RURA
Kigali

Umukinnyi wa APR VC wakubise umutoza we yasabye imbabazi

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:20/11/2023 11:04
0


Umukinnyi wa APR Volleyball Club , Gisubizo Merci, wakubise umutwe umutoza we, Mathieu Rwanyonga yasabye imbababazi.



ku wa Gatandatu w'icyumweru gishize nibwo habaga umukino wa ½ mu Irushanwa Nyafurika ‘Zone V Club Championship 2023’ wahuzaga APR VC na Police VC muri BK Arena.

Muri uyu mukino habayemo ibibazo umukinnyi wa APR VC Gisubizo Merci akubita umutwe umutoza we Mathieu Rwanyonga ku mazuru bitewe n'ubwumvikanye buke aho umukinnyi yari  abajije umutoza we impamvu yari agiye kumusimbuza maze nawe akamusubiza amukurura umwambaro mu ijosi.

Nyuma y'ibyo kuri uyu wa  Mbere yahise yandika asaba imbabazi. 

Muri iyi baruwa yasabye imbababazi umutoza yakubise , abakinnyi,abandi batoza bo muri APR VC ndetse n'abanyarwanda muri rusange avuga ko iyi myitwarire itazongera ukundi.

Iri rushanwa rya Zone V Club Championship 2023 byarangiye ryegukanwe na Police VC yo mu Rwanda mu bagabo ndetse na Pipeline WVC yo muri Kenya mu bagore.


Ibaruwa Gisubizo Merci asaba imbabazi 


Gisubizo Merci (wambaye nimero 3) yakubise umutwe umutoza we









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND