RFL
Kigali

Bahavu asigaranye amahirwe 5% yo guhabwa imodoka: Inyandiko zigaragaza amasezerano bagiye bagirana

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/05/2023 14:23
0


Ubuyobozi bwa Ndoli Safaris bwatangaje ko umukinnyi wa filime Usanase Bahavu Jannet asigaranye amahirwe angana na 5% yo kuba yahabwa imodoka yatsindiye mu bihembo Rwanda International Movie Awards (RIMA), bashingiye ku mananiza yabashyizeho.



Umuyobozi wa Ndoli Safaris, Uwihanganye Gaju Emile yabwiye InyaRwanda, ati “Iyo utinze birapfa, kandi amahirwe aza rimwe mu buzima. Nakubwira ko asigaranye 5% by’amahirwe yo kuba yahabwa iyi modoka yatsindiye. Umuntu wagiye kuri shene ya Youtube akavuga biriya byose, urabona noneho dukoranye yaba ashyize umutima ku bikorwa byacu.”

Uwihanganye Gaju Emile yavuze ko umukinnyi wa filime Benimana Ramadhan uzwi nka ‘Bamenya’ waje ku mwanya wa kabiri mu majwi mu bihembo bya Rwanda International Movie Awards, yemera gufata iyi modoka “n’ubwo ibirango bya Ndoli Safaris twabishyira ku mapine y’imodoka yiteguye kuyifata.”

Uyu muyobozi atangaje ibi mu gihe Bahavu aherutse kwifashisha umuyoboro we wa Youtube, agaragaza uburyo yarenganyijwe kuva yatsindira iyi modoka mu cyiciro ‘People’s Choice’.

Filime ye ‘Impanga’ yanatwaye igikombe cya filime yahize izindi (Best Series), ndetse yegukanye igikombe cy’umwikinnyi mwiza w’umugore muri filime (Best Actress).

Mu kiganiro yanyujije kuri Youtube, Bahavu yavuzemo uburyo hari umukinnyi wa filime mugenzi we wamubwiye ko iyi modoka atari we yari igenewe.

Amubwira ko muri rusange kuba yaregukanye iyi modoka ari ibyago ku bategura Rwanda International Movie Awards.

Avuga ati “…Umwe mu bo twari kumwe mu irushanwa yarambwiye ngo iyi modoka ntayo uzabona, ntabwo yabimbwiye mu buryo bw’urwango, yabaye nk’undya akara kuri gahunda yari ihari.”

“Yarambwiye ati ‘imodoka ni njye bashakaga kuyiha kuko nta yihari kandi njyewe bari kunsubiza ayanjye tukagira uko tugabana; kuba waratsinze irushanwa ni ibyago RIMA yagize."

Yavuze ko yatanze ikirego mu Urwego rw' Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) kandi yizeye ko azahabwa ubutabera.

Ati “Kugeza ubu RIB iracyabikurikirana. Nizeye ubutabera bwayo, kandi bizakemuka. Ndashaka kurenganurwa.”

Bahavu yakomeje avuga ko “mu masezerano nagiranye na RIMA nta hantu na hamwe handitse ko nzamamariza Ndoli Safaris.”

Imiterere y’amasezerano Ndoli Safaris yagiranye na Ishusho Art

Ku wa 1 Werurwe 2023, Ishusho Art itegura ibihembo bya Rwanda International Movie Awards ihagarariwe na Mucyo Jackson ndetse na Ndoli Safaris Company Ltd icuruza imodoka ikanazikodesha ihagarariwe na Uwihanganye Gaju Emile bagiranye amasezerano y’imikoranire.

Ingingo ya gatatu y’amasezerano ivuga ko buri ruhande rugomba gufasha urundi kumenyekanisha ibikorwa, kandi ko bazafatanya mu gutegura no guteza imbere ibikorwa bya Ishusho Art Organization.

Ingingo ya kane igaragaza impamvu y’aya masezerano: Bavuga ko Ishusho Art izakorana na Ndoli Safaris mu gutegura ibihembo Rwanda International Movie Awards.

Ingingo ya gatanu bavuga ko Ishusho Art Organization izishyura Miliyoni 6,250,000 Frw kuri Miliyoni 12,500,000 Frw y’imodoka yo mu bwoko bwa KIA y’ibara ry’umukara Ndoli Safaris yemeye gutanga ku mukinnyi wa filime wahize abandi.

Muri iyi ngingo banavuga ko aya mafaranga agomba gutangwa mbere y’uko imodoka ihabwa Ishusho Art ngo iyishyikirize uwayitsindiye.

Agace ka kabiri k’ingingo ya gatanu kagaragaza ibijyanye n’ukuntu Ndoli Safari izamenyekanisha ibikorwa byabo.

Ndoli Safaris isaba kumenyekanishwa mu bikorwa bya Rwanda International Movie Awards, yaba mu mashusho n’amafoto, kugaragaza ibirango byayo, ku mbuga nkoranyambaga n’ibindi.

Ndoli Safari inavuga ko imodoka izatanga ku mukinnyi wa filime wahize abandi igomba kuzaba iriho ibirango byayo mu gihe cy’amezi 12 (Ni ukuvuga umwaka umwe).

Ingingo yatumye Bahavu adahita afata imodoka yatsindiye, ikubiye muri aka gace ko kwamamaza, aho Ndoli Safaris mu masezerano yashyizemo ko uzatsindira iyi modoka agomba kwamamaza Ndoli Safari nka ‘Brand Ambassador wayo mu gihe cy’amezi 12.”


Imodoka yakabaye yarashyizwe ku isoko

Ku wa 24 Mata 2023, Umuyobozi wa Ishusho Art, Havugimana Mucyo Jackson yandikiye ubuyobozi bwa Ndoli Safaris abasaba kubahiriza ibikubiye mu masezerano bagatanga imodoka KIA K5 2012 kuri Usanase Bahavu Jannet wayitsindiye.

Nyuma, ku wa 28 Mata 2023, ubuyobozi bwa Ndoli Safaris bwasubije iyi baruwa. Muri izi barurwa, INYARWANDA ifite kopi Uwihanganye Gaju Ndoli yavuze ko Ndoli Safari itigeze yanga gutanga imodoka, kuko igomba kubahiriza ibiri mu masezerano.

Ati “Mbandikiye mbamenyesha ko Ndoli Safaris Ltd itigeze ihakana inshingano zayo zo gutanga imodoka yatsindiwe mu marushanwa mwakoresheje nk’uko   bigaragara mu masezerano yo ku wa 01/03/2023 nayo yashyizeho umukono, akaba ari no muri urwo rwego koko nyuma yo gusoza iryo rushanwa tukamenyeshwa ko ugomba guhabwa imodoka ari BAHAVU Janette habaye inama yo gutegura itangwa ry’iyo modoka kuko nk’uko amasezerano twavuze haruguru abiteganya.”

Uwatsindiye iyo modoka agomba kuyihabwa ifite ibirango bya NDOLI SAFARI LTD ndetse akaba agomba no kuba Brand Ambassador wa NDOLI SAFARIS LTD, ibyo rero koko bikaba byaraganiriweho n’impande zombi arizo mwe mwateguye irushanwa, uwaritsindiye ndetse n’ugomba gutanga iyo modoka.”

Uyu muyobozi yavuze ko bakimara kumenya ko Usanase Bahavu Jannet ari we watsindiye modoka bateguye amasezerano akubiyemo ingingo z’ingezi agomba kubahiriza nka ‘Brand Ambassador’ wa Ndoli Safari.”

Akomeza ati “Mu rwego rero rwo kubahiriza amasezerano n’ibyavugiwe muri iyo nama, NDOLI SAFARIS LTD ikaba yaranateguye amasezerano akubiyemo ingingo z’ingenzi zigomba kuzagenga imikoranire yayo na Brand Ambassador wayo.”

“Ayo masezerano mukaba mwarayamenyeshejwe binyuze kuri E- mail yanyu jackmucyo@gmail.com ndetse n’uwatsinze iryo rushanwa arayamenyeshwa binyuze kuri E-mail ye fleuryndayirukiye@gmail.com, ibi rero bikaba bigaragaza ko NDOLI SAFARIS LTD yiteguye kubahiriza ayo masezerano mwasinyanye.” 

Muri iyi baruwa, Uwihanganye Gaju Emile uyobora Ndoli Safari yatanze igihe cy’iminsi itanu cyo kuba ibibazo byakemutse imodoka igahabwa uwayitsindiye cyangwa se igashyirwa ku isoko. Ariko iminsi itanu yamaze kurenga, kuko iyi baruwa yanditswe ku wa 28 Mata 2023.

Yagize ati “Tukaba turangije tubibutsa ko nta bukererwe bugomba kubazwa NDOLI SAFARIS LTD kuko ibyo isabwa byubahirijwe imodoka ihari kandi yanashyizweho ibirango byayo ikibura ari ugushyira umukono ku masezerano agomba kugenga imikoranire y’uwatsindiye imodoka na NDOLI SAFARIS Ltd agomba kwamamariza.”

“Tukaba tuboneyeho no kubasaba kuzana uwatsindiye iryo rushanwa mu gihe kitarenze iminsi 5 kugira ngo dushyire umukono kuri ayo masezerano anatware imodoka ye.”

Nta masezerano Usanase Bahavu yigeze agirana na Ishusho Arts cyangwa se Ndoli Safaris ajyanye no guhabwa iyi modoka yatsindiye.

Bitewe n'uko yari mu bakinnyi bahataniye ibihembo Rwanda International Movie Awards bitegurwa na Ishusho Arts, hubahirizwa amasezerano iki kigo cyagiranye na Ndoli Safaris kugirango ahabwe iyi modoka. 

Agaragaza ko atari ko byagakwiye kuba bigenda, ngo ahabwe imodoka yatsindiye hanyuma anakora akazi ko kuba 'Brand Ambassadors' wa Ndoli Safaris. 

Bahavu utegura filime ‘Impanga’ aherutse kuvuga birambuye ibibazo byatumye kugeza n’ubu atarahabwa imodoka yatsindiye 

Iyo utinze birapfa- Umuyobozi wa Ndoli Safari, Uwihanganye Gaju Emile avuga ku mudoka Usanase Bahavu Jannet yatsindiye muri Rwanda International Movie Awards 


Amasezerano Ishusho Art yagiranye na Ndoli Safari, ku wa 1 Werurwe 2023

 

Ku wa 28 Mata 2023, Ndoli Safari yandikiye Ishusho Art itanga iminsi 5 yo kuba bamaze gufata imodoka 

Ishusho Art Organization igomba kwishyura Miliyoni 6,250,000 Frw kuri Miliyoni 12,500,000 Frw z’agaciro k’iyi modoka




KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE BAHAVU ASOBANURA UKO BYAGENZE NYUMA YO GUTSINDIRA IMODOKA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND