RFL
Kigali

Platini yatunguye se umubyara amutura indirimbo ifite aho ihuriye n’ubuzima bwe bitera benshi ikiniga

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:30/03/2015 11:01
14


Kuri iki cyumweru tariki 28 Werurwe 2015 muri Serena Hotel nibwo itsinda Dream Boys ryamuritse album yabo ya 5. Muri rusange igitaramo cyagenze neza ariko bigeze hagati umuhanzi Platini umwe mu bagize iri tsinda atungura se umubyara(surprise) , amutura indirimbo yateye benshi kugira ikiniga, ndetse na se umubyara ubwe.



 Ni mu gitaramo abasore bagize Dream Boys bafashijwemo n’abahanzi banyuranye, barimo Jay Polly wagaragaje urwego rw’imiririmbire iri hejuru muri muzika y’umwimerere(Live). Nkuko byari biteganyijwe n’umuhanzi Muyombo Thomas ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Tom Close nawe yafashije Dream Boys mu miririmbire ubona ko yateguye neza.

Jackson Kalimba na Hope bamaze kumenyerwa nk’abahanzi bamaze kugira ubunararibonye muri muzika ya Live bataramiye abari aho, ndetse bishimirwa kuburyo bukomeye.

Kamwe mu dushya twaranze igitaramo n’aho abahanzi Knowless na Christopher bagaragaye bakora bwa mbere akazi k’ubushyushyarugamba. Tidjara Kabendera n’umunyarwenya Nkusi Arthur nibo babanje gukora aka kazi ariko bigeze igihe cyo guhamagara itsinda rya Dream Boys ku rubyiniro ,bunganirwa na Christopher ndetse na Knowless.

Bakigera ku rubyiniro, abasore bagize Dream Boys bahereye ku ndirimbo’Nzibuka n’abandi’ ari nayo bitiriye Album yabo ya 5. Nyuma yo kuririmba zimwe mu ndirimbo zabo zinyuranye ziri kuri albums zitandukanye, umuhanzi Platini yaje gutungura  se umubyara maze amatura indirimbo amushimira kuba aribwo bwa mbere yari yitabiriye igitaramo kuva mu myaka 6 ishize uyu musore atangiye muzika.

Platini

Platini(Dream Boys)

Platini yagize ati”Mugihe mugenzi wanjye agiye kuba ashakisha imyuka, mbafitiye surprise nako ntabwo arimwe nyifitiye, nyifitiye umuntu umwe. Kuva natangira muzika , hashize imyaka 6 nibwo bwa mbere papa yaje kureba igitaramo nakozemo uyu munsi, yicaranye na murumuna wanjye

Se wa Platini

Se wa Platini na murumuna we bafashwe n'ikiniga ubwo uyu musore yaririmbaga indirimbo'Kuva kera'

Si ukumushimira ko yaje mu gitaramo gusa kuko yanamushimiye abinyujije mu ndirimbo yari yamuteganyirije ’Kuva kera’yasubiyemo bigera aho asuka amarira, se umubyara na murumuna we bafatwa n’ikiniga.

Ubusanzwe iyi ndirimbo ivuga ku mubyeyi w’umugore watanye umwana se bitewe n’ubukene atari ashoboye kwihanganira. Platini yumvikanye ahindura amwe mu magambo ayigize, aho avuga ko nibura nyina yakabaye agaruka mu rugo akareba ukuntu uyu musore asigaye aririmba.

Iki gitaramo cyitabiriwe n'abantu banyuranye harimo umuyobozi w'akarere ka Nyarugenge, umucuruzi ukomeye hano muri Kigali Nkusi Godfrey n'abandi banyacyubahiro banyuranye.

Kabendera na Rutura

Tidjara Kabendera na Nkusi Arthur bari abashyushyarugamba muri iki gitaramo

Itsinda rya Tresor naryo rifatanyije na Dream Boys mu imurikwa rya Nzibuka n'abandi

Itsinda rya Tresor naryo rifatanyije na Dream Boys mu imurikwa rya Nzibuka n'abandi

Uyu musore ayagaragaje impano yo kwigana amajwi y'abantu banyuranye bazwi hano mu Rwanda , yibanda ku bahanzi n'abanyamakuru

Uyu musore yagaragaje impano yo kwigana amajwi y'abantu banyuranye bazwi hano mu Rwanda , yibanda ku bahanzi n'abanyamakuru

Backing

Kalimba

Jackson Kalimba

Hope

Umuhanzi Hope

Tom Close yagaragaje imbaraga mu miririmbire

Tom Close yagaragaje imbaraga mu miririmbire

JayJay Polly n'agakepe(ingofero) ku mutwe amanura imirongo ya Hi Hop, ati"Twubatse ahakomeye bubaka ku musenyi"

Knowless ubwo yageraga ku rubyiniro aje gukora akzi k'ubushyusharugamba bwa mbere mu mateka yeKnowless ubwo yageraga ku rubyiniro aje gukora akazi k'ubushyusharugamba bwa mbere mu mateka ye

Christopher ati n'ubwo ari ubwambere ngomba kuhanyurana umucyoChristopher ati" N'ubwo ari ubwambere ngomba kuhanyurana umucyo"

Aba bahanzi babanje kunyuramo amateka ya Dream Boys muri muzika mbere yo kubahamagara ngo abze bataramire abari bateraniye muri Serena

Aba bahanzi babanje kunyuramo amateka ya Dream Boys muri muzika mbere yo kubahamagara ngo baze bataramire abari bateraniye muri Serena

Dream boys

Binjiriye muri 'Nizbuka n'abandi'

Abafana ntabwo bari bacye ku mugoroba wo kuri iki cyumweru

Abafana nabo ntibabatengushye

Dream boys bataramye biratindaDream boys bataramye biratinda

Dream Boys bagarutse bahinduye imyambaro bafatanya na Jay Polly kuririmbana zimwe mu ndirimbo zo hambere nka'Mumutashye','Mpamiriza ukuri'Dream Boys bagarutse bahinduye imyambaro bafatanya na Jay Polly kuririmbana zimwe mu ndirimbo zo hambere nka'Mumutashye','Mpamiriza ukuri' n'izindi

Chris and KnowlessNyuma yo kwakira itsinda rya Dream Boys, Knowless na Christopher nabo bahise bahinduka abafana

Dream boys

Renzaho Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • juju9 years ago
    Christopher ahora muri kariya gapira
  • delly9 years ago
    juju ujye uvuga ibikureba ibitakureba ujye ureba hirya
  • Tophe9 years ago
    Yaguhembye angahe yo kumubera avocat se? None se tuzareke kuvuga ibiriho? Urabona ko kariya gapira kariho numwanda ntaheruka kugakuramo.
  • 9 years ago
    Juju uvuze ukuli
  • hhj9 years ago
    hhhhhh mujye mumenya ko umwenda atari usage nik
  • kanuma9 years ago
    Ubwo reo byanatedheje umwe yashaka yagira imyenda itanu isa
  • toni9 years ago
    Abaturage gusa numuntu yagira imyenda itanu isa
  • cicy9 years ago
    mwagiye mureka kwiyemera ,ubwo c muri abantu ki ?
  • faith 9 years ago
    platiu kujyera kure siko gupfa ,iyakaremye niyo ikamena ,ikindi ca ahakomeye kugirango ube ukomeye .
  • faith 9 years ago
    platiu kujyera kure siko gupfa ,iyakaremye niyo ikamena ,ikindi ca ahakomeye kugirango ube ukomeye .
  • legally speaking9 years ago
    mujye mureba ibikwiye,kuki mushimishwa no gusebanya gusa
  • tiyela9 years ago
    yamaze ubwo Christopher mumwihaye mute? yambara ibyo yateguye niba bikubangamiye uzamubaze sitwe babaza ibya Christopher ni myambarire yee
  • dallas9 years ago
    platini na tms ndabakunda mumbera urugero kuva tukiri kumwe muri groupe icyambabaje nabuze uko nza mugitaramo cyanyu ariko ntacyi guma guma ni iyacu
  • 9 years ago
    Ubuc iyatakagumamo ubumuvuzeho





Inyarwanda BACKGROUND