RFL
Kigali

Gusangira umugabo, kuryamana n'abagabo benshi no kwambara ubusa ni bimwe mu byo Kim Kardashian na Amber Rose bahuriyeho - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:22/10/2014 13:52
5


Ibyamamare bibiri Kim Kardashian na Amber Rose nyuma yo kugira isabukuru y’amavuko kuri uyu wa kabiri tariki 21 Ukwakira 2014, hatangajwe ibintu byinshi bahuriyeho birimo kuba barasangiye umugabo, kuba baravutse ku itariki imwe, kuba bakunda kwambara ubusa mu ruhame ndetse no kuba barakunze kuryamana n’abagabo benshi.



Kim Kardashian washakanye byemewe n’amategeko na Damon Thomas mu mwaka wa 2000 bagatandukana muri 2004, yaje gushakana na Kris Humphries babanye kuva muri 2011 kugeza muri 2013, nyuma ye haza kuza umuraperi Kanye West basezeranye muri uyu mwaka wa 2014, uyu akaba ari n’umugabo yasangiye na Amber Rose mbere y’uko uyu muhanzikazi, umunyamiderikazi akaba n’umukinnyi w’amafilime ashakana na Wiz Khalifa ariko nawe batandukanye mu minsi micye ishize. Gusa n’ubwo Amber Rose yasangiye umugabo na Kim Kardashian, ntiyigeze asezerana n’uyu mugabo mu gihe Kim Kardashian we yabigezeho muri uyu mwaka.

amber

Amber Rose na Kanye West bagiranye ibihe byiza mbere y'uko ashakana na Wiz Khalifa

Amber Rose na Kanye West bagiranye ibihe byiza mbere y'uko ashakana na Wiz Khalifa

 Kim Kardashian ubu abana na Kanye West nyuma yo gusanga akundana na Amber Rose

Kim Kardashian ubu abana na Kanye West nyuma yo gusanga akundana na Amber Rose

Kanye West aherutse gukora ubukwe na Kim Kardashian nyuma yo kubyarana umwana w'umukobwa

Kanye West aherutse gukora ubukwe na Kim Kardashian nyuma yo kubyarana umwana w'umukobwa

Uretse kuba aba bombi barasangiye umugabo, banahuje kuba bavugwaho kuba bararyamanye n’abagabo benshi b’ibyamamare, ndetse gutandukana kwabo n’abo bagiye bakundana cyangwa abo babanye byemewe n’amategeko, byabaga buri gihe bifite aho bihuriye no gucana inyuma. By’umwihariko kuri Kim Kardashian, ibinyamakuru byinshi byagiye bishyira ahagaragara urutonde rw’abagabo b’ibyamamare yagiye aryamana nabo, hakozwe icyegeranyo cyabo bose bakaba barenga 25.

kim

Bagiye bakunda no kugaragara mu myambarire imeze kimwe

kim

Bagiye bakunda no kugaragara mu myambarire imeze kimwe ndetse buri umwe agashinja undi kumwigana

Ikindi aba bombi bahuriyeho, ni uko bakunda kugaragara cyane bambaye ubusa cyangwa se indi myambaro igaragaza bimwe mu bice byabo by’ibanga, ibi nabyo bikaba bigaragara nk’imyitwarire bahuje. Kwitwara gutya kandi ntibabikora gusa ari bonyine kuko n’igihe bari kumwe n’abagabo babo mu ruhame nabwo bagiye bagaragara muri iyi myambarire yagiye itangaza benshi.

amber

AMBER

AMBER

Amber

amber

Uyu ni Amber Rose mu bihe bitandukanye

Uyu ni Amber Rose mu bihe bitandukanye

Kim

kim

Imyambarire ya Kim Kardashian nayo ikunda kugarukwaho cyane

Imyambarire ya Kim Kardashian nayo ikunda kugarukwaho cyane

Ibyo byose byiyongera ku kuba bahuje itariki y’amavuko kuko bose bavutse tariki 21 Ukwakira, ndetse n’imyaka yabo ikaba yenda kwegerana kuko Kim Kardashian afite 34 naho uyu mugenzi we Amber Rose akaba afite imyaka 31 bose bujuje kuri uyu wa kabiri.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • bertrandos man9 years ago
    olala kim ni cucu walah,,,,umengo afite 19ans vrm yihora ubusa
  • patrick9 years ago
    nibyizacyane
  • drogba9 years ago
    yewe abantu mukunda sexe kweri, aba bakwiye kurongorwa n,imbwa kuko bariyandaritse byuzuye buvuyemo umwanda.
  • Paticko9 years ago
    Kabisa kimkardashian ubona akiri muto gusa wagirango yarozwe abagabo.ahaaa nibyo gusengerwa.
  • Ndagijimana Gaspard9 years ago
    ni hatari ark bashiki bacu baramenye ntibakarebe umuco wabazungu ngo nabo bawurebereho, ingeso yurugo ntiyubaka urundi. nzwi ku izina rya washington ndi rusizi.





Inyarwanda BACKGROUND