RFL
Kigali

Iby’ingenzi ukwiye kumenya kuri Padiri Ubald usengera abantu bagakira SIDA, ubumuga n’ibindi byorezo

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:4/02/2016 11:12
21


Padiri Ubald Rugirangonga, amaze kwamamara mu Rwanda no hanze kubera impano idasanzwe afite yo gusengera abarwayi bagakira ubumuga butandukanye n’indwara zikomeye ziba zarananiye abaganga b’inzobere. Yibazwaho byinshi n’abatari bacye, ahanini bitewe n’umwihariko afite mu byo akora.



Ni umupadiri muri Diyosezi ya Cyangugu ariko azenguruka ibice bitandukanye by’igihugu asengera abantu, akanagera mu bihugu bitandukanye byo hirya no hino ku isi akora uyu murimo wo gukiza abarwayi akoresheje isengesho. Aho bizwi ko uyu mupadiri ajya gusengera, abantu baba ari uruvunganzoka imihanda yose batwaranira kudatangwa n’amasengesho ya Padiri Ubald.

ubald

Padiri Ubald yavukiye mu cyahoze ari Segiteri ya Rwabidege muri Paruwasi ya Mwezi, Komini ya Karengera, Perefegitura ya Cyangugu. Hari mu Kwezi kwa Gashyantare 1955, bivuga ko ubu afite imyaka 61 y’amavuko. Muri iyi nkuru, turabagezaho ibintu by’ingenzi ukwiye kumenya kuri uyu mupadiri utarangarirwa na benshi ku bw’impano n’ingabire yahawe.

Kuva akiri muto, ubuzima bwa Padiri Ubald bwashinze imizi muri Kiliziya Gaturika

Padiri Ubaldi yabatijwe muri Kiliziya Gaturika ari uruhinja rw’ukwezi kumwe gusa, ni ukuvuga muri Werurwe 1955. Amashuri ye nayo yayize mu bigo by’abiyahe Imana garurika. Abanza yayigiye i Rwabidege kuva mu 1962  kugeza mu 1968 atangira ayisumbuye muri Seminari ntoya i Mibirizi ndetse ayakomereza mu iseminari nto yitiriwe Mutagatifu Piyo wa 10 yo ku Nyundo, kugera mu 1973 ubwo yahungiraga i Burundi.

ubald

Ibibazo by’ivangura ry’amoko ntibyamworoheye, dore ko mu mwaka w’1960 byamutwaye umubyeyi we ari we se umubyara, byakomera bikaza gutuma ahungira i Burundi mu mwaka w’1973, akaza kuharangiriza seminari nto. Yaje kugaruka mu Rwanda mu mwaka w’1978, ahita akomeza amasomo ye mu iseminari nkuru ya Nyakibanda, maze ayirangije aza guhabwa ubupadiri tariki 22 Nyakanga 1984, umuhango wabereye iwabo muri Pasuwasi ya Mwezi.

 Mu myaka yose amaze ku isi, imyinshi muri yo yari umupadiri

Padiri Ubald yagizwe umupadiri mu mwaka w’1984 ubwo yari afite imyaka 29 y’amavuko, bisobanura ko amaze imyaka 32 yose ari umupadiri, utabariyemo ko yanamaze imyaka itari micye abyigira nyuma yo kumva Imana imusaba ngo anyure muri iyi nzira azayinyuremo yigisha urukundo mu Rwanda. Muri iyi myaka amaze ari umupadiri, yakozemo imirimo myinshi itandukanye kandi ashimwa na benshi kuba yarayikoze neza.

 Padiri Ubald yarihiye amashuri abana b’abishe umuryango we muri Jenoside

Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994,yabaye Padiri Ubald ari umupadiri muri Paruwasi ya Nyamasheke, n’ubwo nyuma yaje kwimurirwa muri Paruwasi ya Mushaka, ndetse nyuma anahabera Padiri mukuru kuva mu 1999.

ubald

Se yishwe mbere ya Jenoside yo mu 1994 azizwa ubwoko bwe, ndetse icyo gihe nibwo Padiri Ubald nawe yaje guhunga nyuma yo gutotezwa azira ubwoko, ariko akaza kugaruka mu Rwanda nyuma yo kumva ijwi ry’Imana rimusaba kuza kwigisha urukundo abanyarwanda. Mu 1994 nyirizina, Jenoside yavukije Padiri Ubald nyina n’abandi benshi bo mu muryango we, nyamara abamwiciye yaje kubababarira, ndetse arihira amashuri abana babiri; umuhungu n’umukobwa b’abamwiciye umuryango muri Jenoside.

Padiri Ubald avuga ko gutanga imbabazi ari kimwe mu bintu bikomeye yakoze mu buzima bwe kuko byamufashije kubona amahoro yo mu mutima, kandi ko icyaha ari gatozi kuburyo ntawe ukwiye guhora undi icyaha umubyeyi cyangwa umuvandimwe we yakoze cyangwa ngo abe yamurebera muri iyo shusho.

Yashinze icyo yise “Sinodi ya gacaca nkirisitu”

Nyuma yo gutanga urugero agatera intambwe yo kubabarira abamwiciye umuryango muri Jenoside, Padiri Ubald yabaye umukangurambaga w’ubumwe n’ubwiyunge muri Diyosezi ya Cyangugu, yigisha abantu kubabarirana no kongera kubana n’ubwo bitari byoroshye. Ni umwe mu bantu bagize uruhare rugaragara mu gucengeza mu banyarwanda ubumwe n’ubwiyunge.

Uretse kwigisha abakirisitu muri Kiliziya, Padiri Ubald yanajyaga mu ma gereza, akajya kwigisha abakoze ibyaha kwihana bagasaba imbabazi, hanyuma agahindukira akajya gusaba abiciwe kubabarira ababahemukiye. Uko niko Padiri Ubaldi yashinze icyo yise " Sinodi na gacaca nkirisitu " aho kwirega no gusabana imbabazi byatojwe abaturage bo muri Paruwasi ya Mushaka no muri Diyosezi ya Cyangugu muri rusange.

Impano ye yo gukirisha isengesho abafite ubumuga n’uburwayi budakira imaze kwamamara amahanga

Uretse kuba mu Rwanda hose bimaze kumenywa na benshi ko amasengesho ya Padiri Ubald akiza indwara zananiye abaganga akanavura ubumuga busanzwe budakira, no mu mahanga hirya no hino bamaze kumumenya kuburyo no guhera mu mpera z’umwaka wa 2015 yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agasubirayo muri uku kwezi kwa Gashyantare, akaba agenda akahakorera ibikorwa by’amasengesho benshi bagakira.

ubald

Padiri Ubald ufite iyi ngabire yo gusengera abarwayi bagakira, avuga ko iyo arimo gusenga hari ibyo yerekwa, ndetse we akaba aba abireba nk’ureba filime. Gukiza abarwayi ntabyiyitirira, ahubwo avuga ko bikorwa na Yezu wabikoze kera kandi yasubira mu ijuru agasiga avuze ko abazamwemera nabo bazakora nk’ibyo yakoze mu izina rye.

Padiri Ubald asobanura ko ibi byatangiye kuba mu mwaka w’1987, ariko icyo gihe akaba yarasengeraga abantu, hashira igihe bakazajya bamugaruka imbere bamuha ubuhamya ko hari uburwayi cyangwa ubumuga bakize, kandi ko bakiriye mu masengesho ye. Nyuma y’imyaka 4, ni ukuvuga mu mwaka w’1991, nibwo noneho yatangiye kujya abona ayo mashusho, akerekwa uburwayi bwa bamwe ndetse bagataha noneho bakize.

Asobanura kandi ko iyo asenga yerekwa uburwayi abantu batandukanye baba bafite, bamwe bagahita batangira ubuhamya aho ko bakize, abandi bakamushaka nyuma bakamwibwirira ko bakijijwe n’isengesho rye. Indwara z’ibyorezo nka Kanseri, SIDA, Diyabete n’izindi zidakira cyangwa zikira bigoranye, hari benshi bagiye batanga ubuhamya ko bazikiriye mu masengesho ya Padiri Ubald.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwineza Clementine 8 years ago
    Mbashimiye iyi nkuru namubona gute ko ntaba mu Rwanda? Mfite umwana urwaye amabere hashize imyaka 2 muvuza byaranze. Mbaye Mbashimiye igisubizo muzampa
  • Uwineza Clementine 8 years ago
    Murakoze mbonye Tel ze byamfasha kuko mfite umwana urwaye cyane amabere ntegereje igisubizo murakoze.
  • S8 years ago
    AMEN YESU NI MUZIMA KANDI NGO MU MIBYIMBA TWAKIRIYE INDWARA ZOSE PADIRI IMANA IKOMEZE IKUZAMURIRE IYO MPANO YAKUGABIYE ....BENSHI BAKIRE INDWARA KANDI BANAKIRE BANIZERE UMWAMI YESU KRISTU W'I NAZARETI.
  • 8 years ago
    nibyo padiri ubard akiza abantu ark biterw nukwizira kumuntu namjye natanga ubuhamya bwabantu yakijije irwara zitandukanye imana izamuhe umugisha
  • 8 years ago
    Imana igumye kukongera amavuta
  • Mafene Steven8 years ago
    IMANA imwongerere umugisha,hamwe n'imbaraga muri uwo murimo IMANA yamuhaye
  • alias8 years ago
    Singizwa Nyagasani kubera ububasha bwawe werekanira mu bantu bawe!
  • Sandy8 years ago
    Amen !Imana ikomeze imuha imbaraga nyishi yogukiza Ariko muduhaye nimber ze mwaba mukoze kuko ntituba mu Rwanda .Murakoze
  • 8 years ago
    Imana ikomeze imuhe ubwo bubasha.
  • Thessade Nice Mix8 years ago
    Nigitangaza Ahubwo Uwo Muntu Akora Ibyiza Nkuko,ahubwo Abe Atibeshera Nayohand Imana Yo Muhana,knd Imana Imwongerrez Inguvu Abone Nokurema Ka Yezu.
  • Julie Ruth8 years ago
    Imana igumye ikurinde uzamare imyaka irenga ijana ku isi udusengera
  • 8 years ago
    Imana imukomeze mu gakiza nubuntu bwayo izamuhe nijuru
  • Shami Jeannette8 years ago
    Nibyo Padiri nange ndumugabo woguhamya ibyakora ashobojwe ni Mana rero wowe utaba mu Rwanda ngizo numero zange uzampamagare nguhe number wowe urwaje umwana amabere kdi Imana igukirize ihangane kdi ukomeze kwizerera uwo mwana
  • annet8 years ago
    Imana imwongerere imbaraga nanjye ndamucyeneye
  • 8 years ago
    iyaba uyumunsi numvaga ijwirye maze sinangire umutima!
  • Fiacre8 years ago
    Imana imwongerer imbaraga ndamukeneye cyane ngo amfashe mwisengesho!
  • 8 years ago
    Tel ya padiri Obald: 0788687457
  • Hello8 years ago
    Imana Ikomeze Imukoreshe au Nom de Jésus!
  • 8 years ago
    Imana Ihimbazwe kandi Ihabwe icyubahiro cyayo. Amen.
  • 8 years ago
    padiri obald imana ikomeze imutize kurama





Inyarwanda BACKGROUND