RFL
Kigali

Tayo yasobanuye impamvu nyakuri yatumye aza mu Rwanda, ashimangira ibivugwa ku banyarwandakazi

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:28/03/2015 4:23
6


Tayo ni umusore ukomoka muri Nigeriya. Yamenyekanye cyane ubwo yegukanaga umwanya wa 2 mu irushanwa Big Brother Africa ku nshuro ya 9.Ubwo yari mu gitaramo BBA House mates cyateguwe na Frank Joe uyu musore yasobanuye ko ubwiza bw’abanyarwandakazi aribwo bwamushituye bituma yiyemeza kuza mu Rwanda.



Iki gitaramo kikaba cyarabaye kuri uyu wa gatanu tariki 27 Werurwe 2015 muri Serena Hotel. Tayo akaba yarahamije ubwiza bw’abanyarwandakazi ubwo yahabwaga ijambo  muri iki gitaramo ngo agire icyo avuga ku buzima babayeho mu irushanwa rya Big Brother, uko azi u Rwanda n’abanyarwanda ndetse n’ibyavuzwe ko yigeze gushyamirana na Nkusi Arthur wari uhagarariye u Rwanda.

Tayo

Tayo mu gitaramo BBA House mates

Ibyavuzwe by’uko yarwanye na Nkusi Arthur ni ukuri

Tayo yagize ati” Ibyaberaga muri iriya nzu ni ukuri(reality). Bijya gutangira navuze ko umunyarwenya numvaga anyuze yari Idriss, hanyuma Arthur biramurakaza, turashyamirana. Frank Joe yaraduhuje ibibazo birakemuka n’ubwo nawe nyuma twaje gushyamirana ariko ndamwishimira cyane.

Tayo

Ubwiza bw'abanyarwandakazi nibwo bwamukuruye butuma afata icyemezo cyo kuza mu Rwanda

Ubwo yabazwaga kubyavuzwe ko yaba yarahawe amafaranga agera ku bihumbi Magana atatu na mirongo itanu by’amadorali(350.000$) , ni ukuvuga asaga miliyoni 245 z’amanyarwanda , amafaranga yahawe n’umuherwe wo muri  Nigeriya kubwo kwitwara neza muri Big Brother nubwo atagize amahirwe yo kwegukana iri rushanwa, Tayo yirinze kugira icyo akivugaho, avuga ko atahakana aya makuru cyangwa ngo ayemeze.

Yahoranye inzozi zo kuza mu Rwanda kureba  ubwiza bw’abanyarwandakazi

Tayo yasobanuye ko impamvu yatumye aza mu Rwanda ari uko yashakaga gukabya inzozi yahoranye. Yagize ati”Nahoranye inzozi zo kuza mu Rwanda. Impamvu ikomeye yatumye nza mu Rwanda  ni uko hari abakobwa beza.

Ntiyishimiye gusanga u Rwanda ruhagarariwe n’abagabo

Ubwo Tayo yabazwaga uko yakiriye ko u Rwanda rwinjiye bwa mbere mu irushanwa rya Big Brother, n’uko rwitwaye muri rusange, uyu musore ntiyariye iminwa yemeza ko yari yiteze ko nibura ruzahagararirwa n’abakobwa, nyuma aza gutungurwa asanze ari abagabo baje kuruhagararira(Nkusi Arthur na Rukundo Frank).

Ku itariki 7 Ukuboza 2014 ubwo hasozwaga amarushanwa ya Big brother Africa , Tayo akegukana umwanya wa 2

Nubwo yahabwaga amahirwe yo kuba yakwegukana irushanwa rya Big brother ariko bikaza kurangira abaye uwa 2 , inyuma y’umunyatanzaniya Idriss, Tayo yahamije ko icyatumye abigeraho ari uko yabaye muri Big Brother  Africa ntawe yigana ahubwo abaho ubuzima bwe yihariye(originality)

Umunya Nigeria Tayo yungukiye mu gutsindwa mu marushanwa ya Big Brother Africa

Tayo ashimishijwe n'uko yabonye amahirwe yo gusura ingagi

Mu bindi byamushimishije ni ukuba kuri uyu wa gatandatu tariki 28 Werurwe , we na bagenzi be bari bugire amahirwe yo gusura pariki y’Ibirunga bakareba ingagi , urugendo rwateguwe n’Ikigo cy'igihugu gishinzwe iterambere, RDB. Tubibutse ko Tayo yazanye mu Rwanda na bamwe mubo babanye muri Big Brother  Africa 2014 barimo Ella ndetse na Esther bo muri Uganda, Permithias wo mu gihugu cya Namibia na Nhlanhla wo mu gihugu cya Afrika y’Epfo .

Renzaho Christophe

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • aline9 years ago
    Nizereko umaze Gisusura nki 10 ubu!? Uzajyende bamaze kukwigisha no kunyaza unywe kuri aya mazi yi iwacu!
  • aline9 years ago
    Nizereko umaze Gisusura nki 10 ubu!? Uzajyende bamaze kukwigisha no kunyaza unywe kuri aya mazi yi iwacu!
  • Fb9 years ago
    Mbega Aline !
  • fofo9 years ago
    hhhhh Aline urandangije kabisa nasetse napfuye. amenye kubyaza ntiyataha hhhhh
  • Umusaza Rwanyabugigira9 years ago
    Maze kugenda ibihugu bitandukanye gusa icyo maze kubona nuko ubwiza bw'Abanyarwandakazi ari ibisanzwe ndetse cyane. Sinzi niba ari uko bavuga ngo the grass is greener on the other side, ariko njye ahubwo mbona ibihugu bya Africa rurusha abakobwa beza wabibarira ku mitwe y'intoki. Gusa baravuga ngo "les gouts et les couleurs on ne discute pas!"
  • Di9 years ago
    ariko njyewe mbona ar ibisanzwe pe. Rwanyabugigira turemeranya rwose





Inyarwanda BACKGROUND