RFL
Kigali

U Buholandi:Paul Hagayi yasohoye amashusho y'indirimbo 'Ijambo ryawe ni ukuri'-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:6/08/2018 9:30
0


Nyuma y'iminsi myinshi yari amaze atumvikana mu muziki, umuhanzi nyarwanda Paul Hagayi kuri ubu ubarizwa mu gihugu cy’u Buholandi yamaze kugaruka ndetse agarukana indirimbo nshya yise 'Ijambo ryawe ni ukuri' yasohokanye n'amashusho yayo.



Paul Hagayi, umukristo mu itorero Power of Prayer Church rikorera mu Buholandi, muri iyi ndirimbo ye nshya yavuze ko yanyujijemo ubutumwa bwo gushima Imana akaba ari indirimbo buri wese ufite ishimwe ku Mana yakoresha akayibwira bivuye ku mutima ko anyuzwe n'ijambo ryayo ku buzima bwe. Aganira na Inyarwanda.com, Paul Hagayi yagize ati:

Message iri muri iyi ndirimbo ni ugushima Imana cyangwa kuyibwira bivuye ku mutima ko unyuzwe n'uko yavuze ijambo ku buzima bwanjye cyangwa bwawe ... kuko wasanze ijambo ryayo ari ukuri. Wanshize ku musozi wawe uvuga ijambo ku buzima bwanjye, ududubiza isoko y'imigisha none ubu ndaririmba ibyo wankoreye.

Paul Hagayi

Paul Hagayi umuhanzi nyarwanda uba mu Buholandi

Paul Hagayi yakomeje agira ati:"Umusozi muri Bible usobanura ibintu bitandukanye, hari aho Bible iwerekana nk'ahantu umuntu ajya agahererwa amasezerano cyangwa akuzurizwamo Umwuka Wera cyangwa se nanone hakaba ari ahantu Imana yerekanira imbaraga zayo ku muntu wahagiye agiye kuganira nayo. Iyo rero umuntu yagiriwe ubuntu Imana ikamushyira aho hera ahora ari umutsinzi. Umusozi hari ubwo biba bishatse kwerekana ikintu kikugoye cyangwa se ibihagurukiye kukurwanya. Aha ni ho mu gitero cya kabiri mvuga ko uwatsinze urupfu aracyahari ndi kumwe nawe mpora ntsinda."

REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO IJAMBO RYAWE NI UKURI







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND