Niyo Bosco yasinye imyaka itatu muri ‘Sunday Entertainment’

Imyidagaduro - 09/01/2023 7:49 AM
Share:

Umwanditsi:

Niyo Bosco yasinye imyaka itatu muri ‘Sunday Entertainment’

Umuririmbyi Niyo Bosco wakunzwe cyane binyuze mu ndirimbo ‘Ubigenza ute?’, yatangiye umwaka wa 2023 ashyira umukono ku masezerano y’imyaka itatu n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Sunday Entertainment.

Ku wa Gatanu tariki 8 Mutarama 2023, ni bwo Niyo Bosco yemeranyije na Sunday Entertainment gushora imari mu bikorwa bye by’umuziki, kubimenyekanisha, kumukorera buri kimwe gisabwa kugira ngo impano ye ikomeze kumenyekana n’ibindi.

Nk’umuhanzi, asabwa gukora ibishoboka byose afatanyije na Sunday Entertaiment kugira ngo ibihangano bakora bicengere ku isoko ry’umuziki, kandi abe umuhanzi Mpuzamahanga nk’inzozi yakuranye kuva mu myaka ine ishize yinjiye mu muziki.

Asinye muri Sunday Entertainment nyuma y’uko atandukanye byeruye na MI Empire y’umunyamakuru Murindahabi Irene ari nawe wamufashije kumenyekana.

Yifashishije imbuga nkoranyambaga ze zirimo Instagram, Niyo Bosco yagaragaje ko yamaze kwinjira muri Sunday Entertainment. Ndetse, mu mpera z’uku kwezi kwa Mutarama 2023 arashyira hanze indirimbo ya mbere imuha ikaze muri iyi nzu.

Sunday Justin washinze Sunday Entertainment, yabwiye InyaRwanda ko Niyo Bosco ari umuhanzi w’umuhanga ‘buri wese yakwifuza gukorana nawe’.

Avuga ko “Dufatanyije, abafana be ndetse n’abakunzi b’umuziki impano ye izakomeza gukura uko bucyeye n’uko bwije." 

Niyo Bosco yinjiye muri Sunday Entertainment, asangamo umuhanzikazi Mwiza Zawadi uherutse gusohora indirimbo 'Ni wowe'.

Ubwo yari akiri muri MI Empire, Niyo Bosco yagize uruhare ku ndirimbo za Vestine na Dorcas kuva kuri ‘Nahawe Ijambo’ kugeza kuri ‘Nzakomora’ baherutse gushyira ahagaragara. Ijwi ry’uyu musore kandi ryumvikana mu ndirimbo zabo (Ibizwi nka Back Up).

Uburyo yanditse indirimbo z’aba bakobwa byatumye bagwizaho igikundiro mu gihe gito.

Murindahabi aherutse kubwira itangazamakuru ko uruhare rwa Niyo Bosco mu rwego rw’umuziki wa Vestine na Dorcas no kuzamura izina rya sosiyete ye y’umuziki ya MI Empire yashinze ni ‘runini’.

Yavuze ko Niyo Bosco afite ubuhanga mu kwandika indirimbo, akamenya kuziririmba n’uko agomba kwitwara ku rubyiniro kandi afite ubumuga bwo kutabona. Ati “Ni impano rero y’agatangaza. Twishimira kandi dukunda cyane."

Yunganiwe na Kamikazi Dorcas wavuze ko Niyo Bosco yababereye urufatiro rw’umuziki wabo. Avuga ko afite icyizere cyinshi cy’uko imirimo yabakoreye Imana izayimuhembera. Ati "Yakoze ibintu byiza cyane. Turanamushimira."

Inkuru bifitanye isano: Yamukuye habi! Inzira ya Niyo Bosco na Murindahabi wamufashije kuba icyamamare

Niyo Bosco yatangaje ko yamaze gusinya imyaka itatu muri Sunday Entertainment 

Niyo Bosco aherutse kuririmba mu gitaramo East African Party kinjije Abanyarwanda mu 2023 cyabereye muri BK Arena 

Niyo Bosco agaragaza ko mu mpera za Mutarama 2023 azashyira hanze indirimbo ye nshya

KANDA HANO UREBE UKO NIYO BOSCO YITWAYE MURI EAST AFRICAN PARTY

 ">

NIYO BOSCO AHERUKA GUSHYIRA HANZE INDIRIMBO YISE ‘BURIYANA'

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...