RURA
Kigali

Hari abagikoresha 2G! U Rwanda mu nzira zo kongera igipimo cy'ahagera internet ifite ingufu

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:13/03/2025 14:07
0


Leta iteganya kongera igipimo cy'ahagera internet ifite ingufu kikagera kuri 97% by'ubuso bw'u Rwanda.



Ibi, byatangajwe na Minisitiri w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, watangaje ko kugeza ubu 58% by'Abanyarwanda bakoresha umuyoboro wa internet wa 4G. Ni mu gihe abagikoresha 2G ari 16.6% naho abakoresha 3G bakaba ari 25.8%.

Ubwo yaganiraga n'Abadepite bagize Komisiyo y'Imiyoborere, Ubwuzuzanye bw'abagabo n'abagore, Minisitiri Paula yavuze ko kugira ngo imibare yiyongere kuri urwo rwego, byatewe n'uko Leta yagiye ikora ibishoboka byose mu gushyiraho iri koranabuhanga bikanajyana no gufasha abaturage kurigeraho.

Ati: "Impamvu mubona ko 4G yagiye izamuka, ni umukoro Guverinoma yashyizeho kugirango iyo dushyizeho ikoranabuhanga, habeho uburyo bushobora korohereza abaturage kugirango babashe kuba barigeraho.”

Yatangaje ko gahunda Leta y'u Rwanda ifite yo kongera ahagera internet ifite ingufu ya 4G, izagerwaho binyuze mu kongera iminara 250 ku yari isanzwe mu Gihugu.

Ati: “Kandi ni na byo tuba twifuza, ngo abaturage benshi bagende bava kuri tekinoloji za 2G, 3G, bagenda bagana kuri 4G kuko niyo yihuta cyane, niyo ikora neza, niyo twifashisha mu ikoranabuhanga umunsi ku wundi, ari na byo bizanadufasha kugira ngo dushyireho ingamba zo kugira ngo na 5G na 6G zizagende zigerwaho uko tugenda twubaka ubushobozi bwacu mu bijyanye n’ikoranabuhanga.”

Kugeza ubu, mu Rwanda habarurwa iminara 1760 mu gihe kugira ngo ubuso bw’Igihugu 98% bugerweho na internet hakenewe iri hagati ya 2400-2600.

Minisitiri Ingabire Paula kandi, yaboneyeho gutangaza ko u Rwanda rugiye gushyiraho ikigo cya ‘Cyber Academy’, cyitezweho kwigisha ibirebana n’ikoranabuhanga n’uburyo ryakwifashishwa mu ngeri zitandukanye. 

Yashimangiye ko uyu mwaka wa 2025 uzarangira u Rwanda rufite icyo kigo cyatekerejweho nk'imwe mu ngamba zizafasha mu kurinda umutekano mu ikoranabuhanga mu Gihugu.

Minisitiri w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yatangaje ko Leta y'u Rwanda igiye kongera igipimo cy'ahagera internet ifite ingufu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND