RFL
Kigali

Harriet abaye undi muhanzi wa Uganda witabye Imana azize cancer

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:25/04/2015 21:35
2


Nyuma y’urupfu rwa AK 47 murumuna wa Dr Jose Chameleone wishwe n’inkoni, hagakurikiraho abandi bahanzi bapfuye bahitanywe na cancer, kuri uyu wa 6 nabwo undi muhanzikazi wo muri Uganda witwa Harriet Kisakye yitabye Imana azize iyo ndwara.



Kuri uyu wa gatandatu kuwa 25 Mata 2015 nibwo umuhanzikazi Harriet Kisakye yitabye Imana yishwe na Cancer yo ku kuboko akaba yaguye mu bitaro bya IHK biherereye Kisugu muri Namuwongo.

Harriet

Harriet Kisakye yamaze kwitaba Imana azize cancer yamufashe ku ukuboko

Iyi nkuru ibabaje y’urupfu rwa Harriet, yashavuje benshi mu bakunzi ba muzika ya Uganda. Mbere y’iminsi mike ngo yitabe Imana, Harriet akivurirwa mu bitaro bya Mulago, yasuwe n’itsinda riyobowe na Col Kizza Besigye Perezida w’ ishyaka FDC ritavuga rumwe n'ubutegetsi bw'iki gihugu, ndetse yanasuwe n’abakozi b’Imana bamukomezaga mu masengesho.

Harriet

Yasuwe na benshi bagiye bamusubizamo imbaraga

Kiiza Besigye n’abo bari kumwe, babonye uburyo arembye bahise bamwemerera kumwishyurira imiti yose azakoresha ndetse banamusaba ko yajya kuvurirwa mu bitaro bya IHK biherereye Kisugu muri Namuwongo ari naho yaguye uyu munsi.

Harriet

Umuhanzikazi Harriet Kisakye yamaze gupfa

Nk’uko inkuru ya New vison ikomeza ibivuga, Harriet Kisakye yari umwe mu bahanzi bazwi cyane muri Uganda akaba azwi mu ndirimbo Ebintu tubilye, Tuligambaki abaana, Gyenvudde tebibaddle birungi, Kandahar, Kinigeria n’izindi.

Reba hano indirimbo ye yise Tuligambaki abaana?

Gideon N.M

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    imana imuhe iruhuko rindashira
  • mee8 years ago
    Ruhuka mu mahoro





Inyarwanda BACKGROUND