Umugore witwa Nyirarukundo uherutse kwicwa atemwe n’uwo babanaga nk’umugabo witwa Ntakirutimana Niyonkuru, byagoranye kumushyingura bitewe n’ingano y’ibihumbi 200 Frw umuryango we uri gushaka nk'inkwano kuko ngo batigeze bamukwa.
Umuryango wa
Nyirarukundo urimo kwaka amafaranga y’u Rwanda angana n’ibihumbi 200 y’inkwano kugira ngo ashyingurwe kuko umugabo
we atari yaramukoye.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ukwakira 2022, ni bwo umurambo wa
Nyakwigendera wagejejwe mu rugo nyuma yo gukorerwa isuzuma mu bitaro bya
Gisenyi ariko abo mu muryango we banga ko ashyingurwa kubera ko bari batarabona
inkwano bari gusaba.
InyaRwanda.com yagerageje kuvugana n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mudende kuri telefoni ngendanwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 6 Ukwakira 2022, ariko ntiyabasha kugira icyo avuga kuko yari mu nama.
Yatubwiye ko twongera kumuhamagara nyuma y’isaha dore
ko twamubazaga igihe bazagushyinguriraho uyu murambo wa nyakwigendera
Nyararukundo.
Amakuru avuga ko umuryango wa nyakwigendera usaba aya amafaranga kubera ko yari yabanye n’umugabo we badasezeranye ndetse bataranamukoye.
Uyu muryango kandi ugaragaza neza ko
wifuza amafaranga ibihumbi 200 by’Amafaranga y’u Rwanda cyangwa inzu babagamo
bakayigabana bakanganya kuko umukobwa wabo bamutwaye batamukoye.
Biteganyijwe ko uyu
murambo wa Nyakwigendera ushyingurwa kuri uyu munsi byanga bikunze bigizwemo uruhare
n’ubuyobozi bw’uyu Murenge
TANGA IGITECYEREZO