RFL
Kigali

Sobanukirwa n’umunezero uva mu kuririmba indirimbo zihimbaza Imana

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:29/05/2023 21:50
0


Kuririmba indirimbo ziramya zigahimbaza Imana ni ikibwirizwa mu mutima w’umuntu kandi benshi bavuga ko uririmbye aba asenze kabiri. Ariko menya umunezero uva mu kuririmba indirimbo ziramya Imana.



Womendevotion.com ivuga ko umuntu wumva indirimbo zihimbaza Imana ahinduka umutima, mu gihe yari kure y’ijambo ry’Imana akaba yayegera byoroshye binyuze mu munezero n’ibyiyumviro bishya yagize nyuma yo gukunda kumva izi ndirimbo.

Benshi bakunda igice cy’indirimbo kuruta kwigishwa ijambo ry’Imana ndetse ni bake barambirwa kumva ikibwirizwa kinyuze mu ndirimbo.

Abahanga mu kwandika indirimbo bakunze gutekereza amagambo batangamo ikibwirizwa bakaba bayaririmba ubutumwa bukakirwa neza na benshi.

Bamwe mu basesenguye ijambo ry’Imana bavuga ko kuririmbira Imana biguhuza n’ugushaka kwayo ndetse ukayumva mu mutima nk'aho muhorana.

Kuririmba ni inzira yoroshye kuri buri wese mu kuganiriza Imana, kuyishima no kuyisaba ikiri ku mutima wawe.

Uwanditse igitabo cya Zaburi yagarutse ku kamaro ko kuririmbira Imana, ndetse asaba abatuye Isi bose kuvuga ku cyubahiro cy’Imana binyuze mu ndirimbo.

Zaburi 66: 1- 2 yagize ati “Mwa bari mu Isi mwe muvugirize Imana impundu, muririmbe icyubahiro cy’izina ryayo, mwogeze ishimwe ryayo, mubwire Imana muti “Imirimo yawe ko iteye ubwoba, imbaraga zawe nyinshi zizatuma abanzi bawe bose bakumokera”

Abaramyi iyo baganira bavuga ko kenshi kuririmbira Uhoraho bibahuza n’urukundo rw’Imana, bagaca bugufi mu mitima ndetse bagatambutsa ibyifuzo byabo bakoresheje amajwi yabo.

Umuntu udafite umwuka w’Imana biragoye ko amenya uyu munezero kuko hari ubwo afata indirimbo mu mutwe ariko adatekereza kubyo ivuga.

Kuramya Imana mu buryo bw’indirimbo binezeza ubikora kuko umutima w’umuramyi womatana na Kristo ukibagirwa ibibazo n’agahinda kari kakugose

Umugore witwa Slvie yavuze ko mu gukura kwe atigeze yishimira gusenga Imana, nyamara ubwo yakuraga yaje kumenya ko afite impano yo kuririmba, atangira kujya aririmbira Imana maze birangira akunze no gusenga, kuko yari amaze kugira umubano wihariye n’Imana ye agenda ahinduka gahoro gahoro.

Ubwo yatangaga ubuhamya mu gihe cyo kwihana yavuze ko umunezero yagiraga aririmba indirimbo ziramya Imana watumye atangira kwitekerezaho no gutekereza ku byo aririmba asanga akwiye gusanga Imana biruseho.

Kuririmbira Imana  byongerera umuntu ubumenyi bwo gusobanukirwa  ubumana ndetse no kwiyoroshya mu mutima akakira ijambo ry’Imana. Indirimbo zongera umunezero n’ibyishimo iyo uramya Imana bikuvuye ku mutima.

Indirimbo ishobora kukubera isengesho ndetse ukarisenga aho uri hose, waba ugenda mu nzira waba uri mu kazi n’ahandi,ugakomeza kwegera Uwiteka umunsi ku munsi.


Umunezero uva mu ndirimbo ziramya utera abantu gukunda Imana



Abahanzi bavuga ko nta kintu kibaha umunezero nko kuririmba byagera ku ndirimbo z'Imana bikaba akarusho


Icyo utashobora kuvuga mu magambo ukivuga mu ndirimbo kandi Imana irakumva






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND