Nyuma y’amarushanwa mpuzamahanga amaze igihe yitabirwa na ba Nyampinga b’u Rwanda ariko bagataha amara masa, umwe mu basore bamurika imideri mu buryo bw’umwuga Ntabanganyimana Jean De Dieu uzwi nka Jay yegukanye irushanwa mpuzamahanga rizwi nka Mister Africa International aba Rudasumbwa muri iryorushanwa ryasojwe ejo hashize aho ryari riri k
Jay aherutse gutsindira irindi kamba nka ku itariki ya 01 Ukuboza 2017 aho yabaye Umunyamideri wahize abandi muri Afurika y’Uburasirazuba mu mwaka w’2017 rizwi nka Best Eastafrican Model of the Year 2017 muri Swahili Fashion Week.ri rushanwa Jay yegukanyemo umwanya wa mbere kandi.
Umunyarwanda, Jay niwe wegukanye umwanya wa mbere w'iri rushanwa
Abandi basore ba Rudasumbwa bagaragiye Jay harimo uwaserukiye Angola, uwa Sierra Leone n’uwo muri Botswana. Byagaragaraga ko abasore bahatanaga na Jay uko baturutse mu bihugu 15 bitandukanye bose bashoboye kandi bubatse umubiri.
Bamwe mu basore bari bahataniye umwanya wa mbere na Jay
Mu gihe u Rwanda rwaherukaga guserukirwa na Turahirwa Moses muri iri rushanwa mu mwaka w’2015 akaba igisonga cya mbere cya Rudasumbwa wa Afurika iri rushwanwa ryegukanywe na Dok Akol wo muri Sudan y’Epfo. Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iri rushanwa, umusore wahize abandi ahabwa igihembo gikuru cyo gukora ibikorwa byo kwamamaza bizaherekezwa n’umushahara w’amadorari ibihumbi bitanu (5000$), amatike y’indege yo gutembera mu bihugu bibiri yihitiyemo muri Afurika harimpo no kwambikwa bigenzweho mu mwaka wose.
Jay asanzwe ari Umunyamideri w'umwuga
Jay aherutse gutsindira ikindi gihembo cy'umunyamideri wahize abandi muri uyu mwaka wa 2017 muri Africa y'Uburasirazuba
TANGA IGITECYEREZO