RFL
Kigali

Knowless yagize ubutumwa agenera Safi Madiba utaramutumira mu bukwe bwe

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:28/09/2017 17:56
5


Muri iyi minsi haravugwa ubukwe bwa Safi Madiba wigeze gukundana bikomeye na Knowless Butera icyakora baza gutandukana ndetse Knowless akora ubukwe na Ishimwe Clement, Knowless ntiyigeze atumira Safi mu bukwe bwe ariko magingo aya Safi Madiba nawe ntaratumira Knowless muri ubu bukwe.



Knowless yatangaje ibi mu kiganiro Isango na Muzika gikorwa n’umunyamakuru Phil Peter. Ubwo yari abimubajije Knowless Butera yatangiye abazwa n'uyu munyamakuru niba koko yaba yaratumiwe mu bukwe bwa Safi Madiba bigeze gukundana. Uyu muhanzikazi yahise ahakana aya makuru. Yabajijwe niba byibuza aramutse amutumiye cyane ko hakibura iminsi mike, maze Butera Knowless ahita atangaza ko aramutse ahari yabutaha.Safi

Safi Madiba yigeze gukundana na Knowless Butera gusa ubu buri wese agiye kubaka umuryango we

Uyu muhanzikazi kandi yabajijwe ubutumwa yumva yaha Safi Madiba maze asubiza iki kibazo muri aya magambo:”Ubutumwa namuha ni uko ubu ahinduye ubuzima, namwifuriza ubukwe bwiza n’umukunzi we ariko nanamubwira ko abaye undi muntu agomba kuba umugabo bitari kuba umugabo ku bwanwa gusa. Ikindi namubwira azabyare hungu na kobwa azagire umugisha mu bukwe bwe.Ikindi namubwira nanone azagire ishya n'ihirwe mu rugo rwe n'umugeni we.”

KnowlessKnowless Butera ubwo yari mu kiganiro cya Isango na Muzika

Knowless atangaza ibi yari kuri radiyo ya Isango Star aho yari ari kwamamaza indirimbo ye nshya yise ‘Uzagaruke’ iyi ikaba ari indirimbo yamaze gushyira hanze mbere gato ko ashyira hanze amashusho yayo.

UMVA HANO IYI NDIRIMBO NSHYA YA KNOWLESS






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • FALLY6 years ago
    0894620139
  • rukundo nasim6 years ago
    Jye icyo mbona knoless acya mukunda Safi madiba kandi bikomeye urukundo Safi yigeze kumuha ntago rwigeze rumushiramo
  • 6 years ago
    butera Knowles Nubwo yabaye umubyeyi gusa uwo bakundanye mbere y,undi aba ari akarusho ntazibagirwa Niyibikora saffi madiba
  • jado6 years ago
    Muramenye ntimukimakaze urwango kurusha urukundo. Nonese urukundo ko mubizi rurashira? Niba barakundanye ariko ntibabane ntabwo ari impamvu y'uko bahinduka abanzi cyangwa ngo ntibagumye gukundana. Icyo nabasaba ni ukwirinda gukundana biganisha kugusenyerana ingo umwe aca inyuma y'uwo bashakanye ngo arashaka gufata neza uwo bakundanye ariko ntibabana. BAKOMEZE BABANE NEZA IMIRYANGO, IGENDERANE, BAGIRANE INAMA MUKUBAKA INGO NZIZA. Cyakoze Knowless rwose mukundira ko asubizanya umutima muzima rwose. Ibyo yifurije mugenzi we Saffi Uwiteka nawe ABIMUKUBIRE 7.
  • Inshuti 6 years ago
    Biratangaje kandi birababaje aba bantu bombi bashobora kubabarapfuye ikintu gikomeye pee sinumva ukuntu umuntiyabwira undingo ntazabe umugabo wubwanwa gusa bivuzengo nicyo kintu amuziho kurusha ibindi ubwose murumva hatarimo impanuro gusa umuvandi mwe NIYIBIKORA ashyizwe hanze nawe nagaragaze itandukaniro kubamwumvishe kandi amenyeko koko ahomba kuba umugabo ataribyo gukina kina gusa azagire urugo ruhire natwe twamutanze tizamufasha kurwubaka kuko nibwo koko numuzima bishya nurugamba rukomeye rusaba kuba serious





Inyarwanda BACKGROUND