RFL
Kigali

Bruce Melody yatunguwe n’umufana we wamusanze mu gitaramo amuzaniye impano -AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:19/11/2017 14:50
0


Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Ugushyingo 2017 nibwo Bruce Melody yatunguwe bikomeye n’umufana we wamusanze mu gitaramo aje kumuha impano. Ibib byabereye mu gitaramo cyo gusoza Tour du Rwanda cyabereye i Nyamirambo ahazwi nko kuri Tapis rouge.



Ubwo byajyaga kuba uyu musore witwa Leon Ndayisenga cyangwa Leon Direct yatangiye asaba abashinzwe umutekano kuba yabasha kwinjira aho yabona Bruce Melody, aba babanje kumugora yabasobanuriye impamvu ashaka Bruce Melody baramwemerera ariko bamubwira ko abonana nawe ari uko avuye ku rubyiniro. Uyu musore ukiri muto yihanganye ajya ahitegeye ngo arebe uko umuhanzi akunda aririmba maze ubwo yavaga ku rubyiniro ahita amusanganira amushyikiriza impano yamugeneye.

Bruce MelodyBruce Melody ubwo yashyikirizwaga impano

Uyu musore wakoreye impano Bruce Melody yafashe ifoto isanzwe ya Bruce Melody arayigana maze ashushanya uyu muhanzi mu buryo butangajeubundi yiyemeza ko aho azumva uyu muhanzi yakoreye igitaramo  azajyayo akamushyira iyi mpano yamugeneye. Niko kumva ko Bruce Melody yataramiye i Nyamirambo  ahita ajyayo birangira babonanye amuha n’impano yari yamuteganyirije.

Leon Ndayisenga wahaye impano Bruce Melody yatangarije Inyarwanda.com ko yishimiye kuba yiboneye amaso ku yandi uyu muhanzi akunda bikomeye ndetse akabasha no kumushyikiriza impano ahamya ko ifite agaciro k’amadorari ijana na mirongo itanu (150$). Bruce Melody we yabwiye Inyarwanda.com ko ashimishijwe n’umufana wa muzika nkuyu uba wamutekereje  akamugenera impano bityo asanga ibi ari umugisha.

Bruce MelodyImpano Bruce Melody yahawe

Bruce Melody abajijwe icyo asanga yakabaye afasha umuhanzi nk’uyu unamukunda yatangaje ko icya mbere ari ukumukorera ubuvugizi ndetse no kumufasha kwamamaza ibihangano bye ku buryo bibona abaguzi.

REBA HANO INDIRIMBO 'IKINYA' YA BRUCE MELODY






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND