Nyuma yo kunyurwa n’indirimbo ze ubwo yari muri Sports, Ambasaderi w'u Rwanda mu Buholandi,Olivier Nduhungirehe, yabwiye umuhanzikazi Bwiza ko umwaka wa 2024 uzamubera mwiza, kandi impano ye izamenyekana ku rwego Mpuzamahanga.
Yabitangaje
yisunze ubutumwa uyu muhanzikazi wo muri Kikac Music Label, yanyujije kuri
konti ye ya X agaruka ku bihe bimwe by’ingenzi byaranze urugendo rwe rw’umuziki
mu 2023.
Uyu mukobwa
yifashishije indirimbo ye ‘Soja’ yakoranye na Juno Kizigenza, yavuze ko umwaka
wa 2023 wamubereye urugendo rudasanzwe mu muziki we.
Iriya
ndirimbo ayisobanura nk’igihangano cyegereye umutima we, kandi yashibutse mu
bufatanye yagiranye na ‘musaza we’ akaba n’inshuti ye Juno Kizigenza.
Bwiza
yasobanuye ko 2023 wabaye umwanya wo ‘guhanga no gukura’, kandi yishimira
‘inkunga’ yahawe na Juno Kizigenza kugeza iyi ndirimbo ikozwe.
Ni imwe mu
ndirimbo z’uyu muhanzikazi zigize Album ye ya mbere yise ‘My Dream’ yamuritse
mu mezi atanu ashize. Ni album yahuriyeho abahanzi bo mu Rwanda n’abo mu bindi
bihugu.
Iriho
indirimbo nka ‘Carry me’, ‘Mutima’, ‘Soja’ yakoranye na Juno Kizigenza,
‘Rudasumbwa’, ‘Painkiller’, ‘Mr Dj’, ‘Are u ok?’, ‘Tequielo’ na Chriss Eazy,
‘Amahitamo’, ‘Sexioty’, ‘Monitor’ na Niyo Bosco, ‘Do Me’, ‘No Body’ na Double
Jay ndetse na ‘Niko Tam’ yakoranye na Ray Signature na Allan Toniks.
Mu batanze
ibitekerezo ku butumwa bwa Bwiza, ku rukuta rwa X [Yahoze ari Twittter], barimo
Amb.Nduhungirehe wamubwiye ko ibikorwa bye mu 2024 bizamenyekana ku rwego
Mpuzamahanga.
Yamuhaye isezerano, kandi amubwira kuzirikana aya magambo yamubwiye. Nduhungirehe ati “Ijuru rwose rizaba imipaka yonyine kuri wowe, Bwiza! Kumenyekana kw’impano yawe ku rwego mpuzamahanga biragutegereje mu 2024. Uzirikane amagambo yanjye.”
Ku wa 23
Ugushyingo 2023, Nduhungirehe yasohoye urutonde rw’indirimbo 30 za Bwiza
yumvise ubwo yari muri Sports. Rugaragaraho indirimbo zirimo ‘Yiwe’, ‘Wibeshya’
yakoranye na Mico The Best, ‘Rumours’, ‘Rudasumbwa’, ‘Pain Killer’, ‘Exchange’
n’izindi.
Bwiza
aherutse kubwira InyaRwanda, ko umwaka wa 2023 wagenze neza mu rugendo rwe rw’umuziki,
nyuma y’umwaka umwe wari ushize awinjiyemo.
Ni umwaka
yabonyemo ibiraka bikomeye ku rwego rw’umuhanzi, yaririmbye mu bitaramo bya
Trace Awards, akorera ibitaramo i Burayi, Uganda n’ahandi.
Kuri we
afite ashimwe ku muitima. Ati “Nagize amahirwe yo gutaramira hanze y’u Rwanda
byari ibihe byiza ku muhanzi nkanjye.
“Ibyo nari
niteze byo numvaga ntazabonayo abantu bazi umuziki wanjye cyangwa se
badakurikirana neza iby’iwacu ariko siko nabisanze. Nasanze abantu
baradukurikirana cyane indirimbo barazizi ndetse n’abatazizi babaga bafite
amatsiko yo kutumenyaho byinshi. Nasanze rero umukoro munini ari uwacu
kugirango nabo batatuzi tubashe kubagezaho ibihangano byacu kuko bo
baratwiteguye.”
Uyu mwari
yavuze ko ibitaramo yakoreye mu bihugu bitandukanye byamusigiye amasomo yo
kugerageza kuririmba mu ndirimbo buri wese ‘yisangamo’.
Kandi avuga
ko yatangiye urugendo rwo kwiga indimi mpuzamahanga, no kugerageza kuzikoresha
mu bihangano bye bya buri munsi.
Yungamo ati “Nanishimira
cyane ko benshi muri twe bamaze kumva neza imbaraga zabyo ndetse bakagerageza
kubikora.”
Amb.Nduhingirehe
yabwiye Bwiza ko umwaka 2024 uzasiga izina rye rizwi ku rwego Mpuzamahanga
Bwiza
yagaragaje ko umwaka wa 2023 wabaye uwo kwiga no guhanga ibishya
Bwiza yashimiye
Nduhungirehe ku bw’igihangano cyiza bakoranye
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SOJA’ YA BWIZA NA JUNO KIZIGENZA
TANGA IGITECYEREZO