RFL
Kigali

VIDEO:Apotre Masasu uhamya ko ari mu bapasiteri batunze ku isi yarijijwe n'abakeka ko ibyishimo bye ari amafaranga

Yanditswe na: Editor
Taliki:21/06/2018 16:50
6


"Ibyishimo byanjye si amafaranga rwose, n'igisambo cyayiba, n'umupfumu yayabona." Ayo ni amwe mu magambo ya Apotre Masasu umushumba mukuru wa Restoration church ku isi. Apotre Masasu yatangaje ayo amagambo afite agahinda kenshi ndetse iyo witegereje neza ubona yari arimo kurira.



Tariki 3 Kamena 2018 Apotre Masasu yatangaje ko ari mu bapasiteri bahiriwe cyane ndetse anahamya ko ari mu bapasiteri batunze ku isi. Yavuze ko ubihakana, yazamushaka akamwibariza. Ati: "Mu bapasiteri bahiriwe ku isi ndimo! muzi impamvu? ngira abantu bankunda nubwo atari bose, ariko uko biri murankunda." Icyo gihe Apotre Masasu yavuze urugendo rugoye yanyuzemo yubaka inyubako nshya y'urusengero rw'i Masoro, avuga uburyo hari abamubwiye amagambo menshi amuca intege ubwo yari aberetse ikibanza ashaka kugura cya miliyoni 250 z'amanyarwanda.

Masasu

Urusengero rw'agatangaza Apotre Masasu yujuje i Masoro

Ni inyubako ngo yabahenze cyane dore ko fondasiyo yonyine yatwaye Miliyoni 56 z'amanyarwanda. Masasu yavuze uburyo Imana yagiye ibashoboza, inyubako ikubakwa ndetse ubu ikaba yaruzuye nyamara mu gutangira ngo nta n'ifaranga na rimwe yari afite. Yahereye aho avuga ko ari mu bapasiteri bahiriwe cyane ku isi. Apotre Masasu kuri ubu ugendera mu modoka ihenze izwi nka V8 igura asaga miliyoni 100 z'amanyarwanda, ashavuzwa cyane n'abakeka ko ibyishimo bye ari amafaranga. Ni amagambo akomeye aherutse gutangariza abakristo be. Yaragize ati:

Ibyishimo byanjye si amafaranga rwose, n'igisambo cyayiba, n'umupfumu yayabona, ibyishimo byanjye si amafaranga murabizi bana banjye, murabizi abanzi, ibyishimo byanjye ni ukumenya ko mufitanye ubusabane n'Imana, wahamagara ikakumva, ikagutabara, ikakumvira, mugasabana, kuba sure ko Imana itari ikigirwamana. Ko Imana yawe ari yo, uwo ni wo mugisha. Kumenya ko wakwicara ku ijambo ryayo,...umunezero ntabwo ari ibintu ni assurance ya nyir'ibintu, umunezero si ibifatika. Icyo turusha abapagani ntabwo ari ikindi, ni uko itwumva (Imana), kandi nitwumva iradusubiza, rero uyu munsi ndabigisha ibanga ryo kumvikanisha ijwi mu ijuru. 

Apotre Yoshuwa Masasu ni umugabo w'umugore umwe (Pastor Lydia Masasu) bafitanye abana batanu, abahungu babiri ndetse n'abakobwa batatu. Iyo wumvise amateka y'ubuzima bw'inzitane Apotre Yoshuwa Masasu yanyuzemo ukabugereranya n'ubwo abayemo muri iyi minsi, usanga Imana yaramuhinduriye amateka mu buryo bukomeye. Abana be barakuze ndetse bamwe baminuje hanze y'u Rwanda.

Image result for Apotre Masasu amakuru

Apotre Masasu avuga ko ibyishimo bye atari amafaranga

Nk'uko biri mu nkuru Inyarwanda.com duheruka kubagezaho, tariki 3 Nzeli 2017 Apotre Masasu yatangarije abakristo be b'i Kimisagara ko yanyuze mu buzima bw'inzitane akaragira ihene, agafungwa, akarwara amavunja ariko ubu akaba agendera mu modoka ihenze izwi nka V8 ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni mirongo icyenda (90.000.000Frw akaba yarayihawemo impano n'abakristo be.

Si ibyo gusa ahubwo nyuma yo kwiyegurira Imana hari byinshi avuga ko yungukiye muri Yesu Kristo. Icyo gihe Apotre Masasu yaragize ati: "Naragiye ihene, narafunzwe, narwaye amavunja, nabanye n’umugore yambara umwenda umwe (igitenge), niba ntarahemukiye Imana icyo gihe, nzayihemukira ubu?. Ubu ndahiriwe, Masasu ngenda muri V8,…..Ntafite urugo rwiza sinabwiriza, sinjye ubitegeka ni Bibiliya."

“Naragiye ihene, narafunzwe, narwaye amavunja, ubu ndi kugenda muri V8” Apotre Masasu wakirijwe mu kabyiniro

Apotre Masasu wanyuze mu buzima bugoye asigaye agendera muri V8

Apotre Yoshua Ndagijimana Masasu bakunda kwita Daddy yavutse mu mwaka 1960, avukira mu mudugudu umwe mu cyahoze ari Cyangugu. Magingo aya Apotre Masasu afite imyaka 58 y’amavuko. Mu mwaka wa 1989 ni bwo yashakanye na Lydia Masasu, kugeza ubu bamaranye imyaka 29, bakaba barabyaranye abana batanu ari bo Deborah Masasu, Joshua Masasu, Caleb Masasu, Esther Masasu na Yedidiah Masasu.

Apotre Yoshuwa Masasu Ndagijimana ni we watangije itorero Evangelical Restoration church, itorero ryagize uruhare runini mu isanamitima nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994. Iri torero, kugeza ubu rifite insengero zisaga 60 ku isi, zose zikaba ziyoborwa na Apotre Yoshuwa Masasu.

Apotre Masasu hamwe n'umuryango we

REBA HANO UBWO APOTRE MASASU YAVUGAGA KO IBYISHIMO BYE ATARI AMAFARANGA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 5 years ago
    Niba amafaranga atari byo byishimo kuri we send on mobile money something
  • kakule5 years ago
    Aza escro.....turamuzi,agye ashushanya abatamuzi.
  • JPaul5 years ago
    Yo Kakule, yonde escro. Ye toyebiye, yo nani ayebiyo? Il faut obongola motema, faut pas juger quelqu'un, laisses qu'il soit jugé par ses actes. Ibyo yavuze ndemeranya nawe kuko ndamuzi kubarusha kandi ntatubeshya niba mutabyemera njyewe ndabyemera nimushaka mbahe fone zanjye muzampamagare mumbaze. Kandi mujye mwubaha ababaruta. Shalom.
  • Hy5 years ago
    Namuhebeye aho impunzi za kiziba zicwa we nagitwaza ntibabahe pole . Ngo babihanganishe. Sha nzaba mbarirwa.
  • John Magambo5 years ago
    Ariko ariko.... Ko mu gihe cya Yesu hariho abakire ndetse na byinshi byo kwishimisha, kuki we yemeye guca bugufi??? Abamwiyitirira bagombye gutera ikirenge mu cye niba koko ibyo bavuga aribyo.
  • dsp5 years ago
    aba pastor birirwa biyemera, ngo baratunze , ngo bafite abanzi, ngo banyuze mu bihe bigoye , bumva ko aribwo butumwa buva kuri Nyagasani abantu bashaka kubumvamo. shit, on s enfous des vos histoires, hano mu Rwanda hari benshi banyuze mu buzima bugoye kuruta ibye batajya babiririmba, hari abatanze ubuzima bwabo kugirango igihugu cyigere aho kiri kandi nawe baramwitangiye niyo mpamvu afite igihugu gitekanye akoreramo ibyo ashaka. nabwirize ubutumwa bwiza naho za V8 ze, inoti ze, abanzi be n ibindi abyigumanire. putain!!! ibya bapfu biribwa n abapfumu kabisa





Inyarwanda BACKGROUND