RFL
Kigali

Abategura ibitaramo byo kwerekana imideli bacitsemo ibice, Kigali Fashion Week yimukira muri Uganda?

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/12/2022 18:33
0


Iyo urebye amateka y’uruganda rwo guhanga no kumurika imideli mu Rwanda bigusaba kubanza gushishoza neza kuko ni amateka asa n'avanze.



Ubundi uburyo bikorwamo twabyita ko ari ibyaturutse mu mahanga bitari mu muco Nyarwanda neza nk’uko babikora ubu.

Gusa amateka agaragaza ko mu Rwanda rwo hambere amateka yo kwerekana imideli akomoka ku nka z’inyambo aho bafataga inka z’u Rwanda z’inyambo bakazambika ibitako ndetse n’ibikubwe, ahagana munsi y’amahembe hasi mu nsina z’amatsi kugira ngo zise neza ndetse zinyure imbere y’umwami n’abatware binogeye ijisho iyo babaga bari mu birori.

Gusa kuva muri 2000, abantu benshi iyo bavuze amateka y’imideli mu Rwanda bahita bumva Daddy de Maximo. N’ubwo uyu munyamideli amaze hafi imyaka isaga 20 ntagikorwa cy’imideli ategura mu Rwanda. Yagiye ategura ibitaramo bitandukanye aho icya nyuma yagiteguye muri Serena Hotel muri 2009.

Abanyamideli bamwe bamwibukira kuba ari we watangije inzu yigisha abanyamideli (models) cyane kugendera mu kweto ndetse no kwerekana imyenda mu buryo bwa kizungu (Fashion show).

Bamwe mu banyamideli yakoranye nabo ubu bamaze kubaka izina rikomeye harimo Kabano Franco. Ni we muyobozi wa Webest Models Managament, imwe mu nzu zitoza abanyamideli ndetse zikanabashakira amasoko ku rwego mpuzamahanga.

Mu myaka 3 ishize amaze kohereza abanyamideli barenga 10 mu bihungu bitandukanye birimo n’ibyo mu Burayi.

Kabano Franco yabwiye InyaRwanda ko Daddy De Maximo Mwicira Mitali ni ‘imfura mu bana uruganda rw’imideri rwibarutse yaba mu kuyimurika ndetse no kuyitunganya’.

Kuko yabaye umunyamideli igihe gito aza guhita akuza impano yo gutunganya imideri mu buryo bubiri (imyambaro y’ubugeni ndetse n’isanzwe bita ready to wear Cayngwa pret à aporte)’.

Ati “Ni we rero moteri yahagurukije uru ruganda mu mpande zose kuko yigishaga abamurika imideri kuyimurika ari na ko atunganya iyo bazamurika.”

Kabano avuga ko kuri we nta gitaramo na kimwe arabonamo agashya nk’ibyo Daddy de Maximo ‘yateguye muri 2010 ndetse na 2011 byitwaga Rwanda Fashion Festival edition ya mbere n’iya kabiri.’

Akomeza ati “Yakoze ibirenze ibikwiye ku buryo iyo aza kugumana umuvuduko yari afite, ubu twari kuba turi ubukombe muri Afurika.”

“Nkaba nsaba uwaba afite ububasha kumwegera bakamubaza ikibazo yagize byaba ngombwa akaba yagaruka.”

Uyu mugabo avuga ko kuba hashize igihe kinini nta bitaramo by’imideli biba ni igihombo kinini cyane ‘uru ruganda rwagize’.

Ibitaramo byo kumurika imideri ni ryo zingiro ry’iterambere ry’uruganda kuko rihuza abagenerwa-bikorwa ari bo bakiriya hamwe n’abatunganya bakanamurika imideri.

Ni ho bidagadurira bakanahabonera ubudasa, ubwiza ndetse n’ibyishimo biba mu mideri.

Ni ingenzi cyane rero kuko ni ho hamamarizwa imyambaro mishya imbona nkubone kandi bigasakara cyane kuko habaho guherereka amakuru yizewe y’ibiba byamuritswe mubitaramo.

Kabano avuga ko “Hagakwiye gushyirwa imbaraga mu bitaramo byo kumurika imideri kuko binatanga akazi.”

Uyu munyamideli abona ko ibitaramo byo kwerekana imideli byagize akamaro gakomeye gashimangira iterembere ry’uruganda rwo guhanga no kwerekana imideli. 

Bimwe mu bitaramo byamenyekanye mu Rwanda harimo Kigali Fashion Week, yashinzwe hagati ya 2009 na 2010 na John Bunyeshuri.

N’ubwo amakuru yaje kuvugwa ko yari afite abanyamigabane. Bivuze ko yatangiye iki gikorwa akaza guha abandi imigabane.

Ikindi gitaramo cyavuzwe cyane ni Rwanda Premier Model yazamuye abarimo Mutesi Aurore Kayibanda wabaye Miss Rwanda 2012. 

Mu Ukuboza 2012, abateguraga iki gitaramo cy'imideli bashyizeho irushanwa ry'abanyamideli, aho igihembo nyamukuru cyari miliyoni 1 Frw.

Ikindi ni Rwanda Cultural Fashion Show, igikorwa ngaruka mwaka cyatangiye muri 2012. Ahanini cyibanda mu kwerekana imyambarire yo mu Rwanda rwo hambere harimo impuzu ndetse n’impu.

Harimo kandi n’ibindi bitaramo birimo nka Rwanda Modest Fashion Show yashinzwe mu mwaka wa 2016 itangizwa na Ngabitsinze Adbl Wahabu.

Harimo Mercedes-Benz Fashion Week Kigali yatangijwe na Daniel Ndayishimiye muri Nzeri 2019. Ikindi gitaramo ni Collective Rw Fashion Week’ yatangiye mu mwaka w’ 2016 ishingwa n’abahanzi b’abanyamideli 10 batandukanye.

Kikaba ari na kimwe mu bitaramo bikomeye kuko cyo cyagiye kinitabirwa n’abantu bo mu nzego zo hejuru.

N’ubwo bamwe mu banyamideli bagiye bavuga ko iki gitaramo cyagiye giheza bamwe ngo kuko ibyo gisaba kugira ngo umunyamideli yerekanemo imyenda bisa n’ibiruhije.

Igitaramo cya bucura mu Rwanda gisa n’igiheruka ni cya ‘Binka Fashion Hub’ ubona ko nacyo gifite ahaza heza.

Ibi bitaramo byose byavuzwe haruguru bifite aho bihurira ndetse n’ababitangije banyirabyo bafite aho bahuriye mu mitegurire y’ibi bikorwa byabo.

Ibi bikaba ari imwe mu nzira ishobora guhamya inshigwa ry’imizi y’uruganda rw’imideli mu Rwanda cyangwa imwe mu nzira zo gusenya cyangwa se kubaka ku musenyi ku ruganda rw’imideli narwo rukiyubaka.

Bimwe mu byo abategura ibitaramo bahuriraho kandi bishobora kuba ari imwe mu nzira zituma abategura ibitaramo baragiye bacikamo ibice ndetse ugasanga bamwe batiyumvanamo kandi batizerana neza harimo kuba bose basangiye;

Abanyamideli berekana imyenda (Runway models) ndetse n’abanyamideli bahanga imyenda (Fashion Designers).

Nk’uko Daddy yatangiye atoza abanyamideli mu Rwanda, nabo bagiye batoza abandi kugeza kuri Franco nawe washinze inzu ifasha abanyamideli.

Bivuze ko umunyamideli w’umuhanga mu Rwanda ashobora kwerekana imyenda mu bitaramo byose byo muri Kigali.

Ikindi kandi n’abanyamideli bahanga imyenda b’abahanga mu Rwanda nabo bagiye berekana imyenda muri buri gitaramo cyamenyekanye.

Bivuze ko abanyamideli bakoreye hamwe uruganda rw’imidlei narwo rwashinga imizi kandi rukagira inyungu kubarukoreramo.

Urugero nko muri 2015 habaye ibitaramo bikomeye muri Kigali byo kwerekana no kumurika imyenda byarimo Kigali Fashion Week na Rwanda Cultural Fashion Show ndetse na CollectiveRw.

Ku buryo byateye abantu kwibaza niba ibi bitaramo byiza bizaramba. Muri uwo mwaka mu Umujyi wa Kigali hose hari hamanitse ibyapa bamamaza ibitaramo bitandukanye byo kumurika imyenda.

Mu mideli hari ijambo bakunda kuvuga ngo “uriya ni njyewe wamuzamuye’, ‘uriya ninjyewe wamugize uwo ariwe’.

Aya namwe mu magambo yagiye yumvikana mu bategura ibitaramo aho bamwe bagiye bavuga ko aribo bubatse uruganda rw’imideli.

Urugero ni nk’igihe Franco Kabano yari ahagarariye Rwanda Models Union Federation, nyuma amakuru aza kujya hanze ko urwego yari ahagarariye rwanze guha ibyangombwa umwe mu bategura ibitaramo biteza umwuka mubi mu bamurika imideli ndetse n’abayihanga.

Nyuma haza no kumvikana andi makuru avuga ko uwimwe ibyangombwa, yagiye mu cyahoze ari Minisiteri y’Umuco na Siporo MINISPOC (Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco) akavuga ko ariwe wazamuye abanyamideli hafi ya bose harimo ngo na Kabano Franco. 

Umuyobozi wa ‘We Best Models Management (WBM)’, Kabano Franco yavuze ko ibitaramo byo kumurika imideli ari ingenzi mu ruganda nk’uru rukiri mu nzira y’iterambere

Ikindi kandi cyigeze kubaho kikamenyaka n’uburyo abategura Rwanda Cultural Fashion Show bigeze kuvuga ko bishimira kuba igitaramo cya Mercedes-Benz FashionWeek Kigali kigiye kujya kibera no mu Rwanda.

Gusa, aya magambo ngo hari abatarayishimiye aho bavuze ko aribo bigishije Danny utegura iki gitaramo ndetse akaba ari nabo batumye ahura n’abanya-Nigeria ngo kandi nta n’ubwo ajya abatumira muri iki gitaramo.

Ikindi kandi abategura ibitaramo usanga bose bahurira mu nzego akenshi zifasha abahanzi. Urugero ugasanga abahanzi bose bafite imishinga bifuza ko urwego rwa Leta rubateramo inkunga, aho buri wese aba yifuza ko umushinga we ariwo watoranywa.

Mu ruganda rw’imideli hagati y’abategura ibitaramo ubwabo bagiye bagirana ibibazo bishingiye kuba umwe yifuza ko bamutera inkunga wenyine cyangwa se undi yifuza kuyobora uruganda rw’imideli mu Rwanda mu nama zose bahuriragamo.

Urugero ni mu myaka ishize ubwo urwego rw’igihugu rw’iterambere, RDB rwatumizaga abategura ibitaramo hagamijwe kureba icyakorwa.

Muri iyo nama wasangaga buri wese atangira yivuga aho yize n’ibihugu yabayemo aho wabonaga buri wese yishyira imbere aho kuvuga icyateza imbere uruganda.

Ibi byose bikaba ari bimwe mu bishobora kuba byaratumye abategura ibitaramo batiyumvanamo neza bikaba bigeze naho ubu ngubu ibitaramo byose twavuze harugu bikomeye nta nakimwe wavuga ko gifite gahunda yo kuzongera kuba, nubwo icyorezo cya Covid-19 cyabakomye mu nkora. 

Ntawirema Celestin washinze Rwanda Cultural Fashion Show (RCFS) yavuze ko hakenewe ibiganiro, ariko kandi Leta igashyigikira byimazeyo uruganda rw’imideli

Ntawirema abona ibintu byarafashe indi ntera ku buryo bisaba abantu kwicarana. Mu kiganiro na InyaRwanda yavuze ni byiza ko abanyarwanda bamenya neza urugendo rw’uruganda rwo guhanga no kwerekana imideli mu Rwanda aho rwaturutse naho ruri kugana.

Yavuze ati “Tugitangira wasangaga abantu bose imyenda bazi ari caguwa ariko kugeza muri 2014 abanyarwanda bamenye neza ko nabo bashobora kwikorera imyenda uretse uruganda rwa Utexirwa twese twakuze twumva ko rukora imyenda mu Rwanda.”

Ntawirema akomeza avuga ko gucika intege no gucikamo ibice kw’abategura n’ibitaramo ndetse bimwe bikaba byarasenyutse, byatewe n’uko abategura ibitaramo bagiye babura uruhare rw’inzego zimwe na zimwe ngo zibicaza hamwe zibagira inama y’uburyo bakomeza gusaranganya bicye bihari cyane.

Atanga urugero rwa gahunda ya Visit Rwanda Leta ishyize imbere mu guteza imbere ubukerarugendo. Avug ako mu bihe bitandukanye ibitaramo byo kumurika imideli mu Rwanda byagize uruhare runini muri gahunda yo guteza imbere #VisitRwanda ndetse n’ubukerarugendo bushingiye ku muco.

Akomeza ati “Urabona nko mu bihe byo Kwita Izina, abasura u Rwanda bagiye bishimira ibitaramo byo kumurika imideli cyane nk’igitaramo cyacu cya Rwanda Cultural Fashion Show (RCFS) nitwe bantu beretse neza abanyamahanga uko abanyarwanda cyera bambaraga kandi na Leeta yarabishimye”

Ntawirema avug ako uruhare rw’ibitaramo byo kumurika imideli abanyarwanda batarwirengagiza kandi akagira inama urubyiruko ruri mu ruganda rwo guhanga imideli ndetse n’abazayinjiramo kurangwa no gukora ibintu by’umwimerere aho gukopera kanaka ugamije kuzamuka vuba. Agasaba Leta gukomeza kuba hafi y’uruganda rwo guhanga no kwerekana imideli.

Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Rwanda Cultural Fashion Show, Uwimbabazi Monique yabwiye InyaRwanda ko impamvu ituma abategura ibitaramo by’imideli batumvikana ahanini bituruka ku kuba ‘abashoramari batarabona imideli nk’ubushabitsi’. Ati “Hari abakibifata nko kwishimisha cyangwa ibitinjiza.”

Kuri we isoko si rito ‘kuko umuntu wese agurisha igihangano cye’. Ahubwo ‘n’uko ibihangano byinshi bisa bityo bikagorana mu buryo bw’isoko bigasaba ko habaho ihangana’.

Uyu mukobwa avuga ko hari no kutabasha gutandukanya ‘Guhanga umudeli nk’umwuga n’ubucuruzi bw’imyenda isanzwe’.

Kuba hari ibivuga ko Kigali Fashion Week yimukiye muri Uganda, abibona nk’igihombo ‘ku gihugu, igikombo ku ruganda rw’imideli’.

Ati “Kuko umubare w’ibitaramo wagabanutse. Batangaga akazi kuri benshi, byamenyekanishaga igihugu bigatanga n’umusanzu w’umusoro ku gihugu.”


Kigali Fashion Week yerekeje mu gihugu cya Uganda?

Mu kwezi gushize nibwo byamenyekanye ko John Bunyeshuli wari usanzwe ategura Kigali Fashion Week, ari gutegura igitaramo cyitwa ‘Kampala Kigali Fashion Week’.

Amakuru akimara kumenyeka abantu bamwe bahise batangira kwibaza niba yaba ananiwe n’ikibuga cya Kigali cyangwa se niba ari umushinga mushya azanye. 

Hari abavuga ko ntagitangaza cyaba kirimo ngo kuko Kigali Fashion Week ntabwo yigeze icana uwaka na Collective Rwanda.

Bavuga ko ibi bitaramo byagiye bihangana ahanini ku bintu nabo ubwo batabashije kumenya.

Kamashanyu Harriet wavuze mu izina rya John Bunyeshuli yabwiye InyaRwanda ko ibivugwa atari ukuri, kuko atari ubwa mbere Kigali Fashion Week ibereye muri Uganda.

Ati “Nta n’ubwo ariho yimukiye. Kandi kuko ni natwe twafunguye Kampala Kigali Fashion Week, ni twe twafunguye Nairobi, nit we twafunguye Nairobi. Rero, ayo ni amashami yacu, ntabwo ari ukuvuga ngo twimukiye muri Uganda.”

Kamashanyu yavuze ko bahisemo kujya guhuza imbaraga n’abo mu Mujyi wa Kigali bitewe n’uko ingamba za Covid-19 zari zigikajijwe cyane mu Rwanda.

Akomeza ati “Ayo ni amashami yacu. Rero impamvu twabanje hariya ni ukubera hano ko twari tukibona bitaraza neza kubera Covid-19. Turavuga ngo noneho koko reka tubanze hariya, kuko ntabwo ari Kampala yonyine gusa ni Kampala Kigali Fashion Week, ni ubumwe mbese bw’abanyamideli.”

Yavuze ko kuva mu mwaka wa 2014 nabwo bateguye ibirori byabereye muri Uganda icyo gihe babyise ‘Kampala Fashion Week’.

Kuri we, avuga ko abategura ibitaramo by’imideli atari sosiyete yisanze kudashyira hamwe no gushyigikirana, kuko ari ibintu bibaho mu buzima bwa muntu.

Avuga ko kuva mu 2013 akorana na Kigali Fashion Week kandi aziranyi n’abantu benshi baziritse kuri uru ruganda. Ati “Reero kuvuga ngo ni ukudashyira hamwe, ntabwo bivuze ngo biri mu ruganda rw’imideli gusa, ndibaza ari ahantu hose […] Ntabwo navuga ngo ni ikibazo cy’abategura ibitaramo…. Ni ahantu hose ntabwo ari ukuvuga ngo ni sosioyete y’imideli gusa.”

Yavuze ko bari kwisuganya kugira ngo ibitaramo by’imideli byongere kuba mu Rwanda nk’uko byari bisanzwe. Ariko mu buryo buhoraho, muri Nyakanga buri mwaka nibwo haba ibirori bya Kigali Fashion Week.

Uhereye ibumoso: Ntawirema Celestin washinze Rwanda Cultural Fashion Show, Visi Perezida wa Kabiri wa Unity Club Intwararumuri Uwacu Julienne na Rusimbi 

Ibirori byo kumurika imideli bya Kigali Fashion Week byabaye mu mwaka wa 2015 

Ibirori bya Mercedes-Benz Fashion Week byabereye i Kigali mu bihe bitandukanye 


Ibirori bya Rwanda Cultural Fashion Show mu mwaka wa 2015 

Abanyamideli batandukanye bamuritse ibikorwa byabo muri Rwanda Modesty Fashion Show

Kompanyi Collective Rw ihuriwemo n'abanyamideli bo mu Rwanda yagiye itegura ibikorwa bitandukanye birimo nka ‘Week of Fashion’    

Kigali Fashion Week iri kubera muri Kampala muri iki gihe, ariko bizakomeza kubera i Kigali nk’ibisanzwe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND