RURA
Kigali

Umutoza wa Liverpool yahanwe bikomeye cyane nyuma yo kubwira nabi umusifuzi ku mukino wa Everton

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:5/03/2025 9:02
0


Umutoza wa Liverpool, Arne Slot, yahawe ibihano bikakaye nyuma yo gushinja umusifuzi Michael Oliver kuba imbogamizi ku rugamba rwo gutwara igikombe cya shampiyona. Ibi byabaye nyuma y'umukino wa Merseyside Derby, aho Liverpool yanganyije na Everton ibitego 2-2 mu kwezi gushize.



Slot yagaragaje uburakari bwinshi nyuma y’uyu mukino, aho yagiye impaka na Oliver ndetse n’umusifuzi wo ku ruhande, bituma ahabwa ikarita itukura. 

Ibi byatumye ahagarikwa imikino ibiri ndetse acibwa amande y’amapawundi £70,000 n’akanama k’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza (FA).

Raporo y’umusifuzi Oliver ivuga ko Slot yamubwiye ati: “Nituramuka dutakaje igikombe cya shampiyona, nzabigushinja.” 

Ariko Slot yaje kubihakana, avuga ko ahubwo yavuze ati: “Nituramuka dutakaje igikombe, nzaba mfite wowe wo gushimira kuri ibyo.”

Nyuma yo gusesengura impaka zavutse, komisiyo ya FA yanzuye ko amagambo Slot yashinjwaga ari yo yari yabayeho koko, ishimangira ko imyitwarire ye yari mibi. 

N’ubwo habayeho impaka ku magambo nyirizina, FA yavuze ko ibi bitagize icyo bihindura ku bihano bye, kuko imyitwarire nk’iyo idakwiriye umutoza mukuru.

Slot yaje kwemera ko imyitwarire ye yari mibi, avuga ko ibyemezo bimwe byafashwe muri uwo mukino byatumye arakara bikabije. 

Yagize ati: “Icyo gihe nari mfite amarangamutima menshi. Nahisemo kujya mu kibuga aho kuguma inyuma ngo mvugane na Michael Oliver mu mutuzo. Ubu sinakongera gukora ikosa nk’iryo.”

N’ubwo yahanwe, Slot yagaragaje kwicuza, ndetse yatanze imbabazi mu ruhame no mu buryo bwihariye. Ibi byatumye amande ye agabanuka, ava kuri £100,000 agera kuri £70,000, kubera ko yagaragaje kwicisha bugufi no kwemera ikosa rye.

Mu minota ya nyuma y’umukino, habaye akavuyo kenshi. James Tarkowski yatsindiye Everton igitego nyuma y’isuzuma rya VAR, gusa Liverpool yagaragaje ko batishimiye icyo gitego kuko bumvaga ko hari habayeho ikosa ryakozwe na Beto kuri Ibrahima Konate.

Byongeye, umukinnyi wa Everton, Abdoulaye Doucoure, yishimiye igitego imbere y’abafana ba Liverpool, bigatera ubushyamirane na Curtis Jones wa Liverpool. Aba bombi bahise bahabwa amakarita atukura.

Naho umutoza wungirije wa Liverpool, Sipke Hulshoff, na we yahanwe nyuma yo kugaragara yegera umusifuzi Oliver mu buryo bw’agasuzuguro, bikamuviramo guhagarikwa imikino ibiri no gucibwa £7,000.

Slot azagaruka mu kazi nyuma yo kurangiza igihano cye, aho umukino we wa mbere uzaba nyuma y’ikiruhuko cy’imikino mpuzamahanga, ubwo Liverpool izacakirana na Newcastle mu mukino wa nyuma wa Carabao Cup ku wa 16 Werurwe.

Liverpool iri ku mwanya wa mbere muri Premier League n’amanota 13 irusha ikipe ya Arsenal iyikurikiye.

Umutoza wa Liverpool yahaniwe kubwira umusifuzi ko ikipe ye nidatwara igikombe cya shampiyona ari we uzabibazwa

Ku mukino Liverpool yanganyijemo na Everton umutoza wayo Arne Slot yeretswe ikarita itukura kubera amagambo mabi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND