RFL
Kigali

Kenny Sol na Okkama baritegura guhuza amaboko nk’abagabo nyuma y’ubusore

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:24/04/2024 20:58
0


Rusanganwa Norbert [Kenny Sol] wamaze gushyira hanze ‘2 in 1’ igaragaramo umugore we, ategerejwe mu wundi mushinga yakoranye na mugenzi we Ossama Masut Khalid [Okkama].



Kenny Sol ari mu bahanzi bamaze kwinjiza abantu mu bihe by’impeshyi ‘Summer’ mu ndirimbo yihariye yise ‘2 in 1’ yatuye umugore we unayigaragaramo, imfura yabo n’abantu bose bari mu rukundo.

Gusa mu bihe bitari ibya kure yiteguye gushyira indi ndirimbo nayo yamaze kurangira mu rwego rwo gukomeza gusabana n’abafana be.

Hari kandi indi ndirimbo yahuriyemo na Okkama na yo yamaze gutegurwa ikazaba igiye hanze nyuma y'uko ubwo bari bakiri abasore bahuriye muri ‘Lotto’.

Ubucuti bwabo n’imikoranire babikomeje no mu gihe bamaze kuba abagabo aho Okkama ubu ameranye neza na Trecy Teta ndetse Imana yamaze kubaha imfura yabo.

Ni mu gihe Kenny Sol na Kunda Alliance Yvette nabo bameze neza bakaba bitegura imfura yabo.

Mu kiganiro na inyaRwanda, Okkama yagize ati: ”Iyi mpeshyi ndabatamo rwose ngiye kubanza gusohora indirimbo nakoranye na Kenny Sol, hari n'indi mishinga nzabatangariza bidatinze.”

Kenny Sol [Spectacular] na Okkama [Timini] ni abahanzi bamaze kwigwizaho igikundiro kandi bakora umuziki banize, bakaba inshuti byihariye aho bakomeje bafatanya mu bikorwa bitandukanye.

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO '2 IN 1' NSHYA YA KENNY SOL

">

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO 'LOTTO' YA OKKAMA NA KENNY SOLKenny Sol n'umugore we yanifashishije muri '2 in 1' baritegura kwibaruka imfura yaboIndirimbo Kenny Sol yashyize hanze yayituye abakunda bose ikaba yitsa ku buryohe bw'urukundoOkkama witegura gushyira hanze indirimbo yakoranye na Kenny Sol aha yari kumwe  na Trecy Teta umugore we banafitanye umwana Trecy Teta ari n'imfura yabo na Okkama bungutse rwagati mu mwaka wa 2023Okkama yavuze ko iy'impeshyi afite imishinga myinshi yifuza gusangiza abakunzi be azatangaza mu bihe bya vuba






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND