RFL
Kigali

Kwamamaza ntibirimo! Ibikubiye mu masezerano Rwanda International Movie Awards yagiranye n'abarimo Bahavu

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/05/2023 18:04
0


Amasezerano Rwanda International Movie Awards yagiranye n’abakinnyi ba filime barimo Usanase Bahavu Jannet, avuga ko umukinnyi uzahiga abandi mu cyiciro ‘People’s Choice’ azahabwa imodoka nk’igihembo gikuru, ariko ntavuga ko agomba kuzaba ‘Brand Ambassador’ w’ikigo kizaba cyatanze iyo modoka.



Ku wa 14 Werurwe 2023, buri mukinnyi wahatanye muri Rwanda International Movie Awards yahawe inyandiko y’amasezerano yagombaga gushyiraho umukono mu rwego rwo kugaragaza ko ari umwe mu bahatanye muri ibi bihembo, kandi yemera, akanumva neza amategeko n’amabwiriza agomba gukurikizwa mu irushanwa.

Bati "Bisobanuye ko abahatana bemeye gukorana na RIMA mu bikorwa birimo icyumweru cy’aho abakinnyi ba filime bahura n’abakunzi babo mu bice bitandukanye (Movie week), gufatawa amafoto, amashusho, kujya mu biganiro ku ruhushya bahawe na RIMA n'ibindi.”

Muri aya masezerano bagaragaza amavu n'amavuko y'ibihembo Rwanda International Movie Awards bakagaragaza ko bitegurwa na Ishusho Arts. Kandi ko ibi bihembo byatangiye gutegurwa kuva mu 2012 ku ntego yo guteza imbere Cinema hahembwa abakinnyi ba filime bahize abandi.

Ni ibihembo bihuza abagira uruhare mu gutegura no gutunganya filime, itangazamakuru, abashoramari n'abandi. Bavuga ko bafite intego yo kumenyekanisha impano z'abana b'abanyarwanda, bakabagaragaza ku ruhando Mpuzamahanga. No gutuma filime zo mu Rwanda zihangana n'izindi ku rwego Mpuzamahanga.

Muri rusange, bavuga ko bafite ibikorwa bizahuza abantu mu bice bitandukanye by'u Rwanda. Bakavuga ko umukinnyi uzahiga abandi azahembwa imodoka yo mu bwoko bwa KIA K5 2012 'nk'umukinnyi wahize abandi mu bihembo Rwanda International Movie Awards ku nshuro ya munani'.

Muri aya masezerano Ishusho Arts yagiranye n’abakinnyi ba filime nta hantu bavuga ko uzahabwa iyi modoka agomba kuzaba ‘Brand Ambassador’ wa sosiyete izatanga iyi modoka, cyangwa se iyi modoka izaba iriho ibirango by’iyo sosiyete.

Iyi ngingo niyo itumye Bahavu Jannet watsindiye iyi modoka amaze ukwezi kurenga atarayifata.

Ni mu gihe amasezerano Ishusho Arts yagiranye na Ndoli Safaris, mu gika cya gatanu, agaragaza ko umukinnyi wahize abandi azahabwa imodoka yatanzwe na Ndoli Safaris, ikabaza iriho ibirango by’iyi kompanyi kandi uwo mukinnyi akaba ‘Brand Ambassador’ wayo mu gihe cy’amezi 12 (Ubwo ni ukuvuga umwaka).

Ingingo ya gatanu y’amasezerano, bavuga ko Ishusho Art Organization izishyura 6,250,000 Frw kuri 12,500,000 Frw y’imodoka yo mu bwoko bwa KIA y’ibara ry’umukara Ndoli Safaris yemeye gutanga ku mukinnyi wa filime wahize abandi.

Amasezerano Bahavu Jannet yashyizeho umukono cyo kimwe n'abandi bakinnyi, agaragaza ko 'yemeye gukorana na Rwanda International Movie People mu bikorwa byose, kandi ko ari umwe mu bahatanye mu cyiciro 'People's Choice'.

Yemeza (Umukinnyi) ko yiteguye kujya mu biganiro n'itangazamakuru, gufatwa amafoto n'amashusho n'ibindi bijyanye n'iki gikorwa ndetse n'abandi bafatanyabikorwa bakorana. Aya masezerano asoza agira ati “Ndabisomye ndabyumvise kandi nemeye kubyubahiriza.”

Mu kiganiro aherutse kunyuza kuri Youtube, Bahavu yavuzemo uburyo hari umukinnyi wa filime mugenzi we wamubwiye ko iyi modoka atari we yari igenewe.

Amubwira ko muri rusange kuba yaregukanye iyi modoka ari ibyago ku bategura Rwanda International Movie Awards.

Avuga ati “…Umwe mu bo twari kumwe mu irushanwa yarambwiye ngo iyi modoka ntayo uzabona, ntabwo yabimbwiye mu buryo bw’urwango, yabaye nk’undya akara kuri gahunda yari ihari.”

“Yarambwiye ati ‘imodoka ni njye bashakaga kuyiha kuko nta yihari kandi njyewe bari kunsubiza ayanjye tukagira uko tugabana; kuba waratsinze irushanwa ni ibyago RIMA yagize."

Indi nkuru bifitanye isano: Bahavu asigaranye amahirwe 5% yo guhabwa imodoka: Inyandiko zigaragaza amasezerano bagiye bagirana 

Bahavu ntiyemeranya n’ingingo yo kuba ‘Brand Ambassador’ wa Ndoli Safaris nyuma y’uko atsindiye imodoka 


Amasezerano Rwanda International Movie Awards yagiranye n’abakinnyi ba filime barimo Bahavu 

KANDA HANO UREBE UBWO BAHAVU YEGUKANAGA IMODOKA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND