RFL
Kigali

Producer Madebeat umaze iminsi agezweho mu Rwanda yamaze kuva muri Monster Record

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:16/02/2018 11:40
5


Muri iyi minsi umwe mu basore bamaze kubaka izina mu mitima y’abakunzi ba muzika mu Rwanda cyane mu batunganya indirimbo ni Madebeat umusore utari wuzuza umwaka mu muziki ariko umaze gukora indirimbo nyinshi zamamaye hano mu Rwanda kandi z’abahanzi b’ibyamamare. Kuri ubu inkuru nshya ihari ni uko uyu musore yamaze kuva muri Monster Record.



Aya ni amakuru Inyarwanda.com ikesha abakurikirana ibibera muri studio ya Monster Record icyakora nanone tuyahamirizwa na Zizou Alpacino uyu akaba ariwe muyobozi w’iyi nzu itunganya muzika.

Mu kiganiro n’uyu mugabo uyobora Monstar Record yadutangarije ko ku bwe ikimushimisha ari urwego ari uko uyu musore hari urwego rwiza agezeho ati” Nibyo koko yaragiye, ariko si ibintu byambabaje nkuko mubivuga yigo nari kwishima iyo tuba tukiri kumwe kuko ni umukozi mwiza ariko ikingenzi ni uko hari urwego runaka amaze kugeraho.”

Zizou akomeza atangaza ko kuba uyu musore yaragiye nta gishya kirimo ati” Umuntu twahuye gutyo kandi Imana yaduhuje kuri ubu ndatekereza ko ariyo yamuciriye inzira agakomeza urugendo rwo gutera imbere kandi ndahamya ko ubushake n’umuhate yari afite aramutse abikomezanyije yagera kure kuko ni umukozi mwiza kandi ugaragaza inyota yo gutera imbere.”

zizouZizou Alpacino umuyobozi wa Monster Record

Producer Madebeat yamaze kuva muri Monster Record mu gihe yari ayimazemo hafi umwaka cyane ko yasinye amasezerano muri Gicurasi 2017 akaba ayivuyemo atayarangije cyane ko yari ayifitiye imyaka ibiri.

Ku bwa Zizou Alpacino we ahamya ko ntacyo yishyuza uyu musore ahubwo ahamya ko amushimira ibyo babashije kugeraho igihe bari bakiri kumwe kandi yongeraho ko nta kintu cyabatandukanyije usibye kuba uyu musore yarabonye ahari inyungu nyinshi kurusha aho yarari agahitamo kureba ahari inyungu.

Madebeat kuva yagera muri Monster Record yagiye akora indirimbo zinyuranye zanakunzwe zirimo Thank You ya Tom Close na The Ben, Got it ya Safi Madiba na Meddy,Hari ukuntu ya King James, Simusiga ya Christopher n'izindi nyinshi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • diddy6 years ago
    Yaba yerekejehe umuhungu wanjye?????
  • 6 years ago
    uwomujyama..arakaze..niyihe..ndirimbo..yakoze
  • 6 years ago
    uwamungu.. dabo.wan
  • Ibazenawe6 years ago
    Nubwambere numvise zizou avuga ibintu akabivugana ubwenge,nari niteguyeko agiye kuza atukana akavugako ariwe warumugize,bra bra, ubanza amaze gukura mu mutwe.
  • jacques6 years ago
    umva bavandi madebeat agiye kuzima umubure mubandi izinarye ntago ryari rikomeye naba t brown tharababuze kndi bakoze ama hit zizou nsinamugaya kko arareba akabona azigarura





Inyarwanda BACKGROUND