RFL
Kigali

Habura amasaha macye ngo abanyarwanda batangire icyunamo, kuri stade Amahoro imyiteguro irarimbanyije–AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:6/04/2017 17:13
0


Tariki 7 Mata buri mwaka mu Rwanda hatangizwa icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, muri uyu mwaka icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 kizatangizwa n’urugendo rwo kwibuka rutegurwa n’urubyiruko (Walk to remember) urugendo rusorezwa kuri stade Amahoro i Remera hagahita hakurikiraho umuhango wo kwibuka.



Kuri Stade Amahoro, imyiteguro y’umugoroba wo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi irarimbanyije, abahanzi bazafasha abantu mu ndirimbo zo kwibuka, bakomeje imyitozo, Stade iri kubakwa banayitaka ibirango bijyanye n’insanganyamatsiko y’uyu mwaka. Umunyamakuru wahageze ahagana mu ma saa sita z’amanywa yasanze abari muri iyi myiteguro bafite umurava kabone nubwo imvura itari iboroheye.

Imirimo yo kwitegura uyu munsi irakomeje, umwe mu bakozi  bari bari gutegura Stade Amahoro yatangarije umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko mu masaha macye imyiteguro yose igomba kuba irangiye dore ko muri gahunda yari iteganyijwe ari uko saa kumi n'ebyiri z’umugoroba imirimo yose yo gutunganya iyi stade igombaga kuba yarangiye.

REBA AMAFOTO:

MunyenshozaMunyenshozaAbanyeshuri bo mu ishuri rya muzika ku Nyundo ni bo bazacurangira abahanzi bazaririmba, aha Munyenshoza Dieudonne uzwi nka Mibilizi yafatanyaga nabo kuririmba zimwe mu ndirimbo zekwibuka 23kwibuka 23kwibuka 23Muyango, Mariya Yohana, Suzana Nyiranyamibwa bamwe mu bahanzi bitozaga kuzaririmba ku munsi w'ejokwibuka 23kwibuka 23Imyitozo yaberaga imbere muri kimwe mu byumba bya stade Amahoro kuko hanze imvura byari ibindi bindikwibuka 23kwibuka 23Might Popo uyobora ishuri rya muzika ku Nyundo yari ari gufasha  abitoza kuririmba bacurangirwa n'abanyeshuri bekwibuka 23Hanze imvura yabanje kuvangira abateguragakwibuka 23kwibuka 23Imvura ihise (stage) ya Alpha dore ko ariwe wazanye ibyuma birangurura amajwi byatangiye kuzamurwakwibuka 23kwibuka 23Stade Amahoro bari batangiye kuyishyiraho ibitambaro n'ibirango bijyanye n'ibihe tugiyemokwibuka 23kwibuka 23Ibyuma byari biri kuzamurwa huti huti ngo akazi karangire karekwibuka 23Televiziyo  y'igihugu yahashinze ibirindiro kare cyane

AMAFOTO: Nsengiyumba Emmy






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND