RURA
Kigali

Miss Nimwiza Meghan yabatijwe

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:29/05/2024 7:23
0


Miss Rwanda 2019 Nimwiza Meghan yabatijwe, yinjira mu muryango mugari wabakiriye Yesu Kristo nk’Umwami n’umukiza.



Abantu benshi bakomeje kurata amashimwe Miss Rwanda 2019 Nimwiza Meghan wanabaye umuvugizi w’iri rushanwa ry’ubwiza yegukanye.

Miss Rwanda 2018 Iradukunda Liliane yagize ati”Itangiriro rishya ndishimye ntewe n’ishema na we Megs.”

N’abandi batandukanye bakomeje kumwifuriza guhirwa mu buzima bushya yinjiye n’urugendo atangiye.

Nimwiza Meghan akaba yabatirijwe mu rusengero rwa Christian Life Assembly ku mugoroba wo ku wa 28 Gicurasi 2024.


Meghan Nimwiza yavutse mu Kwakira 1998, ni imfura mu bana 3 b’abakobwa bavukana nawe. Yize amashuri abanza muri ‘Complex Scolaire les Petits Poussins’ icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye acyiga muri ‘Wellspring Academy’ asoreza ayisumbuye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya ‘SOS’.

Yaje gukomereza muri Kaminuza ya Mount Kenya, aho yiga amasomo y’icungamari. Meghan akunda gusoma, kuririmba no gutembera ariko akishimira biruseho kuba ari kumwe n’inshuti n’abavandimwe gusumba ibindi. Mu mabyiruka ya Meghan, yizeraga ko gukorera rubanda ari ikintu cy’ingenzi gusumba ibindi byumwihariko kuvugira abakandamijwe bakiri bato kandi abahoza ku mutima.

Yakoranye n’umuryango mpuzamahanga wa HOPE mu kurwanya ubukene mu bagabo n’abagore bakangurirwa kwizigamira. Ubwo yari afite imyaka 20, nibwo yinjiye mu marushanwa y’ubwiza ya Miss Rwanda, hari mu mwaka wa 2019 maze aza kuritsinda yambikwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda w’umwaka wa 2019.

Afite inzozi, nk’umuntu ukunda ubuhinzi bukozwe kinyamwuga zo kuzagira impinduka atanga mu mpinduramatwara y’ikoranabuhanga ryifashishwa mu buhinzi, no mu gihe yari afite ikamba yagiye afasha mu bikorwa binyuranye byumwihariko byibanda ku buhinzi. Yabaye umuyobozi mukuru w’itumanaho n’umuvugizi wa ‘Miss Rwanda’.Nimwiza Meghan akomeje kuratwa amashimwe n'inshuti n'abavandimwe ku ntamabwe yateye Akanyamuneza ni kose kuri Nimwiza Meghan wabaye umuvugizi wa Miss Rwanda igihe kitari gitoNimwiza Meghan yabatijwe ku mugoroba washize mu rusengero Christian Life Assembly






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND