Umugore yabyiniye ku rukoma nyuma yo kwibaruka inshuro eshatu abyara impanga akaba amaze kugira abana batandatu mu buryo atigeze atekereza mu buzima bwe.
Mu mashusho yanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’uyu
mugore zirimo na TikTok yashimiye nyagasani wamuhaye umugisha utangaje agahira
imbuto ziri mu mubiri we, uko abyaye akabyara impanga nziza zidafite ikibazo
namba.
Ubwo yatwitaga inda ya mbere yibarutse umuhungu n’umukobwa,
ubwa kabiri atwita abana b’abakobwa babiri b'abakobwa, naho inshuro ya gatatu asama inda
yavutsemo abahungu babiri.
Uyu mugisha utangaje wamuteye kunezerwa asangiza
abamukurikira ibyiza yabonye ndetse avuga no ku munezero uza mu mutima w’umugore nyuma
yo kwitwa umubyeyi, akarusho w’impanga.
Abamukurikira batereye hamwe impundu batangazwa n’ibyo
byiza yakiriye ubugira gatatu, bamufasha gushimira Imana yamuhaye kororoka
akarera abana beza cyane yahawe nk’impano imuvuyemo.
Umwe yagize ati “Nkunda impanga rwose! Ndifuza kuzazibyara.
Umukunzi wanjye ni impanga, ndetse biri mu byatumye muhitamo kuko nifuzaga kuzazibyara”.
Source: Legit.ng
TANGA IGITECYEREZO