RFL
Kigali

Sheila Gashumba umunyamakuru kuri NTV yatabawe na Polisi nyuma yo gukubitwa akanafungiranwa na se

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:2/10/2018 17:46
2


Sheila Gashumba, umunyamakuru wo kuri NTV uzwi ndetse ukundwa na benshi, yatabawe n’inzego za polisi nyuma yo gukubitwa akagirwa intere akanamufungirana mu cyumba yaje gusangwamo arembye bikomeye.



Umunyamakurukazi Sheila Carol Gashumba, yatabawe na polisi nyuma yo gukubitwa bikabije akanafungiranwa mu cyumba na se umubyara amasaha agera kuri cumi n’atanu.  Inzego za Polisi z’ahitwa Kabalagala zakijije Gashumba nyuma yo gukubitwa na se amuziza ko yatashye atinze mu ijoro kandi yanasinze cyane.

Ubusanzwe Frank Gashumba n'umukobwa we Sheila barumvikana cyane

Nk’uko Spy Reports dukesha iyi nkuru ibigaragaza, Sheila Carol Gashumba mu mpera z’icyumweru tuvuyemo ngo yatashye yasinze ari kumwe n’inshuti ze nazo zari zabaye ibyatsi maze batangira gutuka se (Frank Gashumba) bavuga ko afata nabi umukobwa we anamutoteza cyane. Ibi byateye umujinya mwinshi uyu mugabo umenyereweho gutanga ibiganiro byo gusubizamo abandi intege (motivational speaker).

Frank Gashumba umugabo ufite inkomoko mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere ni bwo abo kuri sitasiyo ya polisi ya Kabalagala batangaje ko Gashumba Sheila yahamagaye nyina Tinah Mukuza, amubwira ibyamubayeho ko se yamufungiranye nyuma yo kumukubita kandi yagombaga kujya mu kiganiro kuri NTV akorera maze uyu mubyeyi ahita yirukira kuri polisi kubabwira ibyabaye ni ko kugenda bakamutabara aho bishe urugi rw’icyumba yari afungiranyemo.

Sheila Gashumba Carol umunyamakuru kuri NTV

Sheila ubwo yajyanwaga kuri polisi ngo avuge ibyamubayeho, yabwiye inzego z’umutekano ko atifuza na gato ko iki kibazo cye na se kigera mu itangazamakuru ndetse yiteguye kubabarira se naramuka ahamagawe nk’uko byemejwe na C/ASP Luke Oweyesigire umuvugizi wa polisi yo mu mujyi wa Kampala muri Uganda.

Ibi bibaye nyuma y’uko uyu mukobwa Sheila asabye se kuva mu rugo akajya kwibana kuko amaze gukura kandi afite akazi nyamara se uzwi ku kazina ka Mwalimungu akabimwangira. Ikindi kizwi n’uko uyu mubyeyi ari kenshi ajya abwira nabi umukobwa we kuva yatangira kumugezaho igitekerezo cyo kwibana nk’uko ume mu nshuti z’uyu mukobwa yabitangaje agira ati “Sheila yasabye se kumwemerera akava mu rugo agatangira ubuzima bw kwibana kuko ubu afite imyaka 22 kandi arakora. Sheila avuga ko yabasha kwitunga no kwiyitaho ariko se yarabyanze.”

Gashumba Sheila yasabye se kujya kwibana arabimwangira






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Yvette5 years ago
    Nibase adashaka kumvira se, amubera munsi yigisenge cy'inzu nkande? Abana bubu bazajya babakosora, muhuruze police? Ntimuziko kera badukubitishaga umuvumu ushyushye sha!! Niba akuze narongorwe aho nyine ajye kwigenga murwe
  • ddd5 years ago
    uyyu mukobwa yabaye ikirara ahubwo se arahangayitse,ibaze gutaha wasinze ariya masaha, uri umubyeyi bikakubaho wabyitwaramo gute koko!!!!!!!!!!!!!!! ibaze ko yanatutswe nizo ngirwa nshuti, uretse kugenda akiyandarika byamuyobera akagaruka kwa se naramutse yibanye nta kindi cyakurikiraho uretse icyo.





Inyarwanda BACKGROUND