RURA
Kigali

Umutoza wa Arsenal yarakaye cyane! Amahirwe ku gikombe angana gute?

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:23/02/2025 12:02
0


Ikipe ya Arsenal yongeye gutakaza icyizere cyo kwegukana igikombe cya shampiyona y'u Bwongereza nyuma yo gutsindirwa ku kibuga cya West Ham igitego 1-0 ku mukino wabaye ku wa Gatandatu.



Ikipe ya Mikel Arteta yari izi ko gutsinda uwo mukino byari kuyihesha amahirwe yo kwegera ikipe ya Liverpool iyoboye urutonde rwa shampiyona, cyane cyane ko yo ikina na Manchester City kuri iki Cyumweru.

Arsenal yari kuba ifite umukino umwe w’inyongera wayifasha guhatanira igikombe.

Nyamara ibyo byose byasubiye irudubi, nyuma y’uko igitego kimwe cyatsinzwe na Jarrod Bowen cyahesheje West Ham intsinzi. Ibi byarakaje cyane Arteta, watangaje ati: "Ndarakaye cyane. Uburyo twakinnye ntabwo buri ku rwego rw’ikipe yifuza igikombe. Njye n’abakinnyi tugomba kwireba mu ndorerwamo tukamenya aho twacitse intege."

Arsenal yagaragaje intege nke mu busatirizi, kuko mu mukino wose yateye amashoti abiri gusa agana mu izamu, mu gihe ubwo bahuraga bwa mbere muri shampiyona, bari bayitsinze ibitego 5-2 ku kibuga cyayo.

Mu gihe Arsenal yari igishakisha igitego cyo kwishyura, ibintu byabaye bibi kurushaho ubwo Myles Lewis-Skelly yahabwaga ikarita itukura mu minota 17 ya nyuma yo gukurura Mohammed Kudus wari ugiye kwinjira mu rubuga rw'amahina.

Arteta yagize ati: "Twifuzaga kwitwara neza mu gice cya kabiri, ariko gukina turi 10 byatugoye cyane. Byabaye urwitwazo ku ntsinzwi yacu, kandi tugomba kubyigiraho."

Mu gihe Arsenal yatsindwaga, Liverpool yakomeje urugendo rwayo idatsindwa, bigatuma ubu amahirwe ya Arsenal yo gutwara igikombe agabanuka ava kuri 15.13% agera kuri 8.14%, mu gihe aya Liverpool yazamutse agera kuri 91.76%, nk'uko ubushakashatsi bwakozwe n'ikinyamakuru Opta bubigaragaza.

Nubwo Arsenal iri gukina idafite abakinnyi bayo bakomeye nka Bukayo Saka, Gabriel Martinelli na Gabriel Jesus, Arteta yanze kubyitwaza. Yagize ati: "Ntabwo imvune ari ikibazo. Dufite abakinnyi beza. Tugomba gukina neza, tukagumana icyerekezo cyo gutsinda."

Umutoza wa Arsenal ahangayikishijwe n'imyitwarire y'ikipe atoza

Gutsindwa kwa Arsenal byazamuye icyizere cyo kwegukana igikombe kuri Liverpool

Arsenal ifite imikino 12 isigaje, irimo uwo izahuramo na Liverpool ku wa 10 Gicurasi, umunsi ushobora guhindura byinshi ku cyizere cy’igikombe

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND