RFL
Kigali

Producer Aaron Nitunga arembeye bikomeye i Kigali

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:12/01/2018 9:45
3


Aaron Nitunga ni umwe mu bagabo bamenyekanye cyane muri muzika nyarwanda kubera ukuntu yakoreye benshi mu bahanzi b’u Rwanda indirimbo kandi zikamamara, icyakora nubwo uyu mugabo yakoreye cyane Abanyarwanda indirimbo zabo zikamamara we ntabwo yigeze akunda kuba mu Rwanda cyane ko abenshi bamuzi muri Kenya aho yakoreraga.



Usibye kuba yarakoreraga muri Kenya cyane Aaron Nitunga hari n'abatekerezaga ko akorera muri Canada ariko cyane cyane benshi bamufata nk’umu producer wakoreye cyane muri Kenya. Mu myaka ya za 2012 uyu mugabo yari yarakoze Studio ye i Remera mu mujyi wa Kigali aho yakundaga kuba akorera nubwo benshi mu bakurikirana muzika batakunze kumenya ko uyu mugabo ari mu Rwanda cyane ko hari n’amakuru yari ahari yavugaga ko asigaye yibera muri Canada.

Kuri ubu amakuru ahari ni uko uyu mugabo wakoze ku ndirimbo zagiye zikundwa hano mu Rwanda arembye ndetse akaba akeneye ubufasha kugira ngo abashe kwivuza neza. Amakuru y’uburwayi bw’uyu mugabo Inyarwanda.com yayakuye mu bantu b’inshuti ze cyane ko we arembye ku buryo bigoye kuba hari amakuru ayo ariyo yose wabona umunyuzeho.

Nkuko uwahaye amakuru Inyarwanda yabitangaje, ngo uyu mugabo amaze igihe arwaye umutwe udakira ku buryo yivuje ahantu hose hano mu Rwanda no mu karere bikanga akaba akeneye kujya kwivuza hanze y’akarere bityo nkuko uyu wahaye amakuru Inyarwanda abivuga, ngo Aaron ntabwo ubushobozi bwo kwivuza neza abufite ari nayo mpamvu bagiye kugerageza gushakisha uko bamushakira ubufasha akajya kwivuza hanze.

aaron nitunga

Aaron Nitunga (uri mu kaziga ) yigeze no kuza mu bagize akanama nkemurampaka ka Primus Guma Guma Super Star

Uwahaye amakuru Inyarwanda utigeze wifuza ko amazina ye atangazwa, yatangaje ko mu minsi ya vuba hagiye gutangira kampanye yo gushakisha ubufasha bwagenerwa uyu mugabo wamenyekanye kubera gukorera abahanzi indirimbo zamamaye muri muzika icyakora ngo ni gahunda bari kwigaho ku buryo mu minsi ya vuba baba bamaze kuyimenyekanisha buri wese akagenera ubufasha uyu mugabo akajya kwivuza.

Nkuko amakuru ava imbere mu nshuti z'uyu mugabo abivuga ngo uyu mugabo wivuje ahantu henshi hanyuranye kuri ubu arembeye iwe mu mujyi wa Kigali aho inshuti ze nabo bakoranye bagiye gushakisha uko baterateranya inkunga bakamugoboka akajya kwivuza.

Aaron Nitunga yabaye umuhanzi aho ku giti cye hari indirimbo yakoze muri za 1983, harimo iyitwa “Mbaye nte”, hari n’indi yitwa “Dore ndaje”. Izindi ni indirimbo zikomeye yagiye akora zigakundwa cyane, nka “Nama ntangara” y’umurundi Appollinaire, “Nimuze tubyine” ya Samputu yagacishijeho muri aka karere ka Afurika y’uburasirazuba mu minsi yashize.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Producer6 years ago
    Ibi biteye agahinda njye ntunganya umuziki Wamajwi iyo mbonye umuntu nkuyu Uba Waratangiye gukora umuziki ntarabaho 1983 Abura ubushobozi bwo kwivuza bituma Ncika intege cyane imyaka yose Aba akoze Ariko kubera gukorera ahantu bataramenya Agaciro ka music umuntu agapfa akennye Kandi yarakoze ibikorwa byiza mugihe ahandi Mubindi bihugu music producer atakabaye atabarizwa Bamusabira ubufasha
  • kamana6 years ago
    Byaba ari ishyano badatabaye mu maguru mashya uyu muhanga mu muziki Niyitunga Aaron. Ni umugabo w'umuhanga cyaneee muri muzika wakoranye n'abaririmbyi benshi banazwi. Yahereye kera akorana na ba Christophe Matata Matayiles, za orchestres nyinshi n'abaririmbyi benshi bo mu rwatubyaye rwo hambere ya 1994. Ahubwo bikwiye kwihutirwa. Yego ntawuvur'umunsi, ariko birakwiye ko atabarizwa. Ndetse abakoea umuzili bo m'Urwanda ubwa bo, bashyire ho akabo kuko uyu mugabo abafitiy'umumaro cyane n'ubwo bamwe batarakorana na we yenda. Ariko bahuje umwuga. Ni umuhanga cyane Aaron.
  • Ntareyakanwa6 years ago
    Biranababaje kubona umu arrangeur musical ( abazwi ku izina rya ba Producers) watangiye gukora akazi mu gihe cy'imyaka 35 yose nawe ubwe abura amafaranga yo kwivuza hanze nyamara nta munsi numwe basiba kuyayora haba mu kazi kabo cg mu marushanwa runaka ajyanye n'ibikorwa bya muzika ! Dore impamvu zitera ubukene butandukanye mu batunganya muzika cg abaririmbyi haba hano ndetse no ku isi hatandukanye, ni uko barasesagura cyane by'indengakamere mu bintu bitandukanye , ngabo nibo bazi kwiruka no gushora menshi ku ijipo,utubari duhenze,hotel nziza , imyambaro ndetse no gukodesha inzu n'amamodoka ahenze etc.... Rwose amafaranga barayakorera ariko ntibagira management yayo nzima. Imana imufashe kuko ntitumwifuriza ibibi kdi kuvuga ibi si ukumukina ku mubyimba kuko baca umugani ngo" ntuhana umuntu ujyayo, umuhana avayo"





Inyarwanda BACKGROUND