Divorce yarapfubye! Safi Madiba agiye gusohora indirimbo avugamo ko ‘yakoze ubukwe igice’

Imyidagaduro - 18/01/2022 8:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Divorce yarapfubye! Safi Madiba agiye gusohora indirimbo avugamo ko ‘yakoze ubukwe igice’

Umuhanzi Niyibikora Safi wamamaye mu muziki nka Safi Madiba ubarizwa muri Canada, aritegura kumvikana mu ndirimbo yitwa ‘Ubanza nkuze’ avugamo ko we na Niyonizera Judith bakoze ubukwe igice.

Amakuru agera kuri INYARWANDA aravuga ko iyi ndirimbo ari iya Producer Zizou Al Pacino uyu muhanzi azumvikanamo ndetse ko yayihuriyemo n’abandi bahanzi bane.

Iyi ndirimbo igiye gusohoka mu gihe Safi Madiba aherutse kubwira INYARWANDA ko adasiba kumva Judithe amwita umugabo we kandi baratandukanye.

Ati “Twaratandukanye, twaratandukanye ubu hagiye gushira imyaka ibiri ubu nanjye mbibona kuriya mu itangazamakuru aba avuga ko tukiri kumwe,"

Uyu muhanzi avuga ko imyaka ibiri ishize ashyize akadomo ku rukundo rwe na Judithe, bityo ko atakiri umugabo we.

Akavuga ko yageragaje gushaka gatanya ariko Judithe yitambika mu mugambi we. Gusa, Judithe avuga ko atanze guha gatanya Safi, ahubwo ko uyu muhanzi yakoresheje amanyanga arimo no kwiyita ‘umurwayi wo mu mutwe’ no kuvuga ko badaheruka kuvugana no guhura.

Judithe avuga ko ubwo yajyaga kureba umunyamategeko ‘w’ubuntu’ Safi Madiba yari yashatse ngo asinye gatanya, yabajijwe niba adaheruka kuvugana na Safi araseka cyane maze yerekana amashusho yafashe mu minsi itatu ishize Safi bahuye.

Uwo munyamategeko ngo yahise abwira bagenzi be guhagarika gatanya, ndetse amenyesha Safi ko atiteguye kubatandukanye amubwira gushaka abandi.

Ngo yabwiye Safi ko niba amaramaje muri gatanya amara nibura amezi atatu ntaho ahurira na Judithe, hanyuma agasaba gatanya byeruye.

Judithe yabwiye Isimbi Tv ko ubu noneho Safi yasaba gatanya kuko amezi arenze atatu batavugana batanahura. Avuga ko yiteguye gushyira umukono kuri izo mpapuro.

Judithe avuga ko kuba yari amaze iminsi yumvikana avuga ko ari umugore wa Safi Madiba yagira ngo amabanga y’urugo atajya hanze cyangwa se ngo avuge mbere y’uko umugabo we avuga.

Yavuze ko kuva yatandukana na Safi Madiba yabonye byinshi bikomeretsa umutima ariko arakomera ari nayo mpamvu muri iki gihe yamaze gukira ibikomere.

Ngo nta mpamvu igihari yo kwiyitirira Safi. Ati “…Njyewe mbana nawe abantu barantukaga... Ubu none nta muntu ukintuka meze neza njyewe ndi njyenyine. Ni ukuvuga ngo ibyo nageraho byose nabigeraho kuri njyewe njyenyine ku giti cyanjye. Bantutse ndi kumwe nawe ubu meze neza ntari kumwe nawe arumva ubundi mukeneyeho iki cyo kumwiyitirira. Ntabwo mwiyitirira,"

Judithe avuga ko inda yari atwitiye Safi yavuye bari muri Canada. Akavuga ko kuba Safi agiye gusohora indirimbo avuga mo ko bakoze ubukwe igice atari byo.

Ati “…Niba yarakoze ubukwe igice se ahubwo wenda ok nashaka abe atarabukoze, ibyo se arabwira nde!"

Judithe avuga ko kuba we na Safi Madiba batarasezeranye imbere y’Imana mu rusengero rw’Abadiventisite byatewe n’uko yari amaze igihe kinini atajya gusenga.

Bombi basezeranye imbere y’amategeko y’u Rwanda habaho n’umuhango wo gusaba no gukwa.

Mu gitondo cyo ku wa 20 Kanama 2020, ni bwo Safi Madiba yabwiye ‘bwa mbere’ INYARWANDA ko yamaze gutandukana n’umugore we, Niyonizera Judithe nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze bakoze ubukwe.

Mu Ugushyingo 2020, ubwo Judithe yamurikaga filime ye yitwa “Ni Za Nduru " yahakanye ko yatandukanye n’umugabo, yerekana impeta y’isezerano nk’ikimenyetso cy’uko bakiri kumwe.

Hagiye gusohora indirimbo ‘Ubanza nkuze’ Safi Madiba avuga mo ko yakoze ubukwe igice, akizeza abamuhoza ku nkeke ko igihe nikigera bazanywa Umunyamategeko wa Safi Madiba yamubwiye ko atiteguye kubatandukanye mu gihe cyose bagihura, bigaragazwa n’ibimenyetso Judithe Niyonizera yerekanye 

Judithe avuga ko yiteguye gushyira umukono ku mpapuro za gatanya, akavuga ko yishimye nta mpamvu zo gukomeza kwiyitirira Safi Madiba


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...