita bakamwambura terefone ye igendanwa bakamusiga ari intere bazi ko yapfuye. 

Theo Bosebabireba yahise ajyanwa mu bitaro by'ahitwa Mukano Arbet muri Kampala, yitabwaho n'abaganga, bamupfuka ibikomere yatewe n'inkoni yakubiswe. Mu minsi ishije yaje kubikwa ko yapfuye, gusa aya makuru ahita anyomozwa n'abamurwaje i Kampala batangaza ko yorohewe akava mu bitaro ubu akaba ari mu rugo.

Theo Bosebabireba

Theo Bosebabireba yarakubiswe ajyanwa mu bitaro ari intere

Kuri ubu Theo Bosebabireba arashima Imana yamusimbukije urupfu ndetse ikamurinda mu bigeragezo byose yanyuzemo mu minsi ishize dore ko yakoze impanuka nyuma y'iminsi micye ahagaritswe n'itorero rya ADEPR. Theo Bosebabireba yashimiye abantu bose bamusuye i Kampala anashimira umugore we Mushimiyimana Marie Chantal wamwitayeho bishoboka kabone n'ubwo atabashije kujya kumusura i Kampala. Yagize ati: 

Ndashima Imana nyuma y'imbyabayeho n'ibigeragezo nahuye nabyo ubu nkaba numva ntangiye kugira imbaraga, ndumva ntangiye gukira ndabyizeye. Ndizera y'uko ntazongera gusubira ku gitanda kwa muganga cyangwa se kuryamayo. Hanyuma ikindi nshimira Imana nuko nabonye ubufasha bw'abantu, hari abagiye bava mu Rwanda, hari abapasitori bagiye bava mu Rwanda bakansura muri iyi minsi, hari n'abapasiteri ba hano muri Kampala bagiye bansura, Imana ibahe umugisha. Kandi ndashimira n'umufasha wanjye nawe yagize icyo amarira n'ubwo atabashije kunsura. 

REBA HANO THEO BOSEBABIREBA ASHIMA IMANA

ADEPR ngo ntiyafasha abanyamahanga,.. Theo yamaze kugirwa umunyamahanga

Uwiringiyimana Theogene uzwi nka Theo Bosebabireba ni umukristo wa ADEPR Kicukiro Shell. Mbere yo gukubitirwa muri Uganda, yahagaritswe n'itorero rye aho rimushinja ibyaha binyuranye, icyakora rikavuga ko nasaba imbabazi azazihabwa.  Umuvugizi Mukuru wa ADEPR, Rev Karuranga Ephraim yabwiye Ibyishimo.com ko kuba bataragize icyo bakorera Theo Bosebabireba kandi byaravuzwe kenshi ko ari mu byago ngo byaturutse ku kuba nta muntu n'umwe wegereye ADEPR ngo ayibwire ibyago Theo Bosebabireba yagize.

Rev Karuranga yakomeje avuga ko ibyabaye kuri Theo Bosebabireba babibonye mu itangazamakuru. Nubwo uyu mushumba ariko yavuze ko banze gufasha Theo Bosebabireba kuko ibyamubayeho babibonye mu itangazamakuru, umwe mu bayobozi ba ADEPR aherutse kudutangariza ko mu guhagarika uyu muhanzi, bagendeye ku makuru babonye mu itangazamakuru, aha ukaba wakwibaza impamvu amakuru y'ibyago yagiriye muri Uganda yo atahawe agaciro. Yunzemo ko Theo Bosebabireba atakiri umukristo wabo (hakunze gukoreshwa ijambo abanyamahanga/ abo mu yandi matorero atari ADEPR) bityo ngo ntibyari kubacira ishati bajya kumusura na cyane ko nta makuru bahawe. Rev Karuranga yagize ati:

Ntabwo twebwe tubizi, ibyo tubona ni ibyo dusoma mu binyamakuru kimwe n’abandi bose, nta muntu waje ngo abitubwire, n’umudamu we ntabyo yatubwiye kandi we ni umukirisitu wacu ariko nta muntu n’umwe wigeze aduha amakuru y’impamo ku byabaye kuri Theo ari muri Uganda, n’urwo rugendo rwe twebwe ntabwo turuzi kuko ntakiri umukirisitu wacu n’ibitaramo akora abikorera mu matorero yandi atari ADEPR.

Rev Karuranga umuvugizi mukuru wa ADEPR

Amakuru ava mu nshuti za hafi za Theo Bosebabireba avuga ko ibyo yakorewe na ADEPR muri ubu burwayi amaranye iminsi i Kampala, ari ibintu bidakwiriye abakristo kabone nubwo bari baramuhagaritse, ngo ADEPR yagombaga kumwitaho ikamusura ikamwihanganisha, ikibuka ko Yesu Kristo yavuze ko ibyiza ari ugusiga intama 99 ukajya gushaka imwe yazimiye. Bamwe ntibiyumvisha ukuntu umuntu yahura n'ibyago bikomeye ku rugero rw'ibyabaye kuri Theo, uwo afata nk'umubyeyi (ADEPR) ntamugereho cyangwa ngo amwihanganishe.

Andi makuru atugeraho ni uko abahanzi bo muri ADEPR bari bagiye kumusura i Kampala, nyuma bakaza kubihindura ku munota wa nyuma bikarangira batagiyeyo aho bivugwa ko bagiwe mu matwi na bamwe mu bayobozi bakuru ba ADEPR. Umwe mu baduhaye amakuru yatunze agatoki abayobozi ba ADEPR bari muri Uganda ariko bakaba bataragize umutima wo gusura Theo. Umwe mu bayobozi bakuru ba ADEPR twabashije kumenya bari muri Uganda, ni Pastor Zigirishuti Michel ushinzwe ivugabutumwa muri ADEPR. Uwaduhaye amakuru tutari buvuge amazina ye ku mpamvu z'umutekano we yagize ati:

Ndakeka Theo ari kwibaza byinshi na cyane ko kuva ahuye na biriya bibazo, hamenyekanye ko hari abayobozi batatu bakuru ba ADEPR bari muri Uganda, aho bafite ibiterane bimaze igihe ndetse n'ubu baracyariyo ariko kugeza ubu nta n'umwe uramugeraho kandi ni abantu yitaga nk'ababyeyi be nta n'uwigeze ashaka kumenya amakuru,.. niba bifitanye isano n'ibyamubayeho ntawamenya.

Theo Bosebabireba

Theo Bosebabireba ubwo yari mu bitaro by'i Kampala


Theo Bosebabireba yarorohewe ubu ntakiri mu bitaro

REBA HANO THEO BOSEBABIREBA ASHIMA IMANA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ntawuyirusha Benjamin 6 years ago
    Ariko gusura Theo ntabwo biri mu nshingano za ADEPR, ahubwo aho yari yakorerye ibitaramo numva biri mu nshingano zabo kuko ubwo ni ho yimukiye nyuma yo kwirukanwa muri ADEPR
  • Grace6 years ago
    Ohhhh! Théo Imana Ishimwe ko yakurinze, nyizamuriye icyubahiro. Abantu ni abantu ntubiteho abo wita ababyeyi bawe ! Ukomeze ububahe! Ubundi wishakire Imana yawe wabonye, si rimwe si kabiri, ni kenshi wakibonye, ikomereze kuriyo! Yesu akurinde cyane, imbaraga z'Imana isumba byose ziguhishe, kandi uhabwe uhumure n'amahoro biva kumwami wacu Yesu. Amen.
  • Felix6 years ago
    Birasanaho ubu arubucucu. nigute aba pasteri nabandi Bantu duta ubumuntu tugashyira izindi nyungu imbere? NGO abataraba ADEPR Nabanyamahanga? ibaze ko utafasha umuntu NGO nuko mutavukana??? fake gusa
  • Jean6 years ago
    Ariko gusenga ubu niwowe wiganirira Nimana yawe pe ;abantu batera imipaka mwisi ngo udasengera iwabo urumunyamahanga; ukumva umuntu wiyita umukozi wimana ntanisoni ngo twabisomye mwitangazamakuru ntamakuru tubiziho; ese niba ukorera Imana utihishemo niyo yaba yatenzwe wakurikirana ibyamubayeho nkumuntu wigeze kuba Intama yawe.twitwa abakozi b,Imana kwizina gusa; na Yesu yasize Intama 99 ajya gushaka 1 yazimiye✌
  • 6 years ago
    ariko ADEPR..yiki gihe mubon a itarasaze kweli...
  • eli6 years ago
    niyihangane nuko isi iteye gusa biteye isoni n' agahinda kumva ko uwigeze kuba uwawe wamwifuriza inabi bigeze hariya
  • Tina6 years ago
    Ariko ADPR mwagiye mureka kamere!!!wagirango mwe murabera!!!!turabazi ..namarozi yanyu...nubutindi bwishi...ngo murakizwa...Rev ntiwarukwiye gusubiza gutyo...wasubije nkumupagani....mureke . ...
  • Mimi6 years ago
    Muri Adepr hari abantu basaga miliyoni 2. Abakora impanuka ntibabarika, hari nabava mu mubiri. Aho hantu hose Adepr igomba kuhagera? Babishobora se? None se Theo ko yari umwe muri abo, abandi mwumvise babikorewe ku buryo Theo ariwe uviriyemo aho ni bande? Adepr ni itorero rinini rikwiye igihugu cyose ndetse no hanze ntabwo byashoboka ko ukoze impanuka wese umuvugizi yiruka gutabara. Nta kurobanura ku butoni kandi ni bibi
  • Maso6 years ago
    Ese ko yifuzaga ko bamugeraho; yaba yarababwiye ingendo agiyemo? Abahura n.ikibazo ni benshi Siko Bose itorero ryabageraho; ariko baramusengera ni nacyo gikomeye. Tureke guterana amagambo rwose icyangombwa ni uko Kristo yamurokoye.
  • umusomyi6 years ago
    niba hari itorero ryapfuye risigaje guhambwa ni ADPR jye nyanga kubi ni abanyamatiku gusa. TOM azabanze yigishe uburere abana be barwaye za SIDA kubera uburaya.
  • Niyonkuru Moses6 years ago
    Igihe inzamba izavuga abeshi bazokorwa nisoni bamware bitwa NGO ni Apostle,B Shop,Pastors,Diacon ,,,bamwe bakaja gihenomu ayo macakubiri ninde wavuzeko idini ryemewe ni ADPER oya biragahera idini nkuru numutima wumuntu,amadini ninkishuli ahumuntu yigira iyobokamana ,kwumva uruwundi utari muri ADPER ngurumunyamahanga sivyo bisubireko bihane bacebugufi nayandi ho Imana izabirimbura





Inyarwanda BACKGROUND