RFL
Kigali

Muchoma uvuga ko abahanzi bo mu Rwanda basinziriye agiye kujya asohora indirimbo buri cyumweru-VIDEO

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:8/01/2018 17:38
5


Muchoma ni umuhanzi nyarwanda ariko uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusa muri iyi minsi ari kubarizwa mu Rwanda, avuga ko kuva mu kwa 11 yatangiye gahunda yo kujya akora indirimbo buri cyumweru.



Muchoma ati “Nta kuruhuka, akazi tugomba kugakora”. Twamubajije tuti “Iyi gahunda uzayikomeza kugeza igihe upfiriye” ati “cyane rwose” Kuva yaza mu Rwanda, Muchoma amaze gukora indirimbo 4 zose zifite amashusho, ni ukuvuga ko mu cyumweru kimwe asohora amajwi, mu gikurikiyeho agahita asohora amashusho, bityo bityo akaba avuga ko iyo gahunda azayikomeza nta guhagarara.

Tumubajije aho akura amafaranga yo gukora izi ndirimbo, dore ko abenshi mu bahanzi bakunze kuvuga ko gukora amashusho bihenda, Muchoma yavuze ko adakora umuziki gusa ahubwo ko afite ibindi akora bimwinjiriza amafaranga.

Muchoma yahishuye ishusho y’ubuzima bwa bamwe mu bahanzi nyarwanda baba muri Amerika bakabeshya ko biga

Muchoma yavuze ko azajya asohora indirimbo muri cyumweru

Muchoma avuga ko iyi gahunda nta muntu wayimugiriyemo inama ngo ahubwo niko umuziki ubu ngubu umeze, ngo abahanzi benshi basigaye basohora indirimbo buri cyumweru ngo ahubwo mu Rwanda niho abahanzi bari baryamye. Yagize ati “Ni ryo tandukaniro rya Muchoma n’abandi bahanzi bo mu Rwanda. Ugomba kuzana ibintu bitari bisanzwe bimenyerewe. Icyo nshaka ni uko abanyarwanda babanza bakampa ikizere hanyuma ngatangira gukora ibitaramo”

Muchoma avuga ko igihe azasubirira muri Amerika ari ibanga. Yavuzwe mu itangazamakuru cyane kubera ubuhamya bwe yivugira ko iyo asubije amaso inyuma akareba ubuzima bubi yanyuzemo hamwe n’umuryango we, yumva nta muntu wari ukwiriye gusuzugura undi kuko ubuzima buhinduka. Avuga ko yarwaye amavunja mu ntoki no ku maguru akajya ananirwa kugenda, aza kuba umukozi mu rugo rw’umuntu nta mafaranga ahembwa ahubwo ari ukugira ngo abone uko yabaho, dore ko ari nyina wari wamutanze kugira ngo inzara ntizabicire mu nzu bose.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Aime6 years ago
    Sha si ukuguca intege ariko niba ari nkiyi uzajya usohora wabireka kabisa ukaza tugakomeza ubuzima dushaka inoti we guta umwanya murizo ndirimbo no gupfusha ubusa ayo wabonye.
  • Rwema6 years ago
    Hahahaha, izi ni zo ndirimbo azajya asohora!!! Ndumiwe!!
  • Moist6 years ago
    Uyu mutipe ameze nka Senderi cg Barafinda, I'm just saying
  • hahaha6 years ago
    ariko sha mwabana mwe mwagiye mufata Aya mafaranga mukayafashisha abadafite epfo naruguru koko !? ubu kwirirwa muzunguza ubwo busa bwanyu musanga aricyo gifite umumaro koko !? ariko nkubu muzahereza he koko !? ariko Mana urihangana nukuri
  • marthens6 years ago
    ariko nkubu tuzarererahe abana koko mundebere ukuntu abo bakobwa barimo guhena bambaye ubusa mubana icyakora narumiwe. Iyo ndirimbo ni mbiiiiiiii cyaneeeeee ni iyo guhena mwerekana ubusa gusa





Inyarwanda BACKGROUND