Uyu
munsi, mu gihe Bruce Melodie na Coach Gael bari mu bihe bivugwamo kudahuza
nk'uko byahoze, hari benshi bibaza niba amateka yaba agiye kwisubiramo.
Ibi
bibazo byongeye gukomera kuva mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 28 Kamena 2026,
ubwo Bruce Melodie yatangiraga gutambutsa ubutumwa bwakurikiwe n'ibitekerezo
byinshi ku mbuga nkoranyambaga.
Yabanje
kwandika kuri Instagram Story amagambo agira ati: "Coach nawe akeneye
Coach."
Nyuma
y'amasaha make, akurikirizaho amashusho yishongora kuri The Ben na Alex
Muyoboke, agaruka ku bihe bombi baguye mu ruhame.
Alex
Muyoboke yaguye imbere y'abantu benshi mu Ukuboza 2025, mu kiganiro
n'abanyamakuru cyateguraga igitaramo cya The New Year Groove.
Ku
wa 27 Kamena 2026, The Ben yaguye ku rubyiniro mu gitaramo cya Summer Country
Tour cyabereye i Bugesera.
Bruce
Melodie yabifashe nk'urwenya, yandika amagambo yatumye benshi bacika
ururondogoro, ati: "Ku wa 4 Nyakanga 2026 gahunda ni ukugwirirana!"
ndetse anabita "Mugwaneza na Rugwiro."
Aya
magambo yazamuwe mu gihe umwuka hagati ye na Coach Gael uvugwaho kuba utameze
neza. Hari amakuru amaze iminsi avuga ko nyuma y'imyaka itanu bakorana, umubano
wabo ushobora kuba ugeze ku musozo.
Ibyo
byatangiye kuvugwa mbere y'uko Bruce Melodie atangaza ibitaramo bya Summer
Country Tour, ahuriyemo na The Ben, Bwiza na Kitoko. Hari n'abavuga ko
bishobora kuba ari ibitaramo bya nyuma akoranye na Coach Gael nk'umujyanama we.
Ndetse
mu minsi ishize Bruce Melodie yanakuye ku mbuga nkoranyambaga ze amakuru
yavugaga ko afite imigabane muri Kigali Universe ndetse no mu ikipe ya UGB
Basketball Club, ibintu byafashwe nk'ikimenyetso cy'uko hari impinduka ari
gukora mu buzima bwe bw'ubucuruzi n'ubw'umwuga.
Ariko
kugira ngo umuntu yumve neza ibiri kuba uyu munsi, ni ngombwa gusubira inyuma.
Bruce Melodie
ntiyari amahitamo ya mbere ya Coach Gael
Mbere
y'uko izina rya Bruce Melodie rihuzwa na 1:55 AM, Coach Gael yari afite undi
mushinga munini.
Uwo
yari The Ben.
Mu
gihe yari amaze gutangiza Label ya 1:55 AM, Coach Gael yashakaga umuhanzi
ushobora kubaka umushinga mugari urebana n'isoko mpuzamahanga.
Icyo
gihe The Ben yari umwe mu bahanzi bake bafite izina rikomeye haba mu Rwanda no
hanze yarwo.
Bombi
bahuriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangira ibiganiro byo gukorana,
ndetse banategura imishinga ikomeye yagombaga gutuma The Ben yinjira ku rwego
rushya rw'umuziki.
Muri
iyo mishinga harimo indirimbo "Why" yakoranye na Diamond Platnumz.
Amakuru
yegereye impande zombi avuga ko Coach Gael yashoye amafaranga menshi muri uwo
mushinga, ariko nyuma ibintu ntibyagenda uko byari byitezwe.
Byavuzwe
ko amafaranga yashowe muri uwo mushinga atigeze agaruzwa, ndetse ko ikibazo
cyageze aho Coach Gael yifuza kwishyurwa hagati ya 75,000 na 100,000
by'Amadolari ya Amerika, amafaranga angana na miliyoni zirenga 100 Frw ku
gaciro k'ubu.
Ni
cyo kibazo cyabaye intandaro yo gutandukana kw'impande zombi.
Madebeats ni we
wahinduye amateka
Mu
gihe umubano wa Coach Gael na The Ben wari uzamo agatotsi, hari undi muntu wari
hafi y'ibi byose.
Producer
Madebeats.
Amakuru
avuga ko Coach Gael atari anyuzwe n'uburyo ibintu byakorwaga, ndetse yumvaga
gahunda z'umushinga zitagenda ku muvuduko yifuzaga.
Ni
bwo yabwiye Madebeats kumushakira undi muhanzi ushobora gukomeza umushinga wa
1:55 AM.
Icyo
gihe bari muri Tanzania.
Madebeats
yahise atangira ibiganiro na Bruce Melodie, wari icyo gihe umaze igihe
agaragaza ko ashobora kurenga imbibi z'u Rwanda.
Bruce
Melodie yahise ajya muri Tanzania mu buryo bwihuse, atangira ibiganiro na Coach
Gael, ari na bwo hashyirwagaho umusingi w'ubufatanye bwaje guhindura byinshi mu
rugendo rwe.
Mu
gihe The Ben yakomeje gukurikirana umushinga wa "Why" wenyine, Coach
Gael yahise yerekeza imbaraga ze kuri Bruce Melodie.
Bidatinze,
Bruce Melodie yahise afashwa gukorana indirimbo na Harmonize, umuhanzi wari
usanzwe udacana uwaka na Diamond Platnumz.
Ni
intambwe yerekanye ko umushinga wa Coach Gael wari umaze kubona undi musingi
mushya.
The Ben yabifashe
nk'ubugambanyi
Ku
ruhande rwa The Ben, iri hinduka ntiyarifashe nk'ibintu bisanzwe.
Amakuru
avuga ko yabonaga uburyo ibintu byagenze nk'ubugambanyi, cyane cyane kubera ko
umuntu yari afitiye icyizere ari we Madebeats ari we wagize uruhare rukomeye mu
kuzana Bruce Melodie muri uwo mushinga.
Ni
ikibazo cyasize umwuka mubi hagati ya The Ben na Madebeats ndetse no hagati ya
The Ben na Coach Gael.
Icyakora
nyuma y'imyaka, Madebeats yahisemo gusaba imbabazi The Ben, bombi bongera
kubaka umubano.
Mu
Ukwakira 2025, amashusho ya The Ben na Madebeats bari kumwe mu gitaramo cya
Manchester yongeye gushimangira ko ayo makimbirane yari yarasigaye inyuma.
Coach Gael na The
Ben na bo baje kwiyunga
Nyuma
y'intambara ndende y'amagambo n'ukutumvikana kwari kumaze imyaka, muri 2024
Coach Gael na The Ben bongeye kwiyunga.
Nubwo
umubano wabo wongeye kuba mwiza, ntabwo byahinduye umubano wari umaze kubakwa
hagati ya Coach Gael na Bruce Melodie.
Bruce
Melodie yakomeje kuba isura ya 1:55 AM, bombi bakorana ibikorwa byinshi
byazamuye urwego rw'umuziki we.
Ese amateka yaba
agiye kwisubiramo?
Uyu
munsi, amagambo Bruce Melodie ari gutambutsa ku mbuga nkoranyambaga, ibihuha
bivuga ko umubano we na Coach Gael utifashe neza, ndetse n'impinduka ari gukora
mu buzima bwe bw'umwuga, byatumye benshi bongera kwibaza niba amateka yaba ari
kwisubiramo.
Mu
buryo butangaje, imyaka mike ishize Bruce Melodie yinjiye muri 1:55 AM nyuma
y'uko umubano wa Coach Gael na The Ben usenyutse.
Uyu
munsi na bwo, Bruce Melodie ni we uvugwaho kutamerana neza n'uwo mujyanama
wamufashije kugera ku bindi byiciro by'umuziki.
Nta
ruhande ruratangaza ko rwahagaritse ubufatanye ku mugaragaro, ariko ibimenyetso
biri kugaragara bikomeje gutuma abakurikiranira hafi imyidagaduro bibaza niba
igice gikomeye cy'ubufatanye bwahinduye amateka y'umuziki nyarwanda kitari
kugana ku musozo.
Niba koko ibyo biri kuvugwa byaba impamo, byaba bibaye ubwa kabiri Coach Gael atandukanye n'umuhanzi wari warabaye ishingiro ry'umushinga we, ndetse bikongera kwerekana ko mu muziki, nk'uko bimeze no mu buzima, amahitamo ashobora guhindura amateka, ariko na none amateka akagira uburyo yisubiramo.
Inkuru bifitanye isano: Umusumari ufashe Bruce Melodie na Coach Gael uri gushinguka

Bruce Melodie yatangiye gukorana na Coach Gael asimbuye The Ben, imikoranire imaze imyaka itanu iri kugana ku musozo

The Ben yiyunze na Madebeats mu Ukwakira 2025, nyuma y’igihe amushinja kumutanya na Coach Gael no gutangaza ko yishyuzwa ari hagati y'amadorali ibihumbi 75$ n'amadorali ibihumbi 100$


Muri
2024, Coach Gael yiyunze na The Ben nyuma y’uko hagati ya 2020 na 2021 bananiwe
gukorana
