RFL
Kigali

Ni iki cyateye Afurika guhindura umusaya, amaso yayo agahangwa i Pékin? U Bushinwa bwo burakora iki kuri uyu mugabane?

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:29/05/2020 12:54
0


Kuva inama ya Bandung yahuzaga bimwe mu bihugu by’Afurika n’Asia yaterana mu 1955, u Bushinwa na Afrika byagiranye umubano utari mubi. Uyu munsi uyu mubano wibazwaho byinshi cyane harimo n’icyo ugamije ndetse n’ahazaza hawo.



Afurika ni umugabane wagiye wigarurirwa n’ibihugu bitandukanye byabaga bigamije gukoraniza bimwe mu bihugu byayo. Nyuma y’inkundura yo mu myaka ya 1960s ubwo ibihugu hafi ya byose bigize uyu mugabane byabonaga ubwigenge, Afurika ntiyigeze igira akanya ko kuruhuka ingoyi ya ba gashaka-buhake bo mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi baba bashaka indonke bayikuyemo. Magingo aya ku isoko mpuzamahanga kimwe n’indi mikoranire Afurika igira n’andi mahanga, ubu ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi ─Uburaya n’Amerika)─ ntibikiri abafatanyabikorwa ba mbere ahubwo u Bushinwa ni bwo burangaje ibindi bihugu.

Ese ni iki cyateye uyu mugabane guhindura umusaya, amaso yawo agahangwa i Pékin? Reka dusubize amaso inyuma ahagana mu mwaka wa 1955 ubwo mu mujyi wa Bandung muri Indonesia hateraniraga abayobozi b’ibihugu 29 by’Afurika n’Asia. Imwe mu myanzuro yavuye muri iyi nama harimo gushaka uburyo ibihugu byari bigitangira inzira y’amajyambere byagirana ubufatanye ndetse n’uko mu mikoranire yabyo byashaka uburyo byagaragara ku isoko mpuzamahanga hanyuma bikanagerageza kwigobotora ku ngoyi yo gukomeza gushingira ubukungu bwabyo ku byo ibi bihugu byatumizaga ndetse bikanohereza mu Burayi n’Amerika.

Umubano hagati y’Afurika n’u Bushinwa si uwa none. Mu mwaka wa 1965 Abashinwa bubatse umuhanda wa gariyamoshi uhuza Zambia ya Kenneth Kaunda na Tanzania ya Julius Kambarage Nyerere. Uyu mubano wasembuwe n’igihe u Bushinwa bwaribukeneye abambari mu nteko y’Umuryango w’Abibumbye mu mwaka wa 1971. 

Muri uyu mwaka wavuzwe haruguru ibihugu by’ u Bushinwa na Taiwan, buri kimwe muri ibi cyashakaga kwemerwa nk’umunyamuryango w’Umuryango Mpuzamahanga ku izina ry’u Bushinwa. Ikizwi  nk’u Bushinwa ubu mu mwaka wa 1949 cyatangaje ku ruhando mpuzamahanga ko cyitwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Rubanda y’u Bushinwa. Nyamara na Taiwan na yo yaje gutangaza ko ari Repuburika y’u Bushinwa.

Mu mwaka wa 1971 byabaye ngombwa ko inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye utora ko kimwe muri ibi bihugu bihagararirwa muri uyu muryango. U Bushinwa tuzi none ari yo Repuburika Iharanira Demokarasi ya Rubanda ni yo yatsindiye uyu mwaka ku iturufu yo kugira umubano mwiza n’Afurika doreko kuri uyu mugabane havuyemo amajwi 26 yashigikiye icyifuzo cy’iki gihugu.

Umubano w’iki gihugu n’Afurika ntiwarangiriye mu cyumba cy’inama cy’Umuryango w’Abibumbye mu 1971 cyangwa i Bandung mu 1955, ahubwo n’ubu urakomeje, ahubwo ku rundi rwego. Hagati y’umwaka wa 1995 na 2017, ubuhahirane hagati y’Afurika n’U Bushinwa wavuye kuri miriyari 3 z’amadorari y’Amerika bugera kuri miriyari 143. Na none kuva mu mwaka wa 2009, U Bushinwa bwabaye igihugu cya mbere kigirana ubuhahirane n’Afurika. Uyu mwanya bwawuhigitseho Amerika.

Iki gihugu na none hagati 2005-2017 cyashoye amafaranga agera kuri miriyari 137 z’amadorari mu mishinga y’ibikorwaremezo kuri uyu mugabane. Magingo aya, ibiteje inkeke ntibikuri uko ibihugu binanirwa kwishyura imyenda y’U Bushinwa, ko ibikorwa ayo amafaranga yashowemo bihita bihinduka iby’iki gihugu. Indi ngingo igezweho n’uburyo iki gihugu cyatangaye no gutangira kwamamaza umuco wacyo kuri uyu mugabane. Uyu munsi hari ibigo by’ Abashinwa byitwa Confucius 54, bishinzwe kwigisha umuco n’ururimi rw’Igishinwa.

Abasesengurira hafi imishinga y’iki gihugu ntibahwema kwerekana ko usibye inyota yo kuba igihangange mu bukungu, igisirikare n’ikoranabuhanga, U Bushinwa bugamije no kugira ijambo rihamye ku ruhando mpuzamahanga nka mukeba─ Amerika. Ubwo rero Afurika ikaba icyanya cyiza cyo gutangiraho gushyira mu bikorwa uyu murongo mugari. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND