RFL
Kigali

I Kigali hasojwe amahugurwa y’abakaratika basaga 60 yari agamije kuzamurira urwego rwa Karate mu Rwanda

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:11/03/2024 11:58
1


Kuri iki cyumweru mu mujyi wa Kigali, hasojwe amahugurwa y’abakaratika basaga 60, bavuye mu makipe atandukanye hano mu Rwanda, aho bahuguwe ku buhanga bw’uyu mukino ndetse n’uburyo wakomeza gutera imbere mu Rwanda.



Ni amahugurwa yamaze iminsi 2, aho yatangiye ku wa 6 tariki 9 Werurwe, akaba yarashojwe kuri iki cyumwe tariki 10 Werirwe. Aya mahugurwa kandi, akaba yarabereye ku kigo cya Kigali Elite Sports Academy(KESA), ayoborwa na Sensei James Opiyo ukomoka muri Uganda akaba impuguke muri uyu mukino.

Ni amahugurwa yateguwe na Kigali Elite Sports Academy ku bufatanye na Federasiyo ya Karate mu Rwanda (FERWAKA). Sensei James Opiyo watanze aya mahugurwa, yari aje ku nshuro ya kabiri mu Rwanda, akaba yishimiye urwego karate yu Rwanda iriho imaze kugera kugeraho.

Nkurunziza Jean Claude wateguye aya mahugurwa akaba n'umuyobozi wa (KESA), yashimiye abitabiriye aya mahugurwa,abasaba ko ubumenyi bakuyemo bagomba kubusangiza abandi. Yashimiye kandi byimazeyo Sensei OPIYO James ku mwanya yabahaye cyane ko kumubona biba bitoroshye.

Rurangirwa Guy uyobora Japan Karate Association (JKA), akaba ari umwe mu bitabiriye aya mahugurwa, yashimiye cyane abateguye aya mahugurwa. Ababwira ko ibi ari iby'agaciro kuko ari ukubaka karate nyarwanda no gufasha abakiri bato no kubaha iby'ingenzi muri uyu mukino cyane ko kwiga ari uguhozaho, ndetse yibutsa abitabiriye aya mahugurwa ko kubona umutoza uri ku rwego nk’uru ari umugisha.

Niyongabo Damien umuyobozi w'urugaga nyarwanda rw'umukino wa karate, yashimiye cyane abateguye aya mahugurwa, bakanazana umwarimu uri ku rwego mpuzamahanga kugirango atange ubumenyi ku bakaratika b’u Rwanda yasabye kandi abandi bakaratika bakuru n'abandi bose bajya bategura amahugurwa ko bakwiriye gushyigikirana bagasenyera umugozi umwe cyane ko byose ari ukubaka karate y’u Rwanda. 




James Opiyo ni inshuro ya kabiri aje mu Rwanda gutanga amagurwa, kuko no muri Mata mu 2023 yari mu Rwanda





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Isahaka1 week ago
    Oss, bari n'abategarugori ko tubona atabarimo?? Cyangwa ntibivugwa ngo bimenyekane, bitabire amahugurwa? Namaste





Inyarwanda BACKGROUND