RFL
Kigali

Abashaka gukora kuri televiziyo nk’umwuga, bashyiriweho amahirwe

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:16/04/2016 9:26
7


Nyuma y’igihe kitari kinini mu Rwanda hatangijwe amatelevision yigenga, ni nako imirimo ishingiye kuri za Television ndetse n’ibindi bijyanye nabyo igenda yiyongera.



Kuri ubu rero ikigo cy’inzobere mu by’imikorere ya Television, Big Concept Management Ltd kibinyujije mu ishami ryacyo rya Ahupa TV Training Academy cyageneye amahugurwa abantu bifuza gukora kuri televiziyo (TV Presenters) ku buryo bw’ umwuga.

Ubuyobozi bw’iki kigo butangaza ko abasanzwe bakora aka kazi n’abandi bashaka kubitangira bashyiriweho amahugurwa azatuma bahagarara bemye ku isoko ry’uwo murimo bakaba banabasha guhangana ku isoko mpuzamahanga.

Bwana Ahmed Pacifique umuyobozi mukuru wa Big Concept Management Ltd yadutangarije ko abifuza kudacikanwa n’aya mahirwe bari kwiyandikishiriza mu mujyi wa Kigali ku Muhima iruhande rwa Micha’s Club mu nyubako ikoreramo BTN.   Hashyizweho kandi umurongo wa telephone ku bifuza ibisobanuro bitandukanye, ariyo 0789231262.

Kwiyandikisha muri aya mahugurwa y’amezi atatu birakomeje kugeza ku itariki 30 Mata 2016, naho amasomo  nyirizina akaba azatangira kuya 2 Gicurasi 2016. Hakaba hari imyanya mu gitondo, ku gicamunsi na nimugoroba.

Training

Ibisabwa mu kwiyandikisha ni ukuba byibuze ufite impamyabushobozi y’amashuri atandatu yisumbuye ndetse no kuba uvuga neza ikinyarwanda, ndetse n’icyongereza cyangwa se igifaransa nk’indimi mpuza mahanga zemewe mu Rwanda. 

Icyo umuntu yaba yarize cyose nta mupaka bimuha kukuba yakurikira aya mahugurwa, amarembo afunguye kuri bose. Akarusho ni uko iki kigo kugeza ubu gifitanye amasezerano na ma television ane akorera hano mu Rwanda azajya afasha  abanyeshuri kwemenyereza umwuga neza.

Kwiyandikisha byaratangiye. Hranashyizweho uburyo bwo guterwa inkunga(sponso),aho wakwishyurirwa mirongo itanu ku ijana.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • rutimirwa pascal8 years ago
    mwaramutse ese ntakuntu umuntu yakwiyandikisha online
  • claude8 years ago
    kwiyandikiza online birakunda
  • mugisha borris8 years ago
    bishyura angahe kwiyandicyisha nangahe bazajya bijyirahe ase uwajyeze s6 nabashe gukora bitewe nimamve zitunguranye niya kitwaza indanga manota ye murakoze
  • MANZI Magnifique8 years ago
    Kwiyandikisha nta mafaranga bisaba uretse biriya byangombwa mwadusabye ku mpera z'iyi nkuru?.Iyi nkunga ikomereye nyakiranye urugwiro n'ibyishimo byinshi kubwo gutekereza urubyiruko hamwe nubu bwitange mudufitiye.Murakoze.
  • Rukundo James8 years ago
    Ubwose Twakwiyandikish Heh?Murakoz
  • TUYISENGE Prosper7 years ago
    Tubashimiye ubwitange n'umurava mugirira abene gihugu twese cyane cyane mushaka icyaduteza imbere!! none c ko ibyo biriho n'ubundi nta mubare ntarengwa muzakenera? niba se nta numwe uhejwe mwakorohereje abantu batari hafi ya kigali mugashyiraho gahunda yo kwiyandikisha online ko hari abo byafasha bakazaza baje gufata amasomo? Ikindi kifuzo mukomeje ubufasha mukazashaka nuburyo mwazagera muzindi ntara cg imigi mito byazafasha benshi! Murakoze.
  • TUYISENGE Prosper7 years ago
    Tubashimiye ubwitange n'umurava mugirira abene gihugu twese cyane cyane mushaka icyaduteza imbere!! none c ko ibyo biriho n'ubundi nta mubare ntarengwa muzakenera? niba se nta numwe uhejwe mwakorohereje abantu batari hafi ya kigali mugashyiraho gahunda yo kwiyandikisha online ko hari abo byafasha bakazaza baje gufata amasomo? Ikindi kifuzo mukomeje ubufasha mukazashaka nuburyo mwazagera muzindi ntara cg imigi mito byazafasha benshi! Murakoze.





Inyarwanda BACKGROUND