RFL
Kigali

ITANGAZO RITUMIRA ABANYAMIGABANE BA MTN MU NAMA RUSANGE NGARUKAMWAKA YA 2023

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:2/06/2023 14:18
0


Hatumiwe Inama rusange ngarukamwaka ya 3 y’abanyamigabane ba MTN Rwandacell Plc izaba kuwa Gatanu, tariki ya 23 Kamena 2023, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, guhera saa munani (14h00) kugira ngo hasuzumwe ingingo zikurikira, hanemezwe, mu gihe bibaye ngombwa, imyanzuro izaturuka mu isuzuma ry’ingingo ziri ku murongo w’ibyigwa.



A.KU MURONGO W’IBYIGWA

1.Kwakira, gusuzuma no kwemeza, mu gihe bibaye ngombwa, raporo irambuye ya buri mwaka harimo raporo y’Umuyobozi Mukuru n’iy’Umuyobozi Mukuru ushinzwe imari na raporo z’imari zagenzuwe z’umwaka warangiye kuwa 31 Ukuboza 2022, hamwe na raporo y’abagize Inama y’Ubutegetsi n’iy’abagenzuzi bigenga;

 

2.Kumenyekanisha inyungu ku migabane ku mwaka warangiye kuwa 31 Ukuboza 2022 ya 7.04 ku mugabane bingana na Rwf 9,512,100,616 (miliyari icyenda, miliyoni Magana atanu na cumi n’ebyiri, ibihumbi ijana na Magana atandatu na cumi n’atandatu by’amafarangay’u Rwanda) gusa;

3.  GUTORA ABAGIZE INAMA Y'UBUTEGETSI

Gutanga kandidatire z’abagize Inama y’Ubutegetsi bakurikira biyamamariza gusubira mu Nama y’Ubutegetsi:

 

Faustin K Mbundu

Karabo Nondumo

Adriaan Wessels

Michael Fleisher

Julien Kavaruganda

Yolanda Cuba

Mapula Bodibe (washyizweho n’umwanzuro w’abanyamigabane wo kuwa1 Nzeri 2022)

Mark Nkurunziza

4.    Gusuzuma no kwemeza ishyirwaho rya Ernst and Young Rwanda Limited nk’abagenzuzi bigenga ba MTN Rwandacell Plc no guha Inama y’Ubutegetsi uburenganzira bwo kubagenera igihembo;

5.    N’indi ngingo izamenyekanishwa mu buryo bwemewe.

         

Ku wa 30 Gicurasi2023

Bitegetswen’Inamay’Ubutegetsi

MTN Rwandacell Plc

     

Sharon Mazimhaka

Umunyamabanga.

ICYITONDERWA

Kwitabira inama, kuyinjiramo no gutora hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga

Inama rusange ngarukamwaka y’abanyamigabane izakorwa hifashishijwe uburyo ikoranabuhanga initabirwe binyuze mu ikoranabuhanga. Ibijyanye no kwinjira no gutora mu ikoranabuhanga rizifashishwa mu Nama rusange ngarukamwaka bizamenyeshwa abanyamigabane mu gihe iritangazo rizamara.

GUHAGARARIRWA

Umunyamigabane Ufite uburenganzira bwo kwitabira inama no gutora ariko akaba adashobora kuboneka, yemerewe kugena umuhagararira mu nama no mu itora. Si ngombwa ko umuhagararira aba umunyamigabane.

Kugirango ifishi y’ihagararirwa iri ku mugereka w’iritangazo igire agaciro, igomba kuba yujujwe neza n’umunyamigabane, igashyikirizwa abanditsi bacu BK Capital KN 4 Ave, Street Ground Floor, Bank of Kigali Building P.O Box 175 Kigali, Rwanda cyangwa ikoherezwa mu butumwa koranabuhanga kuri (bkcapital@bk.rw & investorrelations.rw@mtn.com) bitarenze saa 10h00 (CAT) kuwa 21 Kamena 2023, bitaba ibyo ikaba nta gaciro ifite. Iyo ari ikigo cy’ubucuruzi, ugihagararira agomba kuba yemejwe mu nyandiko iriho kasha y’icyo kigo.

Raporo z’imari zagenzuwe z’umwaka warangiye kuwa 31 Ukuboza 2022

Hashingiwe ku ItegekoNo4 ryo kuwa 08/02/2021 rigenga amasosiyete y’ubucuruzi mu ngingo yaryo ya 88, Inama y’Ubutegetsi ishyikiriza abanyamigabane mu Nama rusange ngarukamwaka raporo y’ibaruramari, iherekejwe na raporo y’Inama y’Ubutegetsi ndetse na raporo y’umugenzuzi w’imari ku ibaruramari ry’umwaka warangiye kuwa 31 Ukuboza 2022.

Abanyamigabane bagomba kwakira no gusuzuma raporo z’imari zagenzuwe kandi zashyizweho umukono, hamwe na raporo y’Inamay’Ubutegetsi ndetse na raporo y’umugenzuzi w’imari ku ibaruramari ry’umwaka warangiye kuwa 31 Ukuboza 2022.

Kopi koranabuhanga ya raporo irambuye ya buri mwaka n’iya raporo z’imari zagenzuwe iboneka ku rubuga rwa cuarirwowww.mtn.co.rw/investors

Raporo irambuye y’umwaka wa2022

Hashingiwe ku Itegeko No4 ryo kuwa 08/02/2021 rigenga amasosiyete y’ubucuruzi mu ngingo zaryo, iya 164 n’iya 165, Inama y’Ubutegetsi imenyesha abanyamigabane mu Nama rusange ngarukamwaka ibihembo byahawe abagize Inama y’Ubutegetsi n’indi mirimo bakoze mu myaka itanu (5) ishize, uburambe mu kazi bafite n’ibyo basanzwe bakora. Aya makuru akubiye muri raporo irambuye y’umwaka wa 2022 yaMTN Rwandacell PLC.

Abanyamigabane bagomba kwakira no gusuzuma raporo irambuye y’umwaka wa 2022.

Itangwa ry’inyungu ku migabane

Inyungu ku migabane izatangwa kuwa 26 Kamena 2023, byemejwe n’abanyamigabane, ku banyamigabane banditse mu gitabo cy’imigabane kuva kuwa 8 Kamena 2023.

   

IFISHI Y’IHAGARARIRWA YA MTN RWANDACELL PLC

Jyewe/Twebwe_______________________________________________________________CSD A/C No____________aderesi ______________________________________________________ umunyamigabane (abanyamigabane) wa (ba) MTN RWANDACELL PLC, ufite (bafite) imigabane isanzwe _______________, nemereye/ twemereye:

________________________________________________________________________________________

Ufite aderesi_____________________________________________________________ cyangwa, ataboneka, umuyobozi w’inama washyizweho mu buryo bwemewe, kumpagararira/ kuduhagararira, gutora mu izina ryanjye/ ryacu mu Nama rusange ngaruka mwaka (“AGM”) ya MTN Rwandacell PLC izaba kuwa Gatanu, 23 Kamena 2023 saa 14h00 (CAT), cyangwa ikindi gihe yakwimurirwa.

Bishyizweho umukono kuwa __________  ________________________ 2023

Umukono (imikono) _________________________________________________________________________

 

ICYITONDERWA

Umunyamigabane ufite uburenganzira bwo kwitabira inama no gutora ariko akaba adashobora kuboneka, yemerewe kugena umuhagararira mu nama no mu itora. Si ngombwa ko umuhagararira aba umunyamigabane.

Kugirango iyi fishi y’ihagararirwa igire agaciro, igomba kuba yujujwe neza n’umunyamigabane, igashyikirizwa abanditsi bacu BK Capital KN 4 Ave, Street Ground Floor, Bank of Kigali Building P.O Box 175 Kigali, Rwanda cyangwa ikoherezwa mu butumwa koranabuhanga kuri (bkcapital@bk.rw) cyangwa ku Munyamabanga waMTN Rwandacell PLC (investorrelations.rw@mtn.com) bitarenzesaa 10h00 (CAT) kuwa 21 Kamena 2023, bitaba ibyo ikaba nta gaciro ifite.

Iyi fishi y’ihagararirwa igomba kuba mu nyandiko. Iyo ari iy’umuntu ku giti cye, ishyirwaho umukono n’umunyamigabane cyangwa umuhagarariye, yaba ari iy’ikigo cy’ubucuruzi ugihagarariye akaba yemejwe mu nyandiko iriho kasha y’icyo kigo cyangwa igashyirwaho umukono n’ugihagarariye cyangwa umukozi wacyo.  

NB: Ibijyanye no kwinjira mu ikoranabuhanga rizifashishwa mu kwitabira Inama rusange ngarukamwaka bizamenyeshwa abanyamigabane bose mu buryo butaziguye mu gihe iritangazo rizamara.

    





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND