RFL
Kigali

Bugesera FC yavanye inota ku matara inganyije na Rayon Sports-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:8/03/2019 22:48
1


Ikipe ya Bugesera FC yakuye inota mu mukino wakinwe amatara yaka inganyije na Rayon Sports igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona wakinirwaga kuri sitade ya Kigali.



Bugesera FC itahabwaga amahirwe ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 18’ w’umukino nyuma y’igitego cyatsinzwe na Nzigamasabo Steve abyaje umusaruro umupira yahwe na Samson Irokan Ikecukwu.



Abakinnyi ba Bugesera FC bishimira igitego 


Samson Irokan Ikecukwu yatanze umupira acitse Eric Rutanga Alba 

Igitego cya Rayon Sports cyabonetse ku munota wa 76’ gitsinzwe na Ulimwengu Jules nyuma yo gukoresha neza umupira yahawe na Iradukunda Eric Radou.


Ulimwengu Jules (7) ni we wishyuriye Rayon Sports


Seninga Innocent umutoza mukuru wa Bugesera FC

Wari umukino Seninga Innocent yasaga n'aho yize cyane uburyo ikipe ya Rayon Sports imaze iminsi ikina kuko yari yitabaje abakinnyi batanu bakina bugarira, batatu hagati mu gihe abandi bacaga mu mpande bashakira imipira Samson Ikecukwu wari rutahizamu.

Rayon Sports bari bakoze impinduka hagati mu kibuga kuko Donkor Prosper Kuka ufite amakarita atatu y’umuhondo yari yasimbuwe na Mugheni Kakule Fabrice utarakinnye umukino wa Gicumbi FC nawe azira amakarita atatu y’umuhondo.

Ibi byatumye Mugheni Kakule Fabrice yiyunga kuri Niyonzima Olivier Sefu na Manishimwe Djabel wakinaga inyuma ya Ulimwengu Jules wujuje ibitego 12.


Mugheni Kakule Fabrice anyereza umupira hagati mu kibuga 


Ulimwengu Jules yujuje ibitego 12

Mu by’ukuri Rayon Sports ni yo yisanze mu mukino hakiri kare ndetse inakomeza guhana neza umupira ariko ikipe ya Bugesera FC babasha gutuza bakina umupira w’ingufu no gukorera hamwe birinda ko Ulimwengu Jules yabona umupira.

Nyuma ubwo Jonathan Raphael yari ageze mu kibuga asimbuye ni bwo Bugesera FC bagize ikibazo ndetse binabyara penaliti yavuye ku ikosa bamukoreyeho ariko Nsabimana Jean de Dieu umupira yatewe na Ulimwengu Jules awufata nta ngorane.

Bugesera FC bakomeje gukina umupira wo kwirwanaho ariko birangira binjijwe igitego ku munota wa 76’ w’umukino.


Mu gusimbuza, Habimana Hussein yasimbuwe na Jonathan Raphael Da Silva mu gihe Bukuru Christophe yasimbuye Manishimwe Djabel wagize ikibazo cy’imvune.

Seninga Innocet umutoza mukuru wa Bugesera FC, imwe mu makipe adafite abasimbura bakomeye, yatangiye ashyiramo Ahishakiye Jacques bita Umtiti asimbura Rucogoza Djijad wari wananiwe bigaragara, Ntwari Jacques asimburwa na Ntijyinama Patrick bita Mbogamizi naho Samson Irokan Ikecukwu waraye avuye muri Nigeria agakina nta myitozo yasimbuwe na Kevin Ndayisenga.


Niyonzima Olivier Sefu imbere ya Niyibizi Pierro (2)

Abakinnyi ba Rayon Sports bahawe amakarita y’umuhondo ni Niyonzima Olivier mu gihe ku ruhande rwa Bugesera FC abakinnyi barimo; Niyibizi Pierro, Nzigamasabo Steve na Nimubona Emery buri umwe yatahanye ikarita y’umuhondo.


Manzi Thierry kapiteni wa Rayon Sports agenzura umupira 

Rayon Sports iraguma ku mwanya wa kabiri n’amanota 44 mu gihe Bugesera FC ikomeza kuba ku mwanya wa cumi (10) n’amanota 23 mu mikino 19 amakipe amaze gukina.


Eric Rutanga Alba (3) afata amabwiriza y'umutoza 


Habimana Hussein abanganmiwe na Rucogoza Djihad kapiteni wa Bugesera FC

Abakinnyi babanje mu kibuga:


Bugesera FC XI: Nsabimana Jean de Dieu (GK, 1), Nimubona Emery 11, Niyibizi Pierro 22, Mugwaneza Pacifique 25, Nkusi Prince 2, Munyabuhoro Jean d'Amour 16, Nzigamasabo Steve 8, Niyitegeka Idrissa 22, Ntwari Jacques 23, Rucogoza Djijad 4, Sasmson Irokan Ikwecuku 10.


Rayon Sports XI: Mazimpaka Andre (GK,30), Iradukunda Eric 14, Eric Rutanga Alba 3, Mutsinzi Ange Jimmy 5, Habimana Hussein 20, Manzi Thierry (C,4), Niyonzima Olivier Sefu 21, Mugheni Kakule Fabrice 27, Manishimwe Djabel 10, Mugisha Gilbert 12, Ulimwengu Jules 7.


Mazimpaka Andre umunyezamu wa Rayon Sports ahamagara bagenzi be 


Mugheni Kakule Fabrice (27) akurikiwe na Nzigamasabo Steve (8)


Bikorimna Gerard (Ibumsoo) wahoze muri Bugesera FC aganira na Kwizera Janvier (Iburyo) umunyezamu wa Bugeserra FC


Nsabimana Jean de Dieu (1) aguruka ashaka umupira 



Nimubona Emery umukinnyi washimishije abantu nyuma yo kwitanga cyane mu bwugarizi bwa Bugesera FC


Niyonzima Olivier Sefu azamukana umupira acunzwe na Jacques Ahishakiye 



Rucogoza Djihad yananiwe asigira abandi


Ubwo Rayon Sports yari ibonye penaliti



Nsabimana Jean de Dieu akuramo penaliti


Manishimqwe Djabel yagize imvune arasohoka

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Elie 5 years ago
    Ulimwengu Ntazongere gutera penaliti kandi muri rusange rayon yige gutera penaliti ,murabizi kuri mukura twarasebye tureba igikombe, kuri gicumbi, adukuye muri course ya championant, ibi niki ?¿





Inyarwanda BACKGROUND