RFL
Kigali

Urutonde rw’abapasiteri 5 bakize kurusha abandi ku isi

Yanditswe na: Yvonne Murekatete
Taliki:13/05/2018 7:19
4


Ni urutonde rukorwa n’ikinyamakuru Forbes cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Urutonde ngarukamwaka rw’abavuga rikijyana mu byiciro bitandukanye ,uru rutonde rw’abakozi b’Imana bakize kurusha abandi rwakozwe mu mwaka wa 2017 ,kuri ubu ni rwo rukigenderwaho kuko nta mbinduka ziratangazwa.



5.David Oyedepo

Image result for David Oyedepo

Ni umupasiteri ukomoka mu gihugu cya Nigeria mu Burengerazuba bw’Afurika. Atunze akayabo ka miliyoni 150 z’amadolari y’amerika. Ni we mukire kurusha abandi bapasiteri muri iki gihugu cya Nigeria no ku mugabane w’Afurika muri rusange. Afite indege ze bwite enye (4) n’amazu mu gihugu cy’u Bwongereza no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Afite itorero rikomeye muri Nigeria, riterana 3 ku munsi rimwe ryakira abakirisito bagera ku bihumbi 50,anifitiye icapiro ritangaza rikaganurisha ibitabo bye.

4.George Foreman

Image result for George Foreman

Ni umunyamerika,umupasiteri utunze akayabo ka miliyoni 250 z’amadolari y’Amerika. Pasiteri George Foreman ni urugero rwiza rw’uko gukina umukino rw’iteramakofe bishobora kugira aho bigukura bikakuzamura mu rwego rw’umufuka. Ku myaka 28 gusa, George Foreman yahagaritse gukina iteramakofe ,atangira gushora imari mu kubaka urusengero i Houston ndetse yanubatse ihuriro ry’urubyiruko bimwe mu bimwinjiriza akayabo mu buzima bwa buri munsi.

3.Pat Robertson

Image result for Pat Robertson

Ni umukambwe w’umupasiteri ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ,atunze akayabo ka miliyoni 500 z’amadolari y’Amerika. Ni umukozi w’Imana ukunze kugaragara mu itangazamkuru cyane, afite kaminuza ye bwite “Regent University” yashinze mu mwaka wa 1977,yigamo abanyeshuri bagera ku bihumbi 9.

2.Kenneth Copeland

Image result for Kenneth Copeland

Ni umupasiteri w’umunyamerika utunze akayabo ka miliyoni 760, afite urusengero runini cyane rufite ubuso bungana na hegitare 600.

1.Eric  Macedo

Eric Macedo cyangwa Edir Macedo, ni we mupasiteri washinze itorero ryitwa Universal church of the Kingdom of God  ku isi. Atunze akayabo ka miliyali imwe na miliyoni 1 z’Amadolari y’amerika. Ni we mupasiteri ukize kurusha bandi ku isi , Eric Macedo ni nawe washinze inzu y’itangazamakuru iri ku rwego rwo hejuru kurusha izindi mu gihugu cya Brazil, ku mugabane w’Amerika y’Amajyepfo yitwa GRUPO MEDIA. Afite abayoboke bagera kuri miliyoni 12 ku isi yose.

Image result for Eric  Macedo

Pasiteri Eric Macedo ni we mupasiteri ukize cyane ku isi

Uru rutonde rw’abakozi b’Imana bakize kurusha abandi rwakozwe n’ikinyamakuru mu mwaka ushize wa 2017, ntirugaragaraho ab’amadini yandi atari ay’ayaporotestanti, ibivuze ko hari abandi bakozi b’Imana bo mu yandi madini nka Kiliziya Gatolika, Islam, Judaism, Orthodoxism n’andi gakondo bashobora  kuba batunze kurushaho.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gatare5 years ago
    Yesu yasabye abakristu nyakuri gukorera imana ku buntu (Matayo 10:8).Niyo mpamvu we n'abigishwa be bali abakene,kubera ko batasabaga icyacumi cyangwa umushahara wo ku kwezi nkuko pastors babigenza.Pastors bakira kubera ko barya amafaranga y'abantu,nta kindi.Noneho bakayashora muli Business.Ikindi kandi,biyegereza abanyapolitike.Nubwo gukora atari icyaha,ariko gukizwa n'idini,ni icyaha kuko uba unyunyuza abayoboke bawe,ukoresheje Bible.Yesu n'abigishwa be iyo baza kunyunyuza abayoboke babo,bari gukira cyane.Tekereza ko bazuraga abantu kandi bagakiza abamugaye "ku buntu".Iyo wabahaga amafaranga,barakubwiraga ngo "uragapfana n'ayo mafaranga yawe".Bisome muli Ibyakozwe 8:18-20.Abantu bose batumvira Yesu,ntabwo bazazuka ku munsi w'imperuka (Yohana 6:40).
  • Lambert5 years ago
    Ibi biba muri ayo madini y'umuntu ku giti cye Catholique, Islam, Orthodoxe, Bouddha n'andi umutungo uba ari uw'idini ntago uba ari uw'umuntu ku giti cye.
  • Bobo 5 years ago
    Sha bazanyarukire mu Rwanda naho bakore urutonde rwaba rugagi na bandi ba fire naba masasu nuriya wa zion ntibuka izina.
  • Sara5 years ago
    Kiriziya gaturika ntibyashoboka kuko umutungo aba aruwa kiriziya ntago wandikwa kuri padiri cg musenyeri cg Papa. So ntago biba aribyumuntu kugiti ke.





Inyarwanda BACKGROUND