RFL
Kigali

Muyoboke Alex yavuganiye abahanzi 7 barengejwe ingohe mu bitaramo, bo barabivugaho iki?

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:20/01/2023 10:04
2


Muyoboke Alex wabaye umujyanama w’abahanzi bakomeye mu Rwanda, aherutse gushyira ahagaragara urutonde rw’abahanzi barindwi bakora indirimbo zikunzwe nk’uko abivuga, ariko akaba atajya ababona batumirwa mu bitaramo bitandukanye bitegurwa.



Yifashishije imbuga nkoranyambaga ze yakoze urutonde rw’aba bahanzi yibanze cyane ku bari mu kiragano gishya cy’umuziki w’u Rwanda, bagaragaje imbaraga mu bihangano byabo kuva mu myaka ibiri ishize y’icyorezo cya Covid-19.

Muyoboke yavuzemo Mr Kagame, Alto, Confy, Gabiro Guitar, Calvin Mbanda, Sean Brizz ndetse na Kevin Kade.

Eric Mabano Kagame wamenyekanye mu muziki nka Mr Kagame ni umwe mu bahanzi bigoye ko wabona mu bitaramo atari uko aba yananiranywe n’ababitegura ahubwo ibikorwa bye ntabwo bihabwa agaciro.

Uyu muhanzi ni umwe mu bafite indirimbo nyinshi zakunzwe kuva mu myaka yo hambere nk’icumi ishize.

By’umwihariko mu myaka ibiri ishize ni umwe mu bafite indirimbo zakunzwe nka ‘Ntiza’, ‘Amadeni’, ‘Mpa Power’, ‘Belle’, ‘Igitekerezo’, na ‘Sembela’. Izi zose ni indirimbo yakoze mu gihe isi yari yugarijwe na Covid-19 kandi zarakunzwe.

Uyu musore uri mu bahagaze neza ni umwe mu bakoze cyane guhera mu mwaka ushize. 

Alto ubusanzwe yitwa Dusenge Eric. N’ubwo nta gihe kinini amaze amenyekanye cyane ni umwe mu basore b’abahanga kandi bafite ibihangano bikunzwe.

Yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo nka ‘Agasenda’ yakoranye na Social Mula, ‘Ntaribi’ na ‘Byambera’.

Mu 2019 ni bwo sosiyete ikora ikanacuruza telefone zigezweho ya TECNO yatangije irushanwa ryo gufasha abanyempano ‘Spark your Talent’ ku bufatanye n’inzu ifasha abahanzi ya The Mane Music Label.

Irushanwa ni naryo ryamenyekanishije Calvin Mbanda cyane ko yatsinze ari uwa mbere agahembwa kwinjira muri The Mane.

Uyu wavuye mu 2021 ni umwe mu barangije umwaka bataratumirwa mu bitaramo nyamara afite ibihangano byakunzwe kuva ari muri The Mane kugeza uyu munsi. Zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe harimo nka ‘Fina’, ‘Tik Tak’ n’izindi.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Calvin Mbanda yavuze ko nta byinshi yavuga kuri iki kibazo. Ariko kandi azi neza ko nta kibazo afitanye n’abategura ibitaramo.

Ati “Njye ndumva ntazi icyo nabivugaho gusa igihari nta kibazo mfitanye n’abategura ibitaramo ku buryo bakwanga kuntumira nyine.”

Umuhanzi Mr Kagame umaze igihe kinini mu muziki, avuga ko iki kibazo kitakabaye kibazwa we, kuko ibyo agomba gukora nk’umuhanzi aba yabikoze.

Yabwiye InyaRwanda ati “Bibazwe nyirubwite [Abategura ibitaramo mu Rwanda] kuko njye akazi kanjye mba nagasoje.”

Umuhazi Alto uzwi mu ndirimbo zirimo ‘Wankomye’ yakoranye na Uncle Austin, yavuze ko kuririmba mu bitaramo bidakwiye kwiharirwa n’abahanzi bamwe gusa.

Ati “Ugirango n’uko se batatubona (ubushobozi) ahubwo n’uko birengagiza. Hatangwe akazi kuri buri wese wakoze bareke gutanga akazi kuri bamwe.”

Mu kiganiro Gabiro Guitar yagiranye na Isibo Tv, yavuze ko kuba we n’abandi bahanzi bagenzi be bagaragara ku rutonde rwa Muyoboke nk’abirengagijwe mu bitaramo, atari uko batabikwiye kuririmba muri ibyo bitaramo ahubwo ngo bageze ku rwego rwo kwikorera ibyabo.

Kuba aba bahanzi bataragaraye mu bitaramo ‘bikomeye’ mu mwaka ushize ntabwo ari uko bagiye bananiza abategura ibitaramo mu gihe babaga bashatse kubitabaza ahubwo, ahubwo ntabwo bigeze bahabwa umwanya ngo babe bashimisha abakunzi babo.

Inkuru bifitanye isano: Abahanzi batanu birengagijwe mu bitaramo byo mu 2022

Muyoboke yavuze ko mu mboni ze aba bahanzi 7 bafite indirimbo zikunzwe, ariko ntiyiyumvisha ukuntu badatumirwa mu bitaramo 

Alto yavuze ko amahirwe ari mu muziki akwiye kugera ku bahanzi bose- Kuko buri umwe afite ibyo aba yakoze  


Sean Brizz aherutse gushyira hanze indirimbo 'Kama Mbaya' 

Mr Kagame avuga ko kuba atagaragara mu bitaramo bikwiye kubazwa ababitegura


Calvin Mbanda yavuze ko nta kibazo azi afitanye n’abategura ibitaramo cyatuma batamutumira


Gabiro Guitar aherutse gushyira hanze indirimbo ‘Pretend it’ yakoranye na Ricky Password


Kevin Kade aherutse gushyira hanze indirimbo ye yise ‘Umuana’


Confy akunzwe muri iki gihe binyuze mu ndirimbo ‘Kloza’


KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘PREND IT’

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘KLOZA’

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘KAMA MBAYA’

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UMUANA’

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘JOLIKI’

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MOLISA’

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'WARANDINZE'

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ngabonziza olivier1 year ago
    Icyi cyibazo nanjye maze igihe nyibaza kbs, aba bahanzi bose nkuko muyobocye yabivuze nabahanga kandi bafite abakunzi benshi ariko twibaza imamvu badatumirwa mubitaramo 👌
  • Gapfizi 1 year ago
    Ibibintu sibyubu nakera bbyahozeho p gusa bigombe bihinduke burumwe amahirwe amusakarehoo p





Inyarwanda BACKGROUND