RFL
Kigali

Amashusho y'indirimbo Mwambie Ilete y'umunyakenya Louie afatanyije n'umunyarwanda Eze Chris yageze hanze-VIDEO

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:2/10/2014 12:15
0


Umusore w’umunyarwanda Mugabo John akaba akorera umuziki mu gihugu cya Kenya ku izina rya Eze Chris akomeje kuzamuka mu muziki wa Kenya, kuri ubu amashusho y’indirimbo Mwambie Ilete yakoranye n’umunyakenya Louie akaba yageze hanze.



Mu kiganiro Inyarwanda.com yagiranye na Eze Chris yadutangarije ko Louie ari umuhanzi wa mbere yabonye mubo bakoranye nabo bose, kuko ari umuraperi mwiza ndetse uzi icyo ashaka bityo iyi ndirimbo bakoranye akaba ayitezeho byinshi mu kugeza umuziki we ku rwego rwa kure.

Eze Chris ati: “Louie ni umuhanzi wa mbere mubo twakoranye nabo bose. Ni umuraperi mwiza kandi uzi icyo ashaka. Iyi ndirimbo twakoranye nyitezeho ko izangeza kure hashoboka.”

Louie ft Eze

Louie (ibumoso) na Eze Chris (iburyo) mu mashusho y'indirimbo Mwambie Ilete

Ku ruhande rwa Louie nawe yadutangarije ko nawe yakunze gukorana na Eze Chris ubwo twamubazaga uko yabonye Eze Chris ubwo bakoranaga iyi ndirimbo, akaba yagize ati: “ni umuririmbyi ukomeye. Afite impano itangaje. gukorana nawe byaranshimishije cyane.”

Nyuma yo gushyira hanze iyi ndirimbo, ubu basinye amasezerano n’ikigo cyitwa The Sebastian Group Africa mu rwego rwo kuyamamaza ku buryo bizeye ko izagera kure muri Afurika binyuze muri iki kigo.

REBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO MWAMBIE ILETE:

 

REBA N'AMASHUSHO Y'INDIRIMBO IRIJORO (TONIGHT) YA EZE CHRIS NA BATOZ FAMILY

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND