Imyembe iri mbuto nziza zikenewe mu mubiri wa muntu bitewe na vitamini z’igitangaza ziwurimo ariko rukaba rumwe mu zikenewe mu mubiri ku bashakanye bagiye gutera akabariro n'abandi babyemerewe n'amategeko kandi babyumvikanyeho, rukabafasha kwishima cyane.
Healthine itangaza ko imirire yawe igira uruhare
runini mu mikorere yawe umunsi ku wundi ndetse ikagira uruhare mu buzima bw’imyororokere
ya buri muntu.
Abatera akabariro bakenera imbaraga n’intungamubiri
bihagije kandi zikava mu mafunguro bafata umunsi ku wundi, hakabaho umwihariko wa
bimwe mu biribwa biribwa mbere yo gutera akabariro, bigafasha abahuriye muri iki
gikorwa.
Inkuru dukesha India.com itangaza ko kurya umwembe
mbere yo gutera akabariro ari amahitamo meza kuko intungamubiri ikungahayeho
zirimo Vitamini E ziringaniza imisemburo ndetse zikongera n’ibyishimo by’abakora
imibonano.
Ni mu gihe BensNaturalHealth batangaza ko umwembe
wongera imbaraga mu buzima bw’amagufa agakomera binyuze mu myunyungugu
ibonekamo, igihe cyo gutera akabariro aba bantu bakaba bafite imbaraga zihagije
batananiwe mu ngingo no mu ntekerezo.
Ikinyamakuru Hims cyo kivuga ko imyembe yiswe “King of Fruits” cyangwa umwami w’imbuto mu Buhinde, bitewe nuko umuntu uwurya yumvamo ironji, pome ndetse n’inanasi mu buryohe bwawo icyarimwe.
Umwembe ukungahaye kuri Calories zongera imbaraga z’umubiri.
Bamwe bita umwembe ko ari urubuto rw’urukundo bitewe n’ibyishimo utanga ku
bagiye kugaragaza urukundo binyuze mu gutera akabariro.
Bamwe mu bahanga bavuga ko imyembe iri mu bintu
bishobora kongera ingano y’igitsina cy’umugabo aho gukoresha ya miti ishobora
no kwangiriza ubuzima bw’umuntu.
Bati “Mu myembe harimo ubushobozi bwo kugenzura
imisemburo y’imibonano mpuzabitsina no kongera ingano y’igitsina cy’umugabo”.
Umwembe ufite vitamini C nyinshi yongera ubudahangarwa bw’umubiri ikagira
uruhare rukomeye rwo kubungabunga uruhu rukamera neza ndetse ikarurinda
kwangirika.
Uru rubuto rufite fibure nkeya rukagira na karori nkeya, ibyo bigatuma iringaniza ibinure mu mubiri.
Uretse kuba yongera ingufu,
ikungahaye kuri vitamini zo mu bwoko bwa B nka nka B1, B2, B5, B6, niacin na
folate, zikenerwa mu kongerera ibyishimo abari mu gikorwa cy’imibonano, ikagira
na Vitamini K ikomeza amagufa ntiyononekare.
Bamwe bafata imyembe bakayivanga n’ubuki, ndetse n’amata, bakabyomeka ku mubiri iminota n’ibura 15 bigatanga uruhu rwiza. Bati “Wibuke ko igikombe kimwe cy’umutobe w’umwembe kirimo garama 225za karori".
Intungamubiri ziri mu mwembe zirinda umubiri
indwara, zikarinda uruhu kwangirika, zikarinda indwara zifata amaso, n'indwara zirimo impatwe “Constipation”, kongera ibyishimo by’abatera akabariro
n’ibindi.
Umwembe uringaniza imisemburo ukongerera abakunzi ibyishimo
TANGA IGITECYEREZO