RFL
Kigali

MTN Rwanda yatangije imurikagurisha rito rya internet yise "Mini Data Expo"

Yanditswe na: Denise Iranzi
Taliki:14/10/2014 13:54
2


Nyuma y’amezi 2 , itangije iserukiramuco rya inerineti ryishwe “Data Festival” , MTN yatangije imurika gurishwa ry’iminsi 2 rizasozwa kuri uyu wa 16 Ukwakira ari na wo munsi nyirizina wo gusoza iri serukiramuco.



Muri iri murika gurishwa rito rya interineti ryiswe “MTN MINI DATA EXPO”  rizabera ku cyicaro cyayo kiri mu mujyi wa Kigali mu nyubako ya UTC, muri ryo hakazaba herekanwa ibikoresho  ndetse na bimwe mu bisubizo MTN izanye kugira ngo ifashe abanyarwanda kwinjira mu isi ya digital  mu buryo bworoshye.

Muri iri murika gurishwa hazaba kandi hari telefoni igurishwa ku mafaranga 6800 gusa ukayihabwa na SIM Card iriho MB 500 z’ubuntu. Ibi byise bikaba bikorwa mu rwego rwo gufasha abanyarwanda babashe kugera kuri internet mu buryo bworoshye.

Muri aya mezi 2 y’iserukiramuco, abakozi ba MTN bakaba barazengurutse mu baturage, mu mihanda n’ahandi hahurira abandi benshi bakabasobanurira zimwe muri gahunda zayi zirimo Broadband, Cloud Services, LTE, Hotspot Premium, Directory Services ndetse na  byinshi kuri interineti. Hasuwe kandi amashuri makuru ngo abanyeshuri basobanukirwe n’uburyo boroherejwe gukoresha interineti.

Muri izi ngamba kandi zo kunjiza u Rwanda muri gahunda yo gukoresha interineti byoroshye MTN yazanye ibikoresho bitandukanye birimo amatelefoni agezweho(Smat Phones), Tablets, Mudasobwa, Modem n’ibindi byinshi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rukara9 years ago
    icyifuzo ni uko ziriya MB 500 zigurishwa 5000 zagabanywa zikajya kuri 3000
  • Habonimana Aphrodis9 years ago
    smart phone yamake aho kuri mtn nayibona kurangahe?





Inyarwanda BACKGROUND