RFL
Kigali

Ukuri ku mukobwa wa UR-Huye wavuzweho gukuramo Inda

Yanditswe na: Dieudonne Kubwimana
Taliki:6/12/2023 10:38
0


Nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Ukuboza 2023, muri Kaminuza y’u Rwanda ishyami rya Huye , habyutse hahwiwiswa amakuru ko hari umukobwa wakuyemo inda, bigahuzwa n’ibiherutse kuba mu minsi ishize,byamenyekanye ko atari inda yavuyemo ahubwo ko ari uburwayi bw'Igifu bwaje gutuma aruka amaraso.



Ubwo InyaRwanda  yashakaga kumenya ukuri ku inkuru ivugwa kuri uyu mukobwa, Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza  muri Kaminuza, Nyirahabimana Theresie, yatubwiye ko  uyu mukobwa atakuyemo inda nk’uko bamwe mu banyeshuri babyemezaga  ahubwo  ko amaraso yavuze byatewe n’igifu.

Ibi byaje kwemezwa na Raporo  yakozwe  n’Ibitaro bya Kaminuza Ishami rya Huye-CHUB , aho byemeje  nyuma y’isuzuma ryakozwe , ryemeje  ko byatewe n'uburwayi bw'igifu   cyatumye aruka amaraso ndetse ko yahawe  imiti ndetse akagirwa n'inama yo gukomeza kwivuza  ubu burwayi.

Mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 01 Ukuboza,2023, nibwo muri Kaminuza  y’u Rwanda ishyami rya Huye , abantu batunguwe no gusanga uruhinja rwapfuye rwajugunywe mu kimoteri   giherereye mu macumbi y'abakobwa yitwa Benghazi,icyo gihe byemejwe ko  ari umukobwa  wakuyemo inda.

Umuntu wese ukuyemo inda  aba akoze icyaha.Iyo abihamijwe n'Urukiko ahanishwa  igifungo   kirati munsi y'Umwaka umwe ariko kitarenze imyaka Itatu  n'Ihazabu  atari munsi y'Ibihumbu 100  Frw ari atarenze  Ibihumbi 200 Frw.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND