Yamukuye habi! Inzira ya Niyo Bosco na Murindahabi watumye aba icyamamare baheruka gutandukana

Imyidagaduro - 10/11/2022 1:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Yamukuye habi! Inzira ya Niyo Bosco na Murindahabi watumye aba icyamamare baheruka gutandukana

Witwa nde- Ijambo rya mbere Murindahabi Irenée yabwiye Niyo Bosco, ubwo yamwakiraga mu kiganiro cyanyujijwe kuri shene ya Youtube ya The Choice Live [Icyo gihe ya Phil Peter 250| cya Televiziyo Isango Star, ku wa 5 Nzeri 2019.

Uyu muririmbyi amaze imyaka ibiri mu muziki. Icyo gihe yavugaga ko afite ishimwe ku mutima, kuko yari amaze igihe kinini yifuza gutumirwa mu kiganiro na Murindahabi.

Yavuze ko kuba afite ubumuga bwo kutabona, ntaho bihurira no gucuranga gitari, kuko no kuvuza ingoma bidasaba ko umuntu aba arebaho. 

Icyo gihe yari afite imyaka 19 y'amavuko. Yifashishije gitari yacuranze indirimbo 'Nyamibwa y'igikundiro' ya Nkurunziza, avuga ko ariwe muhanzi afatiraho urugero.

Yavugaga ko yitwa Bosco Niyo, ubu yabicurukuye yitwa Niyo Bosco. Yumvikanishaga ko afite indirimbo ebyiri ze, ariko yanashyize imbere kuririmba asubiramo indirimbo z'abandi bahanzi, kandi "nkora umuziki w'indirimbo zihimbaza Imana."

Icyo gihe mu 2019, yavugaga ko yiga amashuri i Rwamagana, kandi ashaka no kujya kwiga umuziki ku ishuri rya muzika rya Nyundo. Uyu musore yavuze ko ubumuga bwo kutabona bwamufashe ubwo yari afite imyaka ibiri.

Muri iki kiganiro yaririmbye indirimbo 'Biratungana' ya Adrien Misigaro na Gentil Misigaro, amashusho yayo arasakara cyane bituma abantu benshi batangira kumuhanga ijisho. Ndetse, yavugaga ko ashaka guhura n'aba bahanzi.

Yavuze benshi yifuza guhura nabo- Hafi ya bose barahuye, bitewe n'uko imyaka ibiri ishize ari mu muziki yakoze 'hit' zatumye abantu bamukunda.

Yifuzaga guhura na Adrien Misigaro akamufasha kuzamura impano ye. Yanaririmbye indirimbo ye ihimbaza Imana yise 'Your name is better', akavuga ko ariyo aherutse gusohora- Iyi ndirimbo ntiri kuri shene ye ya Youtube.

Abajijwe impamvu yahisemo kuririmba indirimbo zihimbaza Imana, yavuze ko 'hari amateka yanyuzemo' amutera 'kwamamaza ubutumwa bwiza'. Ariko mu gihe cy'imyaka ibiri ishize nta ndirimbo ya 'gospel' ye yasohoye, ariko indirimbo nk'izi yazandikiye abarimo Vestine na Dorcas.

Gusa, anasobanura ko n'ubwo adashobora kuririmba Gospel ijana ku ijana, n'izindi ndirimbo aririmba zitanga ubutumwa bwiza nazo ari iz'Imana.

Icyo gihe, yatanze nimero ye ya telefoni ku bantu bashaka kumufasha.  Hari amakuru avuga ko nyuma y'iki kiganiro, Niyo Bosco yasabye Murindahabi kumufasha mu muziki bihurirana n'uko uyu munyamakuru yari yakunze impano ye- Kuva ubwo barakona kugeza ubwo ku wa 28 Ukwakira 2022, Niyo Bosco atangaje ko yavuyemo muri MI Empire.

1. Uwamwakiriye kuri Televiziyo yamwinjije mu muziki

Ku wa 7 Mutarama 2020, Niyo Bosco yasohoye amashusho y'indirimbo ye yise 'Ubigenza ute?', yakozwe mu buryo bw'amajwi na Producer Santana n'amashusho akorwa na Bagenzi Bernard. 

Ni indirimbo yamuciriye inzira bitewe ahanini n'ubutumwa buyigize, irakundwa karahava nawe biramutungura.

Ni indirimbo ikiryoheye amatwi n'ubu. Imaze kurebwa n'abantu barenga miliyoni 3 kuri Youtube.' Ubwo yasohoraga iyi ndirimbo, yavuze ko yishimye cyane kuko atari yarigeze atekereza ko igihe kizagera agasohora indirimbo ye.

Icyo gihe Murindahabi yavugaga ko agomba kumwitaho nk'umunyamuziki, akamwambika neza, akamuhindurira uko agaragara n'ibindi bituma agaragara nk'umusitari.

Bakoranye urugendo, amujyana aho kugurira imyenda, baramwogosha asa neza. Abajijwe ikosa atakora mu muziki we, yavuze ko atazigera asuzugura itangazamakuru, kuko yabonye imbaraga ryamuhaye mu rugendo rwe rw’umuziki.

Mu gihe cy'imyaka ibiri bari bamaranye, uyu muhanzi yakoze indirimbo zirakundwa zirimo nka 'Ibanga', 'Piyapuresha', 'Seka', 'Urwandiko' n'izindi kugeza kuri 'Buriyana' aherutse gusohora.


2. Kwamamariza ibigo bikomeye, kuririmba mu bitaramo, ntaho atamugejeje ariko Niyo Bosco aracyafite akangononwa

Niyo Bosco atandukanye na M Irene amufashije gukorana no kwamamariza ibigo bikomeye, birimo nka sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda, Laboratwari y'u Rwanda y'Ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n'ubuhanga byifashishwa mu butabera (RFL) n’ibindi.

Uyu muhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, yaririmbye mu bitaramo bikomeye birimo nk’igitaramo cy’umugoroba wa Aline Gahongayire cyo kwizihiza imyaka 22 ishize ari mu muziki, iserukiramuco rya ATHF|MTN ryabereye kuri Canal Olympia (Ntiyaririmbye ariko yari ku rutonde), Iwacu Muzika Festival, ibitaramo bya MTN, igitaramo Gisingiza Intwari, Cax Umoja n’ibindi bitandukanye.

Mu gihe cy’imyaka ibiri, Niyo Bosco amaze mu muziki kandi yahatanye mu bihembo bya Isango na Muzika, Kiss Summer Awards na The Choice Awards.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Radio Rwanda, Murindahabi yavuze ko ibikorwa by'umuziki bya Niyo Bosco birimo nka shene ya Youtube yabimusubije.

Ariko mu ijwi ryasakaye kuri WhatsApp, Niyo Bosco avugamo ko Murindahabi ataramuha uburengazira ku rubuga rwa Spotify acururizaho indirimbo.

Kugeza ubu, Spotify niyo itanga amafaranga menshi ku bahanzi bacururizaho indirimbo ugereranyije na Youtube, n’ubwo ari rwo rubuga ruzwi cyane.

Muri iryo jwi, Niyo Bosco yemera guhara Spotify ariko agasaba Murindahabi guhindura izina ryayo, kugira ngo nawe afungure konti ya Spotify.

N’ubwo yahawe shene ya Youtube, agomba gutegereza icyumweru kimwe kugira ngo ijye mu maboko ye bya nyabyo.

Niyo Bosco avuga ko “Uriya mutipe (Murindahabi) afite uburyo yashakaga ko nkomeza kumubera ikiraro, noneho njyewe nkagenda njya hasi kurushaho."

Avuga ko mu masezerano yafataga 30% mu gihe Murindahabi yafataga 70%. Kandi ngo iyo hari ikintu gishya yamenyaga, byababazaga Murindahabi.


3. Niyo Bosco yabanje guca amarenga yo gutandukana na Murindahabi

Niyo Bosco yavuze ko Murindahabi yababajwe bikomeye n’ubutumwa yanyujije kuri konti ye ya Instagram, aho avugamo ko ireme ry’umuziki we ryasubiye inyuma, kandi asigaye abayeho yifuza ko ibyo yaruhiye byose mu muziki we byaba impfabusa. Ashimangira ko abayeho nabi.

Niyo yavuzemo ko ubu butumwa bukimara gusohoka, Murindahabi yahise amubwira ko bahindura kontaro noneho agafata 50% nawe agafata 50%.

Niyo Bosco we avuga ko nta kintu na kimwe yagezeho ari kumwe na Murindahabi, uretse kugaragara neza imbere ya Camera. Ati “Icyo nagezeho ni umubyibuho."

Ku wa 28 Nzeri 2022, uyu muhanzi yifashishije konti ye ya Instagram yatangaje ubutumwa bwakuruye urujijo mu bantu, yumvikanisha ko abayeho mu buzima yita ko ari bubi.

Umwe mu ba Producer bamukorera indirimbo, icyo gihe yabwiye InyaRwanda ko nta kibazo abona yaba afitanye na Murindahabi, cyatuma yandika ubu butumwa.

Muri ubwo butumwa, Niyo yavugaga ko ashaka gusubira mu buzima yahozemo ataraba icyamamare, aho abantu bose bamufiteho ijambo.

Hari nk’aho yanditse agira ati “Nkumbuye ahahise hanjye kuruta ejo hazaza " Ntabwo ndi gukunda uwo ndi kuba we " Ndumva nacitse intege cyane."

Yanavuze ko arambiwe kwirengagiza uwo ari we yita "ku kugaburira ibifu by’abandi, nyamara icyanjye cyishwe n’inzara."

Hari n’aho yavuze ko ashaka ko ibintu yagezeho byakwibagirana, ahubwo akarwanira ishema rye.

Yavuze ko ntawe yifuza gutunga urutoki, ariko kandi ntari ku murongo umwe n’umuntu ushaka ‘gutera imbere huti huti’.

Uyu muhanzi anavuga ko zimwe mu ndirimbo yasohoye atazishimiye. Zirimo nka ‘Buriyani’ yumvikanamo ibishegu cyane, kandi ko babanje kugisha inama Bruce Melodie akababwira ko atari indirimbo yo gushyira hanze.

Ni mu gihe Murindahabi we yavugaga ko ari indirimbo ibyinitse ku buryo izizihira abanyabirori.

4. Yerekeje he?

Havuzwe byinshi birimo kuba uyu muhanzi agiye gutangira gufashwa mu muziki n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Kikac, ariko umwe mu boyobozi b’iyi nzu aherutse kubwira InyaRwanda ko ibivugwa atari ukuri.

Niyo Bosco avuga ko ari mu biganiro n’abantu batandukanye. Ati “Namaze (yamaze) kwemeranya mu bo turi kuvugana nzakora ikiganiro n'itangazamakuru mbishyire ku mugaragaro. Nizera ko nawe uzaba uhari, kandi wowe uzabimenya mbere kuko turi inshuti, inshuti zanjye zimenya ibintu mbere (Murindahabi)."

Kugeza ubu kuri konti ya Instagram ya Niyo Bosco, biracyagaragara ko uyu muhanzi ari umwe mu babarizwa mu inzu ifasha abahanzi ya MI Empire ya Murindahabi, ibarizwamo Vestine na Dorcas n’umuhanzikazi Giramata.

Mu kiganiro na Murindahabi binyuze kuri shene ye ya Youtube, Niyo Bosco yavuze ko yahisemo gutandukana nawe kubera ko atari akimubonera umwanya, no gushaka kumufasha kwita no ku bandi uyu musore asanzwe afasha mu muziki.

Yavuze ko nta gatotsi kazigera kajya mu mabano wabo, kuko bafite byinshi bizabahuza. Ntiyemeranya n'abavuga ko 'yikuye amata ku muqnwa', kuko 'hatarimo urukundo' nta 'muntu kampara ubaho'.

Aba bombi baracyakorana ariko mu buryo butandukanye n’ubwa mbere. Ubwo Niyo Bosco aheruka kuririmba mu bitaramo bya RFL byabereye kuri Tapis Rouge i Nyamirambo, yari aherekejwe na Murindahabi ari nawe wamujyanye kuri stage.     

Niyo Bosco yumvikanye avuga ko hari zimwe mu ndirimbo yasohoye atishimiye, kubera guhatirwa kuzandika 

Niyo Bosco avuga ko yahisemo gutandukana na Murindahabi kubera ko atari akimubonera umwanya 

Murindahabi yijeje Niyo Bosco ko bazakomeza gukorana n’ubwo yavuye muri MI Empire-Aha bari mu kiganiro kuri Isibo Tv 

Ubwo Niyo Bosco yakirwaga bwa mbere kuri Televiziyo na Murindahabi- Ikiganiro cyabaye imbarutso y'urugendo rw'imyaka itatu bari bamaranye

NIYO BOSCO AVUGA KO UBURYO IYI NDIRIMBO ‘BURIYANA’ IKOZE ATABWISHIMIYE

 ">

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘UBIGENZA UTE’ YINJIJE MU MUZIKI NIYO BOSCO

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...