RFL
Kigali

Gasumuni,Mbabazi utwara indege,Miss Uwase Vanessa ni bamwe mu bazaganiriza urubyiruko rwa Zion Temple mu gitaramo Pambazuka

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:1/05/2015 14:49
1


Mu gitaramo Pambazuka cyateguwe n’urubyiruko rwa Zion Temple mu Gatenga mu rwego rwo kubahanura mu kudaca inzira y’ubusamo, umunyarwenya uzwi nka Gasumuni,Mbabazi utwara indege ndetse na Miss Uwase Vanessa igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda 2015 ni bamwe mu bazaganiriza urwo rubyiruko.



Iki gitaramo Pambazuka kitezweho umusaruro cyane cyane ku rubyiruko, ku nshuro yacyo ya mbere kizaba kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Gicuransi 2015 kibere kuri Zion Temple mu Gatenga kuva isaa cyenda z’umugoroba kikaba kigamije kubaka urubyiruko cyane cyane binyuze mu mahame y’Ubumana mu nsanganyamatsiko igira iti "Amahame y’Ubumana mu gutera imbere’’.

Gasumuni

Umunyarwenya Gasumuni ategerejwe na benshi mu bakristo ba Zion Temple kubw'ibiganiro bye bisetsa abantu

Nk’uko inyarwanda.com yabitangarijwe n’umuyobozi w’urubyiruko muri Zion Temple, Bwana Nzabakira Floribert uzwi nka Flory , yavuze ko icyo gitaramo kizabonekamo umunyarwenya Ntarindwa Diogene uzwi nka Gasumuni na Atome, Miss Uwase Vanessa Raissa ndetse hazaba hari na Mbabazi Esther ,wabaye umupilote wa mbere w’umukobwa mu Rwanda.

Miss Raissa Uwase

Miss Uwase Vanessa Raissa igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2015 azatanga ubutumwa muri icyo gitaramo

Mbabazi Esther

Mbabazi Esther umunyarwandakazi  watwaye indege bwa mbere

Iki gitaramo Pambazuka kizanitabirwa n’Intumwa Dr Paul Gitwaza ari nawe uzaba ari umwigisha mukuru, Bwana Flory yakomeje atangaza ko cyateguwe nyuma yo kubona ko urubyiruko rumwe na rumwe rujya ruca mu nzira z’ubusamo kugirango rugere ku byiza baba bifuza kugeraho mu rwego rwo kubaka ejo hazaza habo bityo bakanyura mu nzira zidahesha Imana icyubahiro bikaba byabagiraho ingaruka mbi kabone n’ubwo baba barabigezeho.

Apotre Paul Gitwaza

Apotre Dr Paul Gitwaza niwe uzigisha ijambo ry'Imana

Flory  ati: ‘’ Tumaze kubona uburyo abajene bashaka gutera imbere ariko rimwe na rimwe bagaca mu nzira mbi nko kwiba, gukoresha imyuka mibi,… twatekereje ku buryo bwiza bw’Ubumana abantu bashobora gutera imbere baciyemo niyo mpamvu twatumiye abasore bagize success mu buzima bwabo baciye mu nzira nziza bakazaza kubana natwe ndetse tukigishwa n’Ijambo ry’Imana na Apotre Dr Paul Gitwaza’’.

Flory

Umunyamakuru Flory ukuriye urubyiruko rwa Zion Temple

Usibye aba bajeni(urubyiruko) twavuze haruguru (bageze kuri byinshi (success))bazagira byinshi baganiriza urubyiruko rwa Zion Temple, icyo gitaramo Pambazuka kizitabirwa n’abahanzi batandukanye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana,abo ni Patient Bizimana, ZYB(Zion Youth Band) na The Sisters igizwe na Tonzi, Gaby,Phanny na Aline,. Kwinjira akaba ari ubuntu,buri wese ahawe ikaze.

The Sisters

Abagize itsinda The Sisters bose bazaba bahari banataramire abazitabira icyo gitaramo

Patient Bizimana

Patient Bizimana azaba ari muri icyo gitaramo

Zion Temple

 Gideon N M






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • karisa8 years ago
    umwigisha womwi sanduka yagarutse? manade RF





Inyarwanda BACKGROUND