RFL
Kigali

50 Cent yatatse igiti cya noheli akoresheje inkweto zahoze ari iz'umukunzi we

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:19/12/2018 16:09
0


Curtis James Jackson III uzwi cyane nka 50 Cent ni umwe mu byamamare badatinya kuvuga icyo batekereza, kuri ubu yatatse igiti cya noheli akoresheje inkweto zahoze ari iz’umukunzi we avuga ko yari yabuze indi mitako yakoresha.



Iki giti cya noheli cyari gishyigikiwe ahagana hasi n’amakarito menshi yavuyemo inkweto, ni mu gihe inkweto zo zari zigiye zitatse igiti mu wanya w’amatara n’indi mitako abandi bakunze gushyira kuri iki giti cya noheli.

50 cent yagaragaje ko izi nkweto impamvu zasigaye aho ari uko uwo bahoze bakundana yagombaga kujyana ibyo yazanye. Yagize ati “Nabuze imitako nashyira ku giti cyanjye, nkoresha bimwe mu byahoze ari iby’umukunzi wanjye. Yego, yagombaga kujyana ibyo yaje afite. (aseka)”

50 Cent

Uyu mugabo yamenyekanye cyane nk’umuraperi, alubumu ze nka ‘Get Rich Or Die Tryin’ ‘Curtis’ n’izindi zamugize umwe mu baraperi bakomeye muri Amerika. Kuri ubu 50 Cent ni umuyobozi muri filime y’uruhererekane ‘Power’ yanahoze akinamo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND