RURA
Kigali

ECAHF Handball: Police HC na APR HC ziri mu nzira igana ku gikombe nyuma yo gutsinda imikino ya 1/4

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:20/12/2024 10:12
0


Amakipe ya Police HC na APR HC yageze muri 1/2 cy’irushanwa ry’amakipe yo muri Afurika y’i Burasirazuba n’iyo hagati (ECAHF Handball), nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya 1/4 yabaye kuri uyu wa Kane.



Police HC yatsinze Gicumbi HT ku bitego 32-22, umukino watangiye utungurana kuko igice cya mbere cyarangiye Police HC iri imbere n'ibitego 13-10 gusa. APR HC, izahura na Police HC muri 1/2, nayo yitwaye neza isezerera UB Sports ku bitego 47-30. Igice cya mbere cy’uyu mukino APR HC yagisoje iri imbere n'ibitego 25-16.

Uretse Police FC na APR HC zakinnye muri ¼ amakipe nka NCPB yo muri Kenya yakuyemo Juba City iyitsinda ibitego 62-10, naho S.O.S HC yo mu Burundi yatsinze COBRA yo muri Sudani y’Epfo ku bitego 46-37.

Imikino ya ½ iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu aho Saa kumi n’igice z’umugoroba NCPB ihura na S.O.S HC. Naho Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba Police HC izakina na APR HC mu mukino utegerejwe na benshi.

Amakipe yatsinzwe mu mikino ya 1/4 nayo ntiyicaye ubusa, aho arahatanira imyanya, Saa sita z’amanywa COBRA irakina na Juba City. Saa saba n’igice UB Sports icakirana na Gicumbi HT.

Mu bagore, umukino wa nyuma uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa cyenda z’igicamunsi, ukaba ari ari umukino ugaragaza ikipe itwara igikombe mu cyiciro cy’abagore.

 

Police  HC nyuma yo gusezerera Gicumbi iracakirana na APR HC

APR HC ifite akazi gakomeye ubwo iza guhura na Police HC muri 1/2






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND