RFL
Kigali

Naratunguwe ndababara! Umugabo yasobanuye impamvu azapfa atarongoye

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:18/04/2024 21:48
0


Umusore usa n’usaziye mu bugaragu yasobanuye agahinda yahuye na ko ubwo yatumirwaga n’uwo yari yarihebeye, agahita amwereka umusore w’ibigango agiye kumusimbuza mu rukundo bimutera gufata umwanzuro benshi bise ko ugayitse.



Umugabo yabenzwe n’umukobwa nyuma yo kwikokora utwe twose akarihirira umukobwa kaminuza yifuza kuzamugira umugore ndetse akamumenyera n’ibindi yari akeneye nk’aho kuba, ariko mu kanya nk’ako guhumbya akamwanga atamuteguje.

Ubwo yahuraga n’umukobwa akamukunda, yiyemeje kumwitaho nk’umuntu bazabana. Yatangiye kumwishyurira kaminuza no kumuha ibindi byose birimo ibiryo akeneye ku munsi, kwishyura aho kuba, n'ibindi igitsinagore gikunze kugura.

Ubwo yakoraga ikiganiro akabazwa iyo nkuru ye, yatashwe n’agahinda kenshi afatwa n’ikiniga avuga ko mu byamubabaje harimo akayabo k’amafaranga yatanze ku mukobwa, ariko agashengurwa n’uburyo yabenzwemo.

Ubwo yari mu rugo iwe, yabonye terefoni imuhamagara asanga ni umukobwa bakundana, amusaba kumusura iwe igitaraganya amubwira ko amufitiye agashya “Surprise”.

Ubwo yageraga iwe, yatunguwe no kubona undi mugabo, umukobwa amubwira ko yifuje kumwereka umugabo bagiye kubana, umugabo nawe akubitwa n’inkuba yumva afashwe n’isereri.

Inkuru dukesha Face of malawi ivuga ko uyu mugabo yatakaje arenga miliyoni y’amadorari yishyura amafaranga y’ishuri gusa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND