RFL
Kigali

Guhura n’ikipe iri mu myanya yo hasi ni urugamba rukomeye-ALBERT MPHANDE

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:12/12/2018 14:50
0


Kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukuboza 2018 ubwo hakinwaga umunsi wa munani wa shampiyona, Police FC yasuye Etincelles FC banganya 0-0 kuri sitade Umuganda. Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC yishimiye inota rimwe anavuga ko rivuye kure bitewe nuko guhura n’ikipe iri mu myanya yo hasi bisaba imbaraga.



Aganira n’abanyamakuru nyuma y’umunota wa 90’, Albert Mphande yavuze ko abakinnyi ba Police FC bitanze imbere ya Etincelles FC yari mu rugo. Gusa ngo bahuye n’akazi gakomeye kuko ngo burya ikipe iri mu myanya yo hasi iba ifite imbaraga n’ubushacye buri hejuru.

“Inota rimwe riruta cyane gutsindwa umukino nk’uyu wo hanze. Abasore banjye uyu munsi nabibonye ko bahuye n’akazi gakomeye kuko burya gusura ikipe iri mu myanya yo hasi nyamara isanzwe iza mu makipe y’imbere, bitanga akazi gakomeye. Iyo utahatsindiwe utaha ushima Imana”. Albert Mphande

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC 

Agaruka ku bakinnyi be, Albert Mphande avuga ko bagerageje kwitwara neza ariko ko umurava n’imbaraga bagaragaje ku mukino batsinzemo Marines ibitego 3-2 byari butandukanye nuko bitwaye i Rubavu.

“Imyitwarire nabonanye abakinnyi banjye ntsinda FC Marines ntabwo ariko nabasanze duhura na Etincelles FC kuko wabonaga bafite ubushake butari bwinshi ndetse n’uburyo banyiyeretse kuri Marines FC byari bitandukanye n’uyu munsi twaboneyeho inota”. Mphande

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza 

Muri uyu mukino, Albert Mphande yari yakoze impinduka imwe ugereranyije n’uburyo yakoresheje ahura na FC Marines kuwa Gatandatu tariki ya 8 Ukuboza 2018. Nyuma yo kuba Niyondamya Patrick yari yabonye ikarita itukura ku mukino na FC Marines, byatumyeb Mitima Isaac amusimbura mu mutima w’ubwugarizi afatanya na Manzi Huberto Sinceres.

Muvandimwe Jean Marie Vianney yugariraga aca ibumoso naho Mpozembizi Mohammed agaca iburyo nk’ibisanzwe. Eric Ngendahimana akaba na kapiteni wa Police FC yafatanyaga na Mushimiyimana Mohammed, Peter Otema akajya imbere yabo.

Iyabivuze Osee yatangiye aca iburyo nk’ibisanzwe, Hakizimana Kevin bita Pastole agaca ibumoso bityo Bahame Alafat agataha izamu.

11 ba Police FC  babanje mu kibuga

11 ba Police FC  babanje mu kibuga

Abakinnyi ba POlice FC bajya mu kibuga cyabo

Abakinnyi ba POlice FC bajya mu kibuga cyabo 

11 ba Etincelles FC babanje mu kibuga

11 ba Etincelles FC babanje mu kibuga 

Mu gusimbuza, Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC yakuyemo Hakizimana Kevin ashyiramo Niyibizi Vedaste, Cyubahiro Janvier asimbura Bahame Alafat naho Ndayishimiye Antoine Dominique asimbura Peter Otema wari wamaze kubona ikarita y’umuhondo muri uyu mukino.

Cyubahiro Janvier yasimbuye Bahame Alafat

Cyubahiro Janvier yasimbuye Bahame Alafat

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira yasimbuye Peter Otema

Ndayishimiye Antoine Dominique (14) yasimbuye Peter Otema

Niyibizi Vedaste yasimbuye Hakizimana Kevin

Niyibizi Vedaste (Ibumoso) na Nzarora Marcel (Iburyo)

Niyibizi Vedaste (4) yasimbuye Hakizimana Kevin 

Ndayisaba Saidi Hamis umwe mu basifyzi basifuye uyu mukino

Ndayisaba Saidi Hamis umwe mu basifyzi basifuye uyu mukino

Nzabanita David ntabwo yabonye umwanya wo gukina

Nzabanita David ntabwo yabonye umwanya wo gukina 

Muhinda Bryan undi mukinnyi utarakinnye

Muhinda Bryan undi mukinnyi wa Police FC utarakinnye 

Eric Ngendahimana (24) kapiteni wa Police Fc ashaka inzira

Eric Ngendahimana (24) kapiteni wa Police Fc

Karangwa Enoth umuganga wa Police FC

Karangwa Enoth umuganga wa Police FC

Abakinnyi ba Police FC barimo Eric Ngendahimana (Ibumoso), Mitima Isaac (Hagati) na Muvandimwe JMV (Iburyo) bishyushya

Abakinnyi ba Police FC barimo Eric Ngendahimana (Ibumoso), Mitima Isaac (Hagati) na Muvandimwe JMV (Iburyo) bishyushya

Abakinnyi barimo; Cyubahiro Janvier (Ibumoso), Ishimwe Issa Zappy (Hagati) na Nzabanita David (Iburyo) bava mu rwamabariro

Abakinnyi barimo; Cyubahiro Janvier (Ibumoso), Ishimwe Issa Zappy (Hagati) na Nzabanita David (Iburyo) bava mu rwamabariro

Ruhamiriza Eric umuyobozi ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA  na Ruboneza Prosper (Iburyo)

Ruhamiriza Eric umuyobozi ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA  niwe wari ushinzwe kureba imigendekere y'umukino 

Niyintunze Jean Paul umutoza ushinzwe kongera ingufu z'abakinnyi muri Police FC

Niyintunze Jean Paul (Ibumoso) umutoza ushinzwe kongera ingufu z'abakinnyi muri Police FC na Nshimiyimana Maurice Maso (Iburyo) umutoza wungirije  

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC atera imipira iteretse igana mu izamu

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC atera imipira iteretse igana mu izamu 

Abakinnyi ba Police FC bajya inama

Abakinnyi ba Police FC bajya inama 

Isengesho rya Police FC i Rubavu

Isengesho rya Police FC i Rubavu 

Peter Otema abuzwa inzira yanyuzamo umupira

Peter Otema abuzwa inzira yanyuzamo umupira kuko Nahimana Isiaka yari yamufatiye inyuma

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

 Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza 

Mushimiyimana Mohammed ku mupira

Mushimiyimana Mohammed umukinnyi umaze kugaruka ku rwego bitandukanye n'uko shampiyona yatangiye ameze

Mushimiyimana Mohammed umukinnyi umaze kugaruka ku rwego bitandukanye n'uko shampiyona yatangiye ameze

Iyabivuze Osee wavuye muri Sunrise FC  yahise agira ikibazo mu kibero

Iyabivuze Osee ku mupira imbere ya Nahimana Isiaka (11)

Iyabivuze Osee ku mupira imbere ya Nahimana Isiaka (11)

Peter Otema ashaka nzira mu bakinnyi ba Etincelles FC

Peter Otema ashaka nzira mu bakinnyi ba Etincelles FC

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND