RFL
Kigali

Hassan Oktay watozaga Gormahia Fc yeguye ku mirimo

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:7/08/2019 10:35
0


Hassan Oktay wari umutoza wa Gormahia FC muri Kenya, yeguye kuri iyi mirimo nyuma y’icyumweru kimwe yatse ikiruhuko cyo gusura umuryango we muri Turkia.



Oktay w’imyaka 45, yasezeye kuri Gormahia FC iheruka mu Rwanda mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2019 ikaviramo muri ¼ cy’irangiza itsinzwe na Green Eagles yo muri Zambia.

Mu butumwa bugaragara ku rubuga rwa Gormahia FC bavuga ko uyu mugabo yababwiye ko bitewe n’ibibazo arimo ku mugabane w’i Burayi abona bitamkundira gukomeza kuba umukozi wa Gormahia FC.

“Mu  by’ukuri mumfashije mukanyumva ndasaba gusezera ku kazi ko gutoza Gormahia FC kuri iyi tariki ya 6 Kanama 2019. Nk’uko mubizi uyu mwanzuro uje nyuma y’ibibazo ndimo ku mugabane w’u Burayi”. Oktay

Oktay yakomeje agira ati “Ndashaka gushimira abayobozi n’ikipe yose ya Gormahia n’abafana bayo bose ku mahirwe mwari mwarampaye yo gutoza ikipe mukunda. Ndabifuriza amahirwe atagabanyije mu marushanwa ari imbere”.


Hassan Oktay wari umutoza mukuru wa Gormahia FC yeguye ku mirimo 

Nyuma y’isezera rya Hassan Oktay, Patrick Odhiambo arakomeza kuba afasha ikipe ya Gormahia FC nk’umutoza mukuru by’agateganyo.

Hassan Oktay yasinye muri Gormahia FC mu Ukuboza 2018 asimbuye Dylan Kerr, umwongereza watozaga iyi kipe nawe akayivamo ayitoje umwaka umwe w’imikino.


Gormahia FC muri iyi minsi ifite ikibazo cy'amikoro cyaturutse mu kuba baratandukanye na SportPesa yabateraga inkunga

Gormahia FC ikomeje imyiteguro ikakaye mu kwitegura umukino bafitanye na Aigle Noir kuri iki Cyumweru tariki 11 Nyakanga 2019 mu ijonjora rya mbere rya Total CAF Champions League 2019-2020.

Amakuru ari gutembera i Nairobi avuga ko Umwongereza Steven Pollack ashobora kuza guhabwa akazi ko gutoza iyi kipe mu minsi ya vuba.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND